Ubukwe 10 bw’ibyamamare Nyarwanda buhanzwe amaso na benshi mu mpeshyi ya 2025 – AMAFOTO

Imyidagaduro - 05/05/2025 2:28 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubukwe 10 bw’ibyamamare Nyarwanda buhanzwe amaso na benshi mu mpeshyi ya 2025 – AMAFOTO

Ibyamamare mu ngeri zitandukanye biragana mu kuva mu bugaragu bakihuza n'abo bashimanye mu rukundo, kuri ubu hari abategerejwe kurushaho hashingiwe ku basezeranye imbere y’amategeko, abafashe irembo, cyangwa bambitswe impeta.

Mu gihe umwaka wa 2025 ugiye kugera muri kimwe cya kabiri, niko n’ibikorwa by’imyidagaduro bigenda bihindura isura umunsi ku wundi n’abayirimo bahindura ibyiciro barimo. Uyu munsi twifuje kugaruka ku nkuru ivuga ku bukwe bw’ibyamamare butegerezanyijwe amatsiko na benshi bwanamaze kumenyekana igihe buzabera.

1.     Kathia Kamali

Ku wa 30 Werurwe 2025, nibwo Kathia Kamali n’umukunzi we, Adonis Jovon Filer ukinira APR BBC, batangaje itariki y’ubukwe bwabo, nyuma y’aho urukundo rwabo rugezwe intorezo na benshi.

Icyo gihe, Kathia Uwase Kamali uvukana na Miss Nishimwe Naomie akaba ari no mu bakobwa bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko ubukwe bwe na Adonis buzaba tariki 5 Nzeri 2025.

Ku wa 1 Mutarama 2025 nibwo Adonis yambitse impeta y’urukundo Kathia Kamali, amusaba ko barushinga.

Icyakoze ibi byakurikiwe n’amagambo menshi ku mbuga nkoranyambaga y’abategaga iminsi urukundo rwabo, bavuga ko rutazamara kabiri kandi ko n’ubukwe bwabo bushobora kudataha. Byatewe ahanini no kuba uyu musore yarashinjwaga ubuhehesi.

Iyi kidobya mu rukundo rw’aba bombi yatangiye kuzamuka nyuma y’ubutumwa uwitwa Ellah Rwanda yashyize ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko uyu musore aryamana n’abandi bakobwa nubwo akundana na Kathia Kamali. Yakomeje abwira Kamali ko “Adonis ntabwo ari uwawe, ni uwacu twese.”

Adonis akimara kubona ubu butumwa yahise abunyomoza akoresheje Urubuga nkoranyambaga rwa X, aho yagize ati “Ni uwa twese? ishyari rizabamara. Ndi uwa Kathia gusa."

Ibintu byongeye gufata indi ntera ubwo abantu batangiraga guhererakanya amashusho y’ubwambure bivugwa ko ari ayo Adonis yahorereje umwe muri aba bakobwa.

Urukundo rwa Adonis na Kathia rwatangiye kuvugwa mu 2020, ubwo uyu mukinnyi yari amaze kuba icyamamare muri Basketball yo mu Rwanda.

2.     Vestine wo muri ‘Vestine & Dorcas’

Ishimwe Vestine uririmbana indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana na murumuna we, Dorcas, yatangaje ko azarushinga n’Umunya-Burkina Faso, Idrissa Ouédraogo muri Nyakanga 2025.

Ishimwe Vestine uheruka gusezerana imbere y’amategeko yabitangaje yifashishije Instagram, aho yashyize integuza y’ubutumire akandika ubutumwa agaragaza ko azarushinga na Ouédraogo ku wa 05 Nyakanga 2025. Ubu butumwa bwe bugira buti “Si umugabo wanjye gusa, ni ubuhungiro bwanjye, umutima wanjye ni aho numva ntekanye.”

Uyu mukobwa yanamaze kongera izina ry’umugabo mu yo akoresha ku mbuga nkoranyambaga aho asigaye yiyita Vestine Ouédraogo.

Ku wa 15 Mutarama 2025, ni bwo Vestine yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Ouédraogo, mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Amakuru InyaRwanda ifite ni uko umuhango wo gufata irembo wabaye ku wa Mbere tariki 6 Mutarama 2025. Abareberera uyu muhanzikazi bari banzuye ko nta n'umwe mu bitabiriye ndetse n'uri hafi wemerewe gufata amashusho cyagwa amafoto.

