UB40 Ft Ali Campbell yasusurukije ibisekuru byombi, ishimangira umurage wayo muri Reggae ku Isi (AMAFOTO+VIDEO)

Imyidagaduro - 10/06/2026 1:59 AM
Share:

Umwanditsi:

UB40 Ft Ali Campbell yasusurukije ibisekuru byombi, ishimangira umurage wayo muri Reggae ku Isi (AMAFOTO+VIDEO)

Hari ibitaramo biba bikarangira, hakaba n’ibindi bisiga abantu bavuga inkuru yabyo imyaka myinshi. Icyo itsinda rya UB40 featuring Ali Campbell ryakoreye muri BK Arena kiri muri ibyo bitaramo bidapfa kwibagirana, cyane cyane ku bakuriye ku muziki waryo.

Mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2026, BK Arena yari yahindutse nk’urubuga rw’amateka ya reggae. Ntabwo byari igitaramo gisanzwe cyari cyahuje abantu ngo babyine cyangwa bishimishe gusa, ahubwo cyari urugendo rwabagaruye mu myaka myinshi ishize binyuze mu ndirimbo zabaye igice cy’ubuzima bwabo.

Bitandukanye n’ibindi bitaramo bikunze kubera muri iyi nyubako, iki cyitabiriwe cyane n’abakuze mu myaka, ibintu byahise bigaragaza uburemere bw’izina UB40 rifite mu muziki mpuzamahanga.

Uwaranganyaga amaso mu bari muri BK Arena yahitaga abona abantu bakuriye ku ndirimbo za reggae, abigeze gukundana bazumva, abigeze kuziririmbiraho inshuti zabo n’abazigize igice cy’urwibutso rw’ubuzima bwabo.

Mbere y’uko UB40 Ft Ali Campbell ijya ku rubyiniro, abari bitabiriye iki gitaramo basusurukijwe n’abashyushyarugamba ndetse n’aba-DJ bahisemo gususurutsa imitima y’abari aho binyuze mu ndirimbo zakunzwe mu myaka yo hambere. Indirimbo za Bob Marley, Shaggy, Sean Paul, Rihanna, Beyoncé n’izindi nyinshi zakomeje gusubiza benshi mu bihe byabo.

By’umwihariko, igihe hacurangwaga indirimbo za Bob Marley, byagaragaraga ko abari muri BK Arena batari baje kureba igitaramo gusa, ahubwo bari baje kongera guhura n’amateka y’umuziki bakunze kuva kera.

Ubwo UB40 Ft Ali Campbell yageraga ku rubyiniro, umwuka wahise uhinduka. Abantu bahagurutse mu myanya yabo, bamwe basanga abandi imbere y’urubyiniro, abandi bafata telefoni zabo bashaka gufata amashusho y’urwibutso.

Icyo gihe BK Arena yahindutse nk’ikoraniro ry’abazi amagambo y’indirimbo hafi ya zose z’iri tsinda.

Indirimbo zirimo “If It Happens Again”, “Big Love”, “One In Ten” na “Cherry Oh Baby” zakiriwe nk’aho zasohotse ejo hashize. Buri ndirimbo yatangiraga, abantu bakayisanganira mu majwi menshi mbere y’uko n’abahanzi ubwabo bayiririmba.

Ali Campbell, ufatwa na benshi nk’ijwi ry’ukuri rya UB40, ntiyahwemye kuganiriza abakunzi be no kubashimira uburyo bamwakiriye. Hari aho yagaragaraga afata akanya ko kuruhuka, bagenzi be bagakomeza gutera indirimbo, hanyuma agasubira imbere y’abafana bagakomezanya urugendo rw’umuziki.

Ubwo igitaramo cyari kigeze ku musozo, UB40 Ft Ali Campbell yahisemo gusezera ku bakunzi bayo ikoresheje indirimbo zayigize ikirangirire ku Isi. “Red Red Wine”, “Kingston Town” na “(I Can’t Help) Falling In Love With You” zashyize iherezo ku gitaramo mu buryo bwatumye benshi bumva ko igihe cyihuse cyane.

