Ubundi murashoboye ariko hari ikintu kiza kikabavanamo ubwo bushobozi - Perezida Kagame abwira abayobozi

Amakuru ku Rwanda - 06/02/2026 4:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubundi murashoboye ariko hari ikintu kiza kikabavanamo ubwo bushobozi - Perezida Kagame abwira abayobozi

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano abwira abayobozi ko bafite ubushobozi bwo gukemura ibibazo gusa ko hari ikintu kigenda kikabavanamo ubwo bushobozi.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026 ni bwo Umukuru w’Igihugu yasoje iyi Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 20 kuva Ejo muri Kigali Convention Center.

Perezida Kagame ubwo yayisozaga yavuze ko ibiba byavugiwe muri iyi Nama Atari ibyo guhora basubiramo ntacyo bihindura. 

Ati: ”Ni ugushyira hamwe ibyo tumaze iminsi tuganira ariko ngira ngo nsabe kandi nibutse ko Inama nk’izi tuba twagize n’ibiganiro byanyuze muri izo nama ntibikabe ibyo guhora dusubiramo gusa tutabona ikibivamo, bikaba umugenzo gusa tukajya tuza tukavuga ibibazo gusa, tugatanga ibisubizo ariko umwaka washira twagaruka tugasanga ni kwa kundi".

Yavuze ko ibi ari ibibazo byo ku mugabane wa Afurika muri rusange. Perezida Kagane yakomeje yibaza impamvu Umugabane wa Afurika udatera imbere n’u Rwanda muri rusange kandi ibyo bitekerezo byiza biba bihari.

Ati: ”Ibisobanuro cy’uko igihugu cyacu n’ibindi byinshi muri Afurika cyo kudatera imbere biba ibihe? Kugira ngo aho bishingiye aba mbere ni ahangaha, ibitekerezo byiza ntabwo bivamo imikorere myiza, ntabwo bijyana iteka. Twisuzumye rero duhereye iwacu turabibona”.

Yabwiye abayobozi ko bashoboye ariko atazi ikibavanamo ubushobozi. Ati: ”Ubundi murashoboye ariko hari ikintu kiza kikabavanamo ubwo bushobozi umuntu akaburaaho bugiye."

"Buriya politike nayo ni umuco, iyo wifitemo ubushobozi, ubumenyi, ibikenewe byose ariko ntihagire ikivamo kigaragara umuntu avuga ngo ni byiza ejo twari aha none turakomeje, intambwe iragaragara, haba hari ikibazo”.

Perezida Kagame yerekanye ko Abakoroni bagikurikirana umugabane wa Afurika, n’ushatse gutera imbere bakamusubiza hasi. Yavuze ko ariko Abanyafurika bakwiye gushyiraho uburyo bwabo bubafasha kugera ku byo bashaka.

Perezida Kagame yavuze ko inkomoko y’ibibazo izwi ndetse n’ibisubizo bikaba bihari ndetse ko nta mpamvu yo kwitwaza amateka ndetse n’Abakoloni. Ati: “Ibintu byose turabyumva ibibazo inkomoko yabyo turazizi ndetse n’ibisubizo ariko hagati aho tukarindagira".

"Ejo bakubaza ikibazo kiba amateka, kikaba abantu baza bakakugirira nabi ubemerera iki se? Umuntu aragusanga mu rugo rwawe akakurindagiza ukemera. Uwakurindagije wibwira ko ari we kibazo, ikibazo ni wowe wemeye kurindagira. Twahindura dute rero imico yacu, ingendo yacu, ingiro yacu byose ko tubizi”.

Yavuze ko Isi ifite ibibazo byinshi ariko ko u Rwanda rufite ubushobozi bwo kubikemura. Ati: ”Hari ibibazo byinshi ku Isi ibyo ntabwo tubifitiye ubushobozi bwo kubicyemura ariko dufite ubushobozi bwo gukemura ibyacu, turabufite rwose, impamvu tutabikemura noneho tugasigara tuzibukira ayo macumu badutera bagira ngo baducubye cyangwa natwe tukayabatera mbese kuko ni cyo gisigaye”.

Yavuze ko Isi yose ifite ibibazo ndetse n’aba bandi b’ibigirwamana ko nabo babifite.

Perezida Kagame yavuze ko umugabane wa Afurika udakwiye kwitwaza abakoloni mu bijyanye n'iterambere

Perezida Kagame yasoje Inama y'Igihugu y'Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 20



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...