Vestine na Dorcas ni abakobwa bavukana bamamaye mu ndirimbo zisingiza Imana zirimo: Iriba, Simpagarara, Adonai, Neema, Ihema, Umutaka, Ibuye, Nzakomora, Nahawe Ijambo, Ku musaraba, Si Bayali, Isaha n'izindi.

Amakuru avuga ko Idrissa ari umusore w'umukire cyane wakunze bikomeye uyu mukobwa, yiyemeza kuzabana nawe akaramata, none ubukwe buratashye. InyaRwanda yamenye ko nyuma y'ubukwe, Vestine n'umugabo we bazatura mu Rwanda.

3.     Josh Ishimwe


Josh Ishimwe uri mu bahanzi bamaze kubaka izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, agiye kurushinga n’umukobwa utuye muri Canada. Ku nteguza y’ubukwe bw’aba bombi bigaragara ko bafite ubukwe tariki 21 Kamena 2025.

Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo Josh Ishimwe yambitse impeta uyu mukobwa. Icyo gihe yatangaje ko uyu mukobwa bamaze imyaka itatu bakundana nubwo bari bamaze igihe baziranye.

Ati: “Namwambitse impeta, nibyo! Ni umukobwa tumaranye imyaka itatu dukundana ariko mu by’ukuri tumaze igihe tuziranye kuko twariganye no mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.” Icyo gihe uyu muhanzi yavuze ko bahuriye mu Bufaransa ari naho yamwambikiye impeta.

Ishimwe Joshua ni umusore w’imyaka 25 y’amavuko, wadukanye uburyo bwo gukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana abinyujije mu njyana gakondo. Yatangiye umuziki mu 2020.

Ni umusore wakuriye mu Itorero rya ADEPR aho kuri ubu abarizwa muri ADEPR Samuduha. Ntabwo aratangira gukora indirimbo ze bwite yanditse ahubwo agenda asubiramo izindi abantu basanzwe bazi. Amaze gusubiramo indirimbo zizwi haba muri Kiliziya Gatolika n’izikoreshwa mu matorero nka ADEPR n’ahandi.

Zirimo Inkingi Negamiye, Yesu Ashimwe, Hari icyo Nkwaka, Rumuri Rutazima, Imana Iraduteteruye, Reka Ndate Imana Data, Munsi y’Umusaraba, Yezu Wanjye, Amasezerano, Yesu Ndagukunda n’izindi.

4.     Miss Vanessa


Mu mpera z’icyumweru cyasojwe ku wa 9 Werurwe 2025, nibwo Miss Uwase Raissa Vanessa yafatiwe irembo n’abo mu muryango wa Dylan Ngenzi bitegura kurushinga muri Kamena 2025.

Miss Vanessa yambitswe impeta na Dylan Ngenzi ku wa 27 Nzeri 2024, ni nyuma y’igihe bari mu rukundo binjiyemo Uwase Raissa Vanessa amaze kwerura ko umusore bari bamaranye igihe batandukanye.

Ni urukundo ariko n’ubundi yari yarinjiyemo nyuma yo gutandukana na Kabalu Putin wari waramwambitse impeta mu 2019 baza gushyira akadomo ku nkuru y’urukundo rwabo mu 2021. Uyu na we bari batangiye gukundana nyuma y’uko Miss Vanessa yari amaze igihe atandukanye na Olivis wamenyekanye mu Itsinda rya Active.

Miss Uwase Raissa Vanessa ni umukobwa wambitswe Ikamba ry’Igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda mu 2015.

5.     Miss Amanda


Akaliza Amanda wabaye Igisonga cya mbere cya Miss Rwanda mu 2022, aherutse gutangaza ko umuhango wo kumusaba no kumukwa uzaba ku ya 17 Gicurasi 2025. Biteganyijwe ko n’ibindi birori bizakurikiraho nyuma.

Nyuma y’uko yambitswe impeta n’umusore bamaze igihe bakundana muri Kanama 2023, Akaliza yagiye ku mbuga nkoranyambaga, aragira ati: “Ubu navuye ku isoko, sinzi ko nzabasha gutegereza igihe nzabana n’uyu mugabo Imana yandemeye […] wangize umukobwa uhora wishimye nanjye nkwijeje kuzakubaha […] nkwijeje kandi kuzagukunda iteka ryose.”

