Ubujurire bwa Djihad na K John ntacyo butanze

Imyidagaduro - 19/05/2026 2:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubujurire bwa Djihad na K John ntacyo butanze

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye umwanzuro wari warafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rutegeka ko Djihad, Ishimwe François Xavier, Kwizera Papy Nestor uzwi nka Papy Nesta, na Kalisa John uzwi nka Kjohn bakomeza guhanishwa igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw, nyuma yo gusanga ubujurire bwabo nta shingiro bufite.

Ni umwanzuro wasomwe kuri uyu wa 19 Gicurasi 2026, aho iburanisha ryari ryitabiriwe n’impande zombi, Umucamanza akabanza gusubiramo uko urubanza rwagenze kuva mu rukiko rw’ibanze kugeza ku bujurire.

Uko abaregwa baburanye

Mu bujurire, buri umwe mu baregwa yagaragaje uko abona urubanza rwe:

Djihad yavuze ko yahamijwe icyaha atakoze, ashimangira ko nta ruhare yagize mu gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano.

Kwizera Papy Nestor yemeye ko ari we woherereje Kalisa John ayo mashusho, anasaba imbabazi no kugabanyirizwa igihano.

Kalisa John we yavuze ko nta bimenyetso bifatika bihari bigaragaza ko yasakaje ayo mashusho, agaragaza ko Ubushinjacyaha butigeze bwerekana abo yayahaye.

Ishimwe François Xavier we yireguye avuga ko ayo mashusho yayabonye nk’abandi bose, ndetse ko hari undi witwa Joseph ari we wayasakaje akoresheje telefoni ye.

Ku ruhande rw’Ubushinjacyaha, bwashimangiye ko hari ibimenyetso bihamya uruhare rwa buri wese, harimo n’ubuhamya bw’abatangabuhamya n’ibikorwa byakozwe n’abaregwa.

Icyo Urukiko rwashingiyeho

Urukiko rwagaragaje ko nubwo hari uwitwa Hertier Rukundo wagaragaye nk’uwasakaje amashusho bwa mbere muri group ya WhatsApp, hari uruhare rutandukanye rwagaragajwe ku bandi baregwa.

Kuri Djihad, raporo ya Cyber Crime yagaragaje ko nta mashusho yasakaje akoresheje telefoni ye. Icyakora, Urukiko rwasanze ibikorwa bye birimo amagambo yakoresheje mu kiganiro aho yavugaga ko “imipuri y’i Nyarugenge ijagaraye” ndetse akavugamo Yampano, byarashishikarije abandi gushaka no gusakaza ayo mashusho.

Hashingiwe ku ngingo ya 2 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko ushishikarije abandi gukora icyaha nawe abihanirwa, Urukiko rwemeje ko Djihad ari icyitso muri icyo cyaha.

Kuri Kwizera Papy Nestor, Urukiko rwavuze ko kuba yemeye icyaha mu bujurire kandi yari yarakihakanye mbere bidafite agaciro mu mategeko, bityo ntibyamugirira umumaro.

Kuri Kalisa John, Urukiko rwasanze kuba yarahawe amashusho na Papy Nestor akayohereza ku bandi, harimo na Papa Cyangwe, bigize icyaha cyo gusakaza ibikangura ubushizi bw’isoni.

Naho kuri Ishimwe François Xavier, Urukiko rwemeje ko muri telefoni ye hasanzwemo amashusho menshi y’urukozasoni ndetse ko yayagurishaga, bityo icyaha kimuhama nta gushidikanya.

Nyuma yo gusuzuma impamvu zatanzwe n’impande zombi, Urukiko rwanzuye ko ubujurire bwose nta shingiro bufite, rutegeka ko igihano cyari cyatanzwe n’urukiko rw’ibanze kigumaho ku baregwa bose.

By’umwihariko, Kalisa John yategetswe no gutanga amagarama y’urubanza angana n’ibihumbi 20 Frw, bitewe n’uko yaburanye ari hanze.

Urukiko rwibukije impande zose ko zifite uburenganzira bwo kongera kujurira mu Rukiko Rukuru mu gihe cy’iminsi 30 uhereye ku munsi umwanzuro wasomeweho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...