Ubufaransa: Batandatu batawe muri yombi bazira kumanika ibendera rya Palestine ku Munara wa Eiffel

Utuntu nutundi - 17/05/2026 10:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Ubufaransa: Batandatu batawe muri yombi bazira kumanika ibendera rya Palestine ku Munara wa Eiffel

Inkuru dukesha ikinyamakuru Arab News ivuga ko mu Bufaransa, abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo kumanika ibendera rya Palestine ku Munara wa Eiffel badafite uburenganzira bw’inzego zibishinzwe.

Ibi byabaye ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026, ubwo iri bendera rinini ryamanikwaga ku igorofa rya mbere ry’uyu munara uzwi cyane uherereye mu murwa mukuru Paris.

Abatawe muri yombi barimo abagize itsinda ry’abaharanira kurengera ibidukikije rya Extinction Rebellion France bakaba bemeye ko ari bo bakoze iki gikorwa, bavuga ko bashakaga gutanga “ubutumwa bwo gushyigikira Abanyapalestine.”

Aba baharanira kurengera ibidukikije bashinja Israel gukora ubwicanyi muri Gaza no kwangiza ibidukikije, bavuga ko harimo no kurandura ibiti by’abaturage ba Palestine. Iki gikorwa cyahuriranye n’umunsi wa Nakba Day, wibuka iyimurwa ry’Abanyapalestine ryabaye mu 1948 nyuma y’ishingwa rya Leta ya Israel.

Polisi y’u Bufaransa yatangaje ko yahise ita muri yombi abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare muri icyo gikorwa cyo kumanika ibendera ku Munara wa Eiffel Tower nta ruhushya bafite.

Iki kibazo cyateye impaka muri politiki y’u Bufaransa, aho umudepite ukomoka muri Palestine, Rima Hassan, yanenze uburyo aba bantu bafashwe. Yavuze ko mu Ukwakira 2023, ubwo Eiffel Tower yashushanwagaho amabara y’ibendera rya Israel nyuma y’ibitero bya Hamas, nta bantu bataye muri yombi, akaba atumva impamvu uyu munsi ari bwo bibutse gufunga abamanitse idarapo.

Muri Nzeri 2025 kandi, amashusho y’ibendera rya Israel n’irya Palestine hamwe n’ibimenyetso by’amahoro nk’inuma n’ishami byigeze kwerekanirwa kuri Eiffel Tower mbere y’uko u Bufaransa butangaza ko bwemera Leta ya Palestine.

Intambara ikomeje muri Gaza yakomeje guteza impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga. Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza ivuga ko abantu barenga ibihumbi 72 bamaze kugwa muri ibi bitero, benshi muri bo bakaba ari abasivile.

Nubwo habaye agahenge mu Kwakira kw’umwaka ushize, ibikorwa by’urugomo biracyakomeje muri Gaza, aho impande zombi, ingabo za Israel na Hamas, zikomeje gushinjanya kutubahiriza amasezerano y’agahenge.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...