Umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko ubu bushyuhe budasanzwe bwatumye abantu benshi bahitanwa n'ingaruka zabwo, cyane cyane abakuze bafite imyaka 65 kuzamura.
Yagaragaje ko amazu, amashuri n'aho abantu bakorera mu Burayi bitubatswe ku buryo byahangana n'ubu bushyuhe bukabije.
Mu Bufaransa, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuva ku wa Gatatu habonetse impfu zisaga 1,000 zirenze izari zitezwe, ndetse umubare w'abapfira mu ngo wiyongereyeho 40%.
Ku Cyumweru, u Budage bwashyizeho agahigo gashya k'ubushyuhe bwa dogere selisiyusi 41.7, mu gihe na Poland yageze kuri dogere 40.5, naho Repubulika ya Tchèque yandika dogere 41.1. Ibi byose byerekana ubukana bw'ubushyuhe bukomeje kwimukira mu bice byo mu burasirazuba bw'u Burayi.
OMS ivuga ko u Burayi ari wo mugabane ushyuha kurusha indi ku isi, kuko ubushyuhe bwaho bwiyongera ku muvuduko wikubye kabiri uw'isi yose.
Tedros yavuze ko imihindagurikire y'ikirere ari yo nyirabayazana w'ibi bihe bidasanzwe, anasaba ibihugu byo mu Burayi gushyiraho ingamba zihamye zo kurinda ubuzima bw'abaturage mu gihe cy'ubushyuhe bukabije.