Ni indirimbo zakomeje kuririmbwa n’abari muri BK Arena n’igihe abahanzi bari bamaze kuva ku rubyiniro.

Ariko kugira ngo umuntu yumve impamvu iki gitaramo cyari gikomeye kuri benshi, bisaba gusubira inyuma mu mateka y’iri tsinda ryahinduye amateka ya reggae ku Isi.

Hari amatsinda y’umuziki aza akishima agashira. Hari n’aza akandikwa mu bitabo by’amateka. UB40 ni rimwe muri ayo matsinda atigeze aba umuziki gusa, ahubwo yabaye ijwi ry’ibihe, ijwi ry’abatagira kivurira, ijwi ry’urukundo n’impinduka.

Yashinzwe mu 1978 mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, mu gihe igihugu cyari kiri mu bihe bikomeye by’ubukungu n’ubushomeri. Nta mpamvu yo gutungurwa n’uko bahisemo kwiyita “UB40”, izina ryakomotse ku rupapuro rwahabwaga abashomeri rwitwaga "Unemployment Benefit Form 40".

Iryo zina ryari ubutumwa bukomeye. Ryagaragazaga ko aba basore baturutse mu buzima busanzwe kandi ko bashaka kuvuga inkuru z’abaturage basanzwe banyuze mu muziki.

Mu gihe reggae yari ifitanye isano cyane na Jamaica, UB40 yayihaye isura mpuzamahanga. Bayivangaga na pop ndetse na dub, bituma indirimbo zabo zambuka inyanja zikagera ku masoko akomeye yo mu Burayi no muri Amerika.

Indirimbo nka “Red Red Wine”, “Kingston Town” na “(I Can’t Help) Falling In Love With You” zabaye ibirango by’ibihe byose. Ntabwo zari indirimbo zo kubyina gusa, ahubwo zari zifite ubutumwa bw’urukundo, amahoro n’ubumwe.

Mu myaka ya 1980 na 1990, UB40 yari mu matsinda akunzwe cyane ku Isi, igurisha album mu buryo budasanzwe ndetse igahora ku rutonde rw’abahanzi bafite indirimbo zikunzwe.

Iyo havuzwe UB40, izina rya Ali Campbell ntirishobora kubura.

Yavutse mu 1959, aba umwe mu bashinze iri tsinda ndetse aba n’ijwi nyamukuru ryaryo mu gihe cy’imyaka irenga 30. Ijwi rye rifite umwihariko watumye benshi bafata UB40 n’ijwi rye nk’ibintu bidatandukana.

Ni ryo ryumvikanye mu ndirimbo hafi ya zose zakunzwe z’iri tsinda, bituma abakunzi benshi ba reggae bamufata nk’ikirango cya UB40.

Icyakora, nk’uko bigenda ku matsinda menshi amaze imyaka myinshi akora, kutumvikana ku miyoborere n’imari byaje gutuma Ali Campbell asezera muri UB40 mu 2008.

Nyuma yaho yatangiye urugendo rwe ku giti cye, aza no gushinga UB40 featuring Ali Campbell, itsinda rikomeje kuririmba indirimbo zakunzwe ndetse rikazigeza ku bakunzi b’umuziki bo mu bindi bisekuru.

Uyu munsi, hari UB40 isigaye igizwe n’abanyamuryango bayikomokamo, hakaba na UB40 featuring Ali Campbell.

Nubwo abakunzi ba reggae bakunze kujya impaka ku cyitwa “UB40 nyayo”, ikigaragara ni uko indirimbo nyinshi zakunzwe cyane ku Isi zifite ijwi rya Ali Campbell ari zo zikomeje kuba inkingi y’ibitaramo byinshi iri tsinda rikora hirya no hino.

Ariko icy’ingenzi si ayo mashami abiri. Icy’ingenzi ni umurage umwe.

Ni umurage w’indirimbo zahumurije abantu, zibyinisha ibisekuru bitandukanye, zigahuriza hamwe abantu bafite amateka n’imico itandukanye.

