Ubushakashatsi: Ababyeyi benshi bagorwa no kugumana umwana muto mu rugo

- 02/09/2021 10:39 PM
Share:
Ubushakashatsi: Ababyeyi benshi bagorwa no kugumana umwana muto mu rugo

Buri wese akunda abana be, kandi buri mubyeyi yishimira ko umwana we yishimye. Abana ni umugisha. Bazana ibyishimo, urukundo, n’umunezero. N’ubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bwagaragaje ko abayeyi benshi bemeza ko gusigarana abana mu rugo bitesha umutwe, kurenza uko waba uri mu kazi kawe ka buri munsi.

Abana nibo bazanira umuryango umunezero kandi ni nabo bawukomeza cyane, gusa ni ibanga rya bamwe kuko kugira abana bato bagusaba kubasigarana rimwe na rimwe, bihinduka akazi kandi gakomeye cyane, bikaba byanateza izindi ngaruka. N’ubwo benshi bemeza ko bibatesha umutwe rero, burya ababyeyi baba bagomba guhangana nabyo.

Hanze aha hari ababyeyi bateshwa umutwe n’abana babo. Ibaze nawe, kujya mu kazi ugakora iyo bwabaga kugira ngo ubone ibyo kugaburira abana bawe, wanagera mu rugo ugasanga abana ni wowe bategereje, ukabitaho bikagera n’aho wowe wiyibagirwa. Kwita ku bana bisaba imbaraga, ariko by’umwihariko abana bavutse vuba kuko uba usabwa: Kuboza, kubagaburira, kubasukura bya hato na hato, no kubajyana kuryama.

Kubera aka kazi kenshi gakorwa n’ababyeyi, niyo mpamvu hanze aha hari ababyeyi bamwe bahisemo kimwe, bakiyemeza kujya birerera abana babo, nta kandi kazi bakoze. Gusa nabo bahura n’ibibazo byinshi, nko kuba abo babana bababwira ko ntacyo bamaze kizana amafaranga mu rugo. Burya iyo umubyeyi yita ku mwana we, hari imbaraga zitagaragara akoresha. Ni nayo mpamvu abenshi bahabwa akaruhuko ko kubyara, ko konsa,... iyo bari basanzwe ari abakozi bakorera ahantu runaka.

Ubushakashatsi bwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko ababyeyi benshi, babangamirwa no gusigarana abana kuruta uko bakwigira mu kazi gasanzwe. Ubwo bushakashatsi bwakozwe na AVEERO, bwakorewe ku badamu barenze 1,500; n’abagabo nk’abo, bose bakorera mu bigo bitandukanye.

DORE UKO BABIBONYE

·         31% bemeje ko gusigarana abana mu rugo bitesha umutwe kurenza uko bakwigira mu kazi.

·         40% bavuze ko bahagaritse imyumvire yo kurenganya ababyeyi babo, nyuma y’aho babyariye umwana wabo wa mbere.

·         25% bavuze ko kugira umwana byoroshye.

·         39% by’ababyeyi, bavuze ko ubwo babaga barembera abana babo bumvaga batengushywe.

·         55% bavuze ko kugira abana bigorana cyane kimwe no kubafasha.

·         71% bemeza ko imbuga nkoranyambaga zifasha kurembera.

·         27% by’ababyeyi bavuga ko bahangayikishwa n’uko baba bashaka kubera beza abo babyaye.

·         9% by’ababyeyi bemeza ko bahangayikishwa n’uko abana babo baryama.

·         42% by’ababyeyi bemeje ko babonye neza, ingano y’urukundo ababyeyi bakunda abana babo.

Kuba umubyeyi ni ikintu kitoroshye cyane, gusa ni ikintu utagomba kurenza imboni zawe. Kuba umubyeyi, bishobora kukuzanira imbogamizi nyinshi cyane, ariko na none bizana umunezero. Kugira umwana ni byiza cyane, kabone n’ubwo agusaba kumwitaho cyane kugeza ubwo ubyize kukunaniza. Ababyeyi barasabwa kubyara abana bakanabarera neza.

Inkomoko: Relrules


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...