U Rwanda si igihugu gusa, ni amateka n’imbuto – Aline Gahongayire ku ndirimbo ye nshya “Rwanda Ramba Sagamba”

Iyobokamana - 23/04/2026 7:42 AM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda si igihugu gusa, ni amateka n’imbuto – Aline Gahongayire ku ndirimbo ye nshya “Rwanda Ramba Sagamba”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatanze ubutumwa bwimbitse, abinyujije mu ndirimbo nshya yise “Rwanda Ramba Sagamba”, igaruka ku mateka y’u Rwanda n’urugendo rwo kwiyubaka rwaranze Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi ndirimbo yayishyize hanze mu gihe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yashatse gukoresha impano ye mu gusigasira amateka no gukomeza ubutumwa bw’icyizere n’ihumure.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Aline Gahongayire yavuze ko iyi ndirimbo yayihimbye ashaka kugaragaza ko u Rwanda ari igihugu cyubakiye ku kwihangana, ashimangira ko ari imwe mu nkingi zatumye igihugu kigera aho kigeze uyu munsi.

Yagize ati: “Indirimbo nahimbye yitwa ‘Rwanda Ramba Sagamba’ navugaga ko u Rwanda ni igisobanuro cyo kwihangana. Kandi kwihangana ni ko kutugejeje hano nk’Abanyarwanda. Umuntu udafite kwihangana ashobora gutekereza aho agana.”

Yakomeje asobanura ko impamvu Abanyarwanda babasha gukomeza ubuzima bwabo bwa buri munsi, harimo kubyara, gukora no kwidagadura, ari uko igihugu cyabashije kwiyubaka gishingiye ku kwihangana.

Ati: “Impamvu turi hano twese, impamvu tugikora ibi byose, ni uko igihugu gihagaze, ni uko igihugu cyihanganye. Iyo kitaza kwihangana uyu munsi ntabwo tuba turi imbuto.”

Aline Gahongayire yagaragaje ko “Rwanda Ramba Sagamba” ari indirimbo ifite ubutumwa bwagutse burenze kuba indirimbo gusa, ahubwo ari igihango cyo gukunda igihugu no gusigasira ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho.

Yagize ati: “Ntabwo u Rwanda ari igihugu gusa, ni n’amateka, ni imbuto. Tuzi neza intego yacu kandi tuzi aho tugana, ntabwo twayoba.”

Nyuma yo gushyira hanze iyi ndirimbo, yanasangije abamukurikira amafoto ya bamwe mu bo mu muryango we bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko basaza be, agaragaza ko Kwibuka kuri we atari amagambo gusa ahubwo ari inshingano ikomeye.

Mu butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagarutse ku busobanuro bwimbitse bwo kwibuka, avuga ko n’ubwo kwibuka bizana agahinda, ari n’isoko y’imbaraga zituma Abanyarwanda bongera guhaguruka.

Yagize ati: “Kwibuka si amagambo gusa. Kwibuka ni inshingano. Kwibuka akenshi bidusubiza inyuma, ariko bikadusunikira imbere.”

Yongeyeho ko uwo mubabaro uterwa no kwibuka atari uwo gusenya, ahubwo ari uwo gukomeza umuntu no kumutoza kongera guhaguruka, agaharanira kubaka ejo hazaza heza.

Gahongayire yanashimangiye ko Kwibuka ari igihango cyo kutazibagirwa amateka mabi igihugu cyanyuzemo, anaburira abantu kwirinda icyabasenya, kuko ushaka gusenya umuntu aba ashaka no gusenya igihugu.

Yagize ati: “Wibuke ko igihugu ari umubyeyi. Ushaka umwana aba ashaka umubyeyi. Ba maso, iyubake kandi usigasire.”

Agaruka ku rugendo rw’u Rwanda mu myaka 32 ishize, yavuze ko ari urugendo rwuzuyemo kwihangana, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse no kongera kubaho.

Yagaragaje ko aho hambere hari amatongo n’amarira, ubu hari ibikorwa remezo n’icyizere, ashimangira ko ari intambwe ikomeye yatewe n’Abanyarwanda ubwabo. Ati: “Mu rugendo rutari rworoshye, u Rwanda rwerekanye ko bishoboka. Ni igihugu cy’imisozi ibihumbi, igihugu cy’ibisubizo bya buri hurizo.”

Mu butumwa bwe, yanibukije urubyiruko ko rugomba gusigasira ibyo igihugu cyagezeho, rukamenya agaciro kacyo no kugikunda, kuko icyizere cy’Abanyarwanda ari uko amateka mabi atazongera kubaho ukundi.

Yagarutse kandi ku gaciro k’ubutwari, agaragaza ko kuba Inkotanyi atari izina gusa, ahubwo ari igisobanuro cy’ubuzima bwo gutabara no kudatezuka ku ndangagaciro zo gukunda igihugu. Ati: “Inkotanyi si izina gusa, ni ubutwari, ni ugutabara udatekereje kabiri. U Rwanda ni isomo ryo kwihangana, ni ubuturo bw’Imana.”

Mu gusoza ubutumwa bwe, Aline Gahongayire yahamagariye Abanyarwanda bose gukomeza kubaho no gukora bashyize imbere igihugu cyabo, ashimangira ko kwibuka ari ugukomera, naho kwiyubaka bikaba inshingano ya buri Munyarwanda.

Iyi ndirimbo “Rwanda Ramba” ije ishimangira uruhare rw’abahanzi mu kubungabunga amateka no gutanga ubutumwa bwubaka sosiyete, by’umwihariko mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, aho hibutswa agaciro ko kwihangana, ubumwe n’icyizere cy’ejo hazaza.

Gahongayire yashyize hanze “Rwanda Ramba” agaragaza ko kwihangana ari inkingi yubatse u Rwanda nyuma y’amateka akomeye

Mu gihe cyo Kwibuka, Gahongayire yatanze ubutumwa bukomeye bwibutsa Abanyarwanda ko kwihangana no gukunda igihugu ari yo nzira yo gukomeza kubaho

 

KANDA HANO UBASHE KUREBA KUMVA INDIRIMBO ‘RWANDA RAMBA SAGAMBA’ YA ALINE GAHONGAYIRE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...