Ubushakashatsi: Abantu bashimishwa n’ibintu biteye ubwoba ni abanyabwenge

Utuntu nutundi - 26/08/2025 7:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Ubushakashatsi: Abantu bashimishwa n’ibintu biteye ubwoba ni abanyabwenge

Ubushakashatsi bushya bwakorewe muri Kaminuza y’Ubuvuzi ya Vienna bugaragaza ko abantu bishimira urwenya rwibanda ku bintu biteye ubwoba (black humor) kenshi baba bafite urwego rwo hejuru rw’ubwenge mu byo bavuga n'ibyo bakora, kandi bakagaragara nk'abantu bafite umutuzo, badakunda urugomo.

Ubu bushakashatsi bwakozwe n’itsinda ryayobowe n’umushakashatsi Ulrike Willinger, bwitabiriwe n’abantu 156 barimo abagabo 80 n’abagore 76 bafite urwego rutandukanye rw’amashuri. Abitabiriye bapimwe ikigero cy'ubwenge bwabo hakoreshejwe ibipimo by’amagambo n’ibitari iby'amagambo, hakomeza no gupimwa uburyo bagira imico yo kurakara cyangwa uko bahinduka mu byiyumvo.

Nyuma, beretswe udushushanyo 12 tw’umuhanzi w’Umudage Uli Stein dukubiyemo urwenya ruteye ubwoba rushingiye ku ngingo zisanzwe zititabwaho nk’ibyago, ububabare n’ibitekerezo byerekeranye no kwiyahura. Hanyuma basabwe gutanga ibitekerezo ku buryo babisobanukiwe no ku rugero babyishimiye.

Ibyavuye mu bushakashatsi byagaragaje amatsinda atatu. Itsinda rya mbere ryari rifite ubwenge busanzwe, rikagira urugero rwo hagati mu kurakara, kandi rikishimira uru rwenya ku rugero rwo hagati.

Itsinda rya kabiri ryari rifite abantu bagaragaza kurakara cyane ariko bafite ubwenge busanzwe, rikaba ariryo ryishimiye urwo rwenya ku rugero rwo hasi kurusha ayandi matsinda. Itsinda rya gatatu ryashimye cyane urwenya, rigaragaza ubwenge bwo hejuru mu bipimo byose ariko rifite urwego rwo hasi cyane mu kurakara no mu bibazo by’umubabaro.

Abashakashatsi basobanuye ko abantu bafite ubwenge bwo hejuru ari bo bashobora gusobanukirwa no kwishimira urwenya rudasekeje na gato kurusha abandi, mu gihe abandi batabasha kurusobanukirwa.

Ibi bisubiye mu bitekerezo byatangajwe na Sigmund Freud mu 1905, aho yavugaga ko urwenya ari uburyo bwo gusohora ibyiyumvo n’amarangamutima aba afungiranye mu buryo budafite ingaruka ku bandi.

Nubwo urwenya 'rwijimye' kenshi ruba rugaragaza amagambo cyangwa ibitekerezo byerekeranye n’urugomo, ubushakashatsi bwerekanye ko abarusobanukirwa neza ari bo bagira umutuzo n’ubwitonzi, bakaba banagaragaza urwego rwo hejuru mu mitekerereze no mu bwenge.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...