Ubushinjacyaha bwajuririye Dj Toxxyk

Imyidagaduro - 13/05/2026 9:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Ubushinjacyaha bwajuririye Dj Toxxyk

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Shema Arnold de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk arekurwa.

Ku wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi 2026, ni bwo Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko DJ Toxxyk arekurwa, nyuma yo kumuhamya ibyaha yari akurikiranyweho. InyaRwanda yamenye ko Ubushinjacyaha bwahise bujuririra iki cyemezo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwahanishije Dj Toxxyk gutanga ihazabu ya miliyoni 1,050,000 Frw ndetse no gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atatu, ariko igihano cyo gukora iyo mirimo gisubikwa mu gihe cy’amezi atandatu. Ibi byatumye ahita arekurwa icyemezo kimaze gusomwa.

Urukiko kandi rwategetse ko urumogi rwafatiriwe rungana na grame ebyiri (2g) rutwikwa n’inzego zibishinzwe. Rwanavuze ko Dj Toxxxyk asonewe kwishyurwa ingwate y’amagarama angana n’ibihumbi icumi (10,000 Frw), kuko yakurikiranywe afunzwe.

DJ Toxxyk yafunguwe amaze iminsi 135 afunzwe, bingana n’amezi ane n’iminsi 14, kuko yatawe muri yombi ku wa 20 Ukuboza 2025.

Yari akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’impanuka yabaye mu rukerera rwo kuri uwo munsi, aho yagonganye n’umupolisi wari mu kazi akahasiga ubuzima. Nyuma y’iyo mpanuka, yahise acika, aza gufatirwa mu Karere ka Karongi.

Mu iburanisha ryo ku wa 14 Mutarama 2026, yemereye urukiko ko yakoze ibyaha byo guhunga umaze gukora cyangwa guteza impanuka ndetse n’icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake.

Gusa yahakanye ibyaha bijyanye n’ibiyobyabwenge n’icyo kwanga gupimishwa igipimo cya alcool mu mubiri.

Ubushinjacyaha Bukuru bujurira mu gihe kitarenga iminsi mirongo itatu (30). Iki gihe kibarwa uhereye ku munsi urubanza rwasomeweho mu ruhame.

Iri tegeko rigengwa n’ingingo ya 181 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha mu Rwanda.

Uburyo bwo kubara iyi minsi no kongerwa kwayo bikurikiza amategeko ateganyijwe:Igihe cy’itangira: Iminsi 30 itangira kubarwa ku munsi ukurikira uwo urubanza rwasomeweho.

Iyo ubushinjacyaha butari buhari ariko bwaramenyeshejwe itariki y'isomwa, igihe kibarwa ku munsi wari uteganyijwe.

Iyo imyanzuro y’urukiko itinze gushyirwa muri sisitemu y’inkiko (IECMS), igihe cyo kujurira gishobora guhera ku itariki nyakuri imyanzuro yabonekeyeho.

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyari cyarekuye DJ Toxxyk

UKO URUBANZA RWA DJ TOXXYK RWAGENZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...