Ni amagambo yari akurikiye amashusho yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ubwo uyu musore yateraga ivi akamwambika impeta.

Mu Ugushyingo 2022 nibwo uyu mukobwa yatangiye gusangiza abamukurikira amafoto n’amashusho y’uyu musore uzwi nka Jonas bahuriye i Londres mu Bwongereza mu myaka ine ishize.

Miss Akaliza mu ntangiro za Mutarama 2023 yajyanye uyu musore kwa nyirakuru amwigisha gukama n’ibindi bitandukanye. Ni mu gihe mu ntangiriro za 2024, aribwo Amanda yafatiwe irembo.

Uyu mukobwa yigeze kuvuga ko yagowe n’ibihe byo guteretana n’uyu musore biturutse ku bihugu barimo bitandukanye. Yavuze ko akenshi bakoreshaga uburyo bw’ikoranabuhanga kugira ngo babashe kuvugana.

Jonas na we icyo gihe yashimiye Miss Amanda kuba yaramubaye hafi mu gihe bamaze bakundana.

6.     Emery Bayisenge


Myugariro wa Gasogi United n'Ikipe y'Igihugu, Amavubi, Emery Bayisenge agiye gukora ubukwe n'umukunzi we bamaze imyaka irenga 10 bakundana nk’uko amakuru ahari avuga ko batangiye gukundana mu mwaka wa 2012.

Usibye Gasogi United abarizwamo kugeza ubu, Bayisenge yakiniye andi makipe nka Gor Mahia, KAC de Kénitra yo muri Maroc na USM Alger hagati ya 2016 na 2018. Yakinnye kandi Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 mu 2011 mu gihe yatangiye guhamagarwa mu Ikipe Nkuru Amavubi mu 2012.

7.     Da Rest


Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Ishimwe Prince [Darest], ari mu myiteguro yo gukora ubukwe n'umukunzi we usanzwe ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni nyuma y'uko ku wa 13 Mutarama 2025 yakoze ibirori yamwambikiyemo impeta y'urukundo.

Darest yabwiye InyaRwanda ko ubukwe n'umukunzi we buzaba tariki 27 Nzeri 2025, ariko ko bizabanzirizwa n'indi mihango y'ubukwe. Uyu musore yasobanuye ko amaze igihe kinini ari mu rukundo n'uyu mukobwa rwagejeje ku kwiyemeza kubana nk'umugabo n'umugore. 

Mu butumwa aherutse gutambutsa ku rubuga rwa Instagram, Darest yagaragaje umukunzi we nk’impano idasanzwe Imana yamuhaye mu buzima bwe, kandi ashimangira ko ariwe yahisemo gusa.

Ati “Uri impano yihariye nifuzaga kugira. Ntabwo usanzwe buri wese ntiyakugira. Kubana nawe nirwo rukundo. Ntayindi nyongera nkeneye ku isi. Ni wowe nahisemo mu bandi. Undutira ubutunzi bwino ku Isi."

Darest yakomeje abwira umukunzi we agira ati “Wagize ubuzima bwanjye igitabo cyiza cyo gusoma kandi wanteye inkunga muri buri nguni." Yavuze ko uyu mukobwa yamwigishije kwiyizera, kandi “Nta wundi nifuzaga kumarana ubuzima bwanjye bwose atari wowe."

Akomeza ati “Nizere ko tuzabona umwanya wo kubwira abana bacu uburyo inkuru yacu ishimishije. Gufata ukuboko ni ibyanjye ikintu ukunda gukora, nyumva ari ijuru ku Isi."

Da Rest yatangiye kumenyekana ubwo yari mu itsinda Juda Muzik ari kumwe na Junior, ariko baje gutandukana mu 2023, buri wese akomeza urugendo rwe ku giti cye.

8.     Audia Intore


Umuhanzikazi Audia Intore uri mu bakunzwe cyane mu muziki gakondo, yatangaje ko ubukwe bwe n’umunyamakuru Cyiza Kelly bateganya kurushinga, buteganyijwe ku wa 26 Nyakanga 2025. Mu butumwa buteguza ubukwe bwabo, Cyiza na Audia Intore batangaje ko buzaba ku wa 26 Nyakanga 2025.

