U Rwanda rwamushyigikiye mu matora ya Komisiyo ya AU - Icyo Raila Odinga azibukirwaho n'Abanyarwanda

Amakuru ku Rwanda - 15/10/2025 10:39 AM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda rwamushyigikiye mu matora ya Komisiyo ya AU - Icyo Raila Odinga azibukirwaho n'Abanyarwanda

Urupfu rwa Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, rwashegeshe imitima ya benshi muri Afurika, ariko cyane cyane rukora ku mitima y’Abanyarwanda bamubonaga nk’umuyobozi uharanira ubumwe, amahoro n’ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere.

Uyu mugabo wari ufite imyaka 80 yitabye Imana nyuma y’inshuro zirenga eshanu agerageza kwiyamamariza kuyobora Kenya ariko nanone akaba umwe mu bantu bagize uruhare mu kubaka isura nshya ya Afurika y’Iburasirazuba, harimo n’u Rwanda.

Mu mateka y’Akarere, Raila Odinga azahora azirikanwa nk’umuntu waharaniye iterambere n’ubumwe. Mu 2024, ubwo yiteguraga guhatanira kuyobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yahisemo kuza kwiyamamariza i Kigali, aho yagiranye ibiganiro byimbitse na Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa bw’Ibiro bya Perezida bwatangajwe icyo gihe, bavuze ko ibiganiro byabo byibanze ku “gushimangira ubufatanye mu karere no gushyigikira imigambi y’iterambere rya Afurika.”

Raila Odinga we yavuze ko “Afurika ntishobora gutera imbere buri gihugu gikora cyonyine. Tugomba guhuza imbaraga, tugakora nk’umuryango umwe.”

Mu gihe Raila yari mu rugendo rwo kwiyamamaza muri AU, u Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu byamushyigikiye mu buryo bweruye.

Abayobozi bo mu Rwanda bitabiriye ku mugaragaro itangwa rya kandidatire ye i Nairobi, aho bashimangiye ko Odinga afite “icyerekezo cy’umugabane wunze ubumwe kandi uharanira iterambere.”

U Rwanda rwamubonaga nk’umuntu ushobora gukomeza umurongo w’imiyoborere ishingiye ku guhanga udushya, gushyira imbere abaturage n’ubumwe bw’ibihugu bya Afurika.

Raila Odinga yakunze guhura n’abayobozi bakuru b’u Rwanda mu nama zitandukanye zirimo izo muri Afurika y’Iburasirazuba, inama z’ubukungu ndetse n’iz’imiyoborere myiza.

Mu biganiro bye, yakundaga gushyira imbere icyerekezo cy’uko Afurika ikwiye gukora nk’umuryango wunze ubumwe ibintu bihuye neza n’imigambi y’u Rwanda mu rwego rwo guteza imbere EAC (East African Community).

Abakurikiranye politiki y’akarere bavuga ko Raila yari umuntu uha agaciro u Rwanda, akumva ko Kigali ari imwe mu mijyi igaragaza “icyizere cy’ubuyobozi bushya kandi bwiza bukwiye Afurika.”

Mu biganiro bitandukanye, Raila yakundaga gushyigikira imishinga y’itumanaho, ibikorwa remezo bihuriweho n’ibihugu, ndetse no guteza imbere ubucuruzi butagira imipaka.

Yari ashyigikiye cyane icyerekezo cya Afurika idafite imbibi mu bukungu, n’uburyo bwo guteza imbere ubwikorezi hagati y’ibihugu bya EAC, ibintu bihura neza n’icyerekezo u Rwanda rwihaye binyuze muri gahunda nka Made in Rwanda n’ubukungu bushingiye ku ishoramari rihuza akarere.

Ubwo yatangazaga Kandidatire ye ahatanira kuyobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Rtd Gen James Kabarebe yahagarariye Perezida Kagame 

Raila Odinga yakunze gushima cyane Politiki y'u Rwanda ndetse agasaba ko Afurika yakwigira ku Rwanda kugira ngo ibashe gutera imbere 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...