Ubusobanuro, inkomoko n'imiterere y'abantu bitwa aya mazina

Utuntu nutundi - 08/10/2014 7:40 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubusobanuro, inkomoko n'imiterere y'abantu bitwa aya mazina

Menshi mu mazina y'amanyamahanga benshi bitwa ntibazi aho akomoka cyangwa icyo asobanura. Inyarwanda.com irabafasha kumenya amwe muri yo ndetse nimwe mu miterere ikunze kuranga abantu bayitwa.

Dore amwe mu yo mwifuje kumenya

Faustin ni izina ry’abahungu rikomoka ku rurimi rw’Ikilatini rikaba risobanura “Ukize kandi unezerewe”. Ba Faustin bakunze kurangwa n’ubumuntu, ntibakunda kujarajara, bagira inzozi nyinshi, babasha gufata imyanzuro, babanza gutekereza cyane mbere yo kugira icyo bakora.

Julienne ni izina ry’abakobea rikomoka ku rurimi rw’Ikilatini rikaba risobanura “Ukomoka mu muryango wa Iule”. Ba Julienne bakunze kurangwa no kugira inzozi nyinshi, bagaragaza amarangamutima abarimo, bagira ubumuntu, bakora ibintu byose ku murongo kandi bazi gufata ibyemezo.

Fred ni izina ry’abakobwa rikomoka ku rurimi rw’Ikidage rikaba risobanura “Ububasha bw’amahoro”. Ba Frd bakunze kurangwa no gukunda imiryango yabo, bakora ibintu byose ku murongo nta kavuyo, bubahiriza inshingano, baraganza cyane kandi bagira ubushake.

Ross ni izina ry’abahungu rikomoka ku rurimi rw’Ikidage rikaba risobanura “Indogobe”. Ba Ross bakunze kurangwa no kwiha intego, bagira ingufu, bazi gucunga umutungo, bakunda cyane ibyo bakora kandi ibyo bakora byose babikorana ubwitonzi n’ubuhanga.

Amanda ni izina ry’abakobwa rikomoka ku rurimi rw’Ikilatini rikaba risobanura “Umukundwa”. Ba Amanda bakunze kurangwa no gufata umwanya bagatekereza kubyo babona, bagira ubumenyi butandukanye, barigenga, ni abanyabwenge kandi ni abahanga.

Jean Marie Vianey ni izina ry’abahungu rigizwe n’amazina 3 . Jean, Marie na Vianey. Ntitwabashije kubona rero niba ryaba rifite ubusobanuro bwaryo rifatanye ariko dire ubusobanuro bwa buri rimwe muyarigize ndetse n’imiterere iranga abayitwa.

Jean ni izina ry’abahungu rikomoka ku rurimi rw’Igiheburayi rikaba risobanura “Imana igira impuhwe”. Ba Jean bakunze kurangwa no kumenyera vuba, barakora cyane kurusha kuvuga, bagira umutima w’impuhwe, bazi gutanga amakuru kandi bagaragaza amarangamutima yabo

Marie ni izina ry’abakobwa rikomoka ku rurimi rw’Igiheburayi rikaba risobanura “Umurezi/urera”. Ba Marie bakunze kurangwa no kubasha gukemura ibibazo, ibyo bakora byose baba bumva ntacyababuza kubigeraho, bahorana ibakwe, babasha kuyobora neza kandi bagira ubwigenge.

Vianney ni izina ry’abahungu Rifite inkomoko ku mupadiri wari umunyabugeni mu kinyejana cya 20. Ba Vianney bakunze kurangwa no guha agaciro ibitekerezo cyane, bariyubaha, bakunze gutsinda, bazi gufata ibyemezo kandi ntibakunda kwivanga mu buzima bw’abandi.

Liliane ni izina ry’abakobwa rikomoka ku rurimi rw’Ikilatini rikaba risobanura “Ururabo rwa Lys”. Ba Liliane bakunze kurangwa no gusoza ibyo batangiye, bagira uburyo bwabo bwihariye bwo gukora, bazi gufata ibyemezo kandi iyo bakora bakoresha imbaraga zose.

 Nawe hari iryo wifuza kumenya waritwandikira mu gitekerezo cyawe tkazarikubwira mu nkuru yacu itaha

Denise IRANZI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...