Ubukwe bwa Audia Intore na Cyiza butangajwe nyuma y’uko ku wa 5 Gashyantare 2025 yambitswe impeta y’urukundo nyuma y’uko bemeranyije kubana akaramata.

Cyiza yatangaje ko we na Audia Intore bamaze imyaka igera kuri ibiri bakundana, gusa hashize igihe kinini baziranye nk’inshuti z’akadasohoka.

Uyu musore ugiye kurushinga na Audia Intore asanzwe ari umunyamakuru w’imyidagaduro wanyuze mu bitangazamakuru bitandukanye mu myaka itanu amaze mu mwuga w’itangazamakuru.

Yanyuze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio Imanzi, Izuba TV, Isibo TV ndetse n’ahandi henshi harimo na Inyarwanda aherutse gusezeramo.

Audia Intore umaze kubaka izina mu muziki gakondo azwi mu ndirimbo nka Isimbi ryanjye yakoranye na Bill Ruzima, Igikobwa yasubiyemo, Rwangabo na Uri mwiza mama n’izindi nyinshi.

9.     Natasha wo muri  Ambassadors of Christ Choir


Umuhanzikazi Uwase Natasha akaba n'umwe mu baririmbyi bakomeye muri Ambassadors of Christ Choir, agiye gusezera ubuseribateri ndetse yamaze gutangaza itariki y'ubukwe bwe.

Ku mugoroba wo kuwa Mbere w'Isabato tariki ya 09 Gashyantare 2025 ni bwo Uwase Natasha yatangaje inkuru yaryoheye cyane abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko ku rubuga rwa Instagram akurikirwaho n'abarenga ibihumbi 37 aho yateguje ubukwe bwe n'umusore yihebeye witwa Promise.

Ubukwe bwa Natasha na Promise buzaba kuwa Mbere w'isabato tariki ya 18 Gicurasi 2025 kuva saa Tatu za mu gitondo. Inshuti z'aba bombi zahaye umugisha urukundo rwabo zinabifuriza kuzagira urugo rwiza. Umwe mu basaga 400 bagaragaje amarangamutima yabo kuri iyi Couple yagize ati: "Imana itanga ibyiza izabyuzuze mu rugo rwanyu".

Natasha Uwase waminuje mu mwaka wa 2023 muri Kaminuza Mpuzamaganga y'Imiyoborere [African Leadership University, ALU], ni umuhanzikazi umaze gukora indirimbo ebyiri ari zo "Akira Ishimwe" [Njya mbura uko mbivuga] na "Azakomeza ku kuba hafi" imaze iminsi 3 gusa igeze hanze.

Ni umuririmbyi w'umuhanga ubarizwa muri Ambassadors of Christ ifite ibigwi bihambaye muri Afrika mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, akaba yarayigezemo avuye mur Junior yayo. Ni umukobwa wa Perezida wa Ambassadors of Christ, Bwana Muvunyi Reuben.

Natasha ni umwe mu bakobwa baririmbyi 7 bo mu Itorero ry'Abadivantiste b'Umunsi wa Karindwi, bagize itsinda Holy Music Ministry ryashizwe mu mpera za 2021 na Producer Eliel Sando, rikaba rigizwe na Natasha Uwase, Beni Mugisha, Uwibambe Alliance, Eliezel Nisunzimana, Racheal Mbanzabigwi, Hastu Ntwari na Denise Karuranga.

Ambassadors of Christ choir ibarizwa Uwase na Natasha, ni umutwe w'abaririmbyi babarizwa mu itorero ry’Abadivantiste b’umunsi wa karindwi ikaba imwe mu zikunzwe cyane mu gihugu no hanze yacyo. Ni korali yanditse amateka mu Rwanda no hanze yarwo binyuze mu ndirimbo zayo zagiye zikora ku mitima ya benshi.

10.Umurerwa Clear


Umurerwa Clear uri mu bakinnyi bashya ba filime bagezweho, agiye gukora ubukwe n'umukunzi we uherutse kumwambika impeta y'urukundo. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Clear yasangije abamukurikira amafoto agaragaza ko yamaze kwambikwa impeta, ayakurikiza integuza y'ubukwe bwe n'umusore wigaruriye umutima we.

Biteganyijwe ko ubukwe bw'aba bombi buzaba ku wa 20 Nyakanga 2025, nk'uko bigaragara ku nteguza y'ubukwe bwabo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...