Ku wa 10 Nyakanga 2026, urukiko rwatangaje ko uru rubanza ruri mu cyiciro cy'ibyaha bikomeye cyane, rumukatira igihano cy'urupfu ndetse rumutegeka no gutanga ihazabu y'amafaranga y'u Buhinde angana na 50,000.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Pathak yishe uwo mwana ku wa 30 Gicurasi 2026, nyuma yo kumujyana amubwira ko agiye kumugurira isukari. Iperereza ryagaragaje ko yabonaga uwo mwana nk'imbogamizi ku mubano yashakaga kugirana na nyina, Rati Sharma, wari ufitanye amakimbirane n'umugabo we muri icyo gihe.
Nyina w'umwana, Rati Sharma, yabwiye abashinzwe iperereza ko Pathak yari yaragaragaje kenshi ko ashaka kumurongora. Yavuze kandi ko yabonaga umwana we Aarav nk'imbogamizi ku mugambi we, ari na yo mpamvu yemera ko ari yo ntandaro y'icyo cyaha.
Nyuma yo gukomeretswa bikabije, umwana yajyanywe kwa muganga igitaraganya, ariko abaganga bemeza ko yari yamaze gupfa.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Hindustan Times ivuga ko ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko iperereza ryakozwe mu buryo bwihuse, aho dosiye y'uregwa yashyikirijwe ubushinjacyaha nyuma y'iminsi itandatu gusa icyaha kibaye.
Urubanza narwo rwasojwe mu minsi 40, humvwa abatangabuhamya 13 b'ubushinjacyaha n'umwe w'o ku ruhande rw'uregwa.
Kimwe mu bimenyetso by'ingenzi byashingiweho harimo amashusho yafashwe na camera z'umutekano (CCTV), yafashije abashinzwe iperereza gusobanukirwa uko icyaha cyakozwe. Ayo mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, atera uburakari n'agahinda abantu benshi.
Pathak yatawe muri yombi nyuma y'amasaha make icyaha kibaye, nyuma yo kugerageza guhunga. Mu iburanisha, uruhande rw'ubwunganizi rwavuze ko yari afite ibibazo byo mu mutwe, ariko urukiko rwatesheje agaciro iyo ngingo, ruvuga ko ibimenyetso byagaragaje ko icyaha cyakozwe ku bushake kandi cyateguwe mbere.
Nubwo yakatiwe igihano cy'urupfu, nk'uko biteganywa n'amategeko y'u Buhinde, uru rubanza ruzabanza gusuzumwa n'inkiko zisumbuye mbere y'uko icyo gihano kiba ndakuka.