UB40 yabaye gihamya ko umuziki ushobora kurenga imbibi z’ibihugu, indimi n’umuco. Mu gihe yaririmbaga ku rukundo, ku buzima busanzwe no ku butabera, yarimo kubaka ikiraro gihuza abantu bo mu mpande zose z’Isi.

Ni yo mpamvu n’uyu munsi, nyuma y’imyaka irenga 40, izina UB40 rigikomeza kuvugwa mu ruhando rw’umuziki mpuzamahanga. Ni yo mpamvu kandi Ali Campbell akiri ku rubyiniro aririmba indirimbo zaririmbiwe n’ababyeyi, ubu zikaba zinaririmbwa n’abana babo.

I Kigali, ntibari baje gutanga igitaramo gusa. Bari baje kwibutsa abakunzi babo impamvu reggae ari ururimi rwumvwa n’abatari bake ku Isi, no kwerekana ko hari indirimbo zidasaza n’igihe cyazigendaho.

Mu mateka ya reggae, UB40 si igice gito cyanditse ku rupapuro rumwe. Ni igitabo cyose. Kandi nk’uko byagaragaye muri BK Arena, icyo gitabo kiracyandikwa.

UB40 Ft Ali Campbell yataramiye i Kigali mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, aho abakunzi ba reggae biganjemo abakuze bagarutse mu bihe by’imyaka ishize binyuze mu ndirimbo zabaye amateka ku Isi nka “Red Red Wine” na “Kingston Town”


Mu ijoro ry’amateka i Kigali, UB40 Ft Ali Campbell yageze ku rubyiniro abakunzi bayo bahita bahaguruka, bahuriza hamwe amajwi mu kuririmba indirimbo zakomeje kubaka izina ry’iri tsinda mu myaka irenga 40 ishize


BK Arena yari yuzuye umwuka w’amateka ya reggae ubwo UB40 Ft Ali Campbell yaririmbaga indirimbo zakunzwe cyane, bituma benshi bumva nk’aho basubiye mu bihe by’ubuto bwabo


Ali Campbell, ijwi ry’ikirangirire cya UB40, yanyuzagamo akaganiriza abakunzi be i Kigali, abasaba gukomeza kuririmbana na we mu ndirimbo zabaye ikimenyetso cy’urukundo n’amahoro ku Isi


Nubwo hari UB40 ebyiri ziriho ku Isi, i Kigali hatambutse UB40 Ft Ali Campbell, itsinda rikomeje kuririmba indirimbo zatumye reggae yambuka imipaka igera ku migabane yose


Abitabiriye igitaramo cya UB40 Ft Ali Campbell i Kigali biganjemo abakuze, ibintu byagaragaje uburyo indirimbo z’iri tsinda zikiri igice cy’ubuzima bw’abantu batandukanye bo mu bice bitandukanye by’Isi


I Kigali, UB40 Ft Ali Campbell yacurangaga indirimbo za reggae zivanze n’amarangamutima, aho buri ndirimbo yasubizaga abakunzi mu mateka y’urukundo, ubuzima n’ubumwe bwaziririmbwaga mu myaka ya 1980 na 1990


Mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, UB40 Ft Ali Campbell yagaragaje ko nubwo imyaka igenda, umuziki wayo ukiri muzima, aho indirimbo nka “Cherry Oh Baby” zakiriwe nk’aho ari nshya


Ali Campbell na bagenzi be bashimishije abakunzi babo i Kigali mu buryo budasanzwe, basoza igitaramo bakoresheje indirimbo zabaye ibirangirire ku Isi, bituma benshi batashye bafite amarangamutima akomeye


UB40 Ft Ali Campbell yagarutse ku rubyiniro i Kigali yongera kwemeza ko reggae atari injyana gusa, ahubwo ari umuco n’umurage w’ibihe byose uhuza ibisekuru bitandukanye ku Isi



KANDA HANO UBASHE KUREBA IBIHE BY'INGENZI BYARANZE IGITARMAO CYA UB40 FT ALI CAMPBELL


AMAFOTO: Serge Ngabo & Karenzi Rene/ InyaRwanda

VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...