U Rwanda tugendana ruruta u Rwanda tugendamo –Justin mu ndirimbo ye nshya -VIDEO

Imyidagaduro - 09/09/2025 9:00 AM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda tugendana ruruta u Rwanda tugendamo –Justin mu ndirimbo ye nshya -VIDEO

Umuhanzi nyarwanda Justin Nsengimana, ukomoka mu Murenge wa Kingogo mu Karere ka Rutsiro, akomeje gushyira imbaraga mu ndirimbo zubaka igihugu no gushishikariza Abanyarwanda kuba umwe.

Kuri iyi nshuro, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise “Muze Turwubake”, igamije gukangurira buri wese gukunda u Rwanda, kururwanirira no kururinda kubera ibimaze kugerwaho.

Justin Nsengimana amaze kumenyekana nk’umuhanzi wiyemeje gukora indirimbo zifite ubutumwa bwubaka igihugu, zishishikariza Abanyarwanda kugira indangagaciro za kinyarwanda no gukomeza kwiyubaka.

Muri iyi ndirimbo ye “Muze Turwubake” igaragaramo amagambo akomeye asaba Abanyarwanda gushyira imbere ubumwe n’ubunyarwanda. U Rwanda tugenda ruruta u Rwanda tugendamo, ni muze turwubake. Amahitamo yacu ni ubunyarwanda, amahitamo yacu ni ubumwe, twahitamo gupfa aho guhemukira u Rwanda.”

Aya magambo yerekana ko Nsengimana asaba buri Munyarwanda gushyira imbere urukundo n’ubumwe, no guharanira kubaka igihugu aho kubihonyora.

Mu gihe kitarenze ukwezi kumwe gishize, uyu mugabo amaze gushyira hanze indirimbo eshatu zirimo: Muze Turwubake, Ubumwe Bwacu ndetse na Leta y’Ubumwe

Izi ndirimbo zose zifite intego imwe: gushishikariza Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, gukunda igihugu no gushyira hamwe mu rugendo rwo kurubaka no kururwanirira.

Amashusho y’iyi ndirimbo agaragaza neza ubutumwa bw’indirimbo, n’imibereho y’abaturage n’urubyiruko, ndetse n’urukundo bagirira igihugu cyabo.

Justin Nsengimana yizera ko indirimbo ze zizafasha Abanyarwanda kwiyumvamo ishema ryo kuba Abanyarwanda, no gushyira imbere ubumwe, urukundo n’indangagaciro z’igihugu mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Indirimbo ze zubaka igihugu ni isomo ryiza ry’uburere mboneragihugu, ry’umuryango nyarwanda n’urubyiruko rukiri mu nzira yo kwiyubaka. 

Justin Nsengimana w’Ikingogo yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Muze Turwubake’ asaba Abanyarwanda gukunda no kurinda igihugu 

“Ubutumwa bukomeye bwa Justin Nsengimana: ‘Amahitamo yacu ni Ubunyarwanda, amahitamo yacu ni Ubumwe.’” 

Indirimbo nshya ya Justin Nsengimana igaragaza urukundo n’ubumwe Abanyarwanda bagomba kugira ku gihugu cyabo 

Justin Nsengimana yizera ko indirimbo ze zifasha Abanyarwanda kurangwa n’ishema, ubumwe n’urukundo rw’igihugu

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ‘MUZE TURWUBAKE’ YA JUSTIN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...