U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari barahungiye muri Congo

Amakuru ku Rwanda - 25/08/2025 1:12 PM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari barahungiye muri Congo

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Kanama 2025 u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho baje nyuma y’Inama yahuje impande zombi n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, hagafatwa icyemezo gisaba ko habaho gucyura impunzi.

Aba baje binjiriye ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo bakaba biganjemo abagore n’Abana. Batahutse ku bw’icyemezo cyavuye mu Nama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, yahuje Guverinoma y’u Rwanda, iya DRC ndetse n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, gisaba ko  impunzi za buri Gihugu ziri mu kindi zigomba gucyurwa.

Aba baje basanga abandi Banyarwanda 1,156 bari bamaze gutahuka kugeza mu kwezi kwa Gatanu k’uyu mwaka, bavuye mu Burasirazuba bwa Congo aho bari bamaze imyaka barahungiye.

Kuva uyu mwaka watangira, hari hateganyijwe ko abasaga 2,000 ari bo bazatahuka kuko bari baramaze kwiyegeranyiriza mu mujyi wa Goma. Aba Banyarwanda 532 barahita boherezwa i Nyarushishi mu karere ka Rusizi.


Abanyarwanda 532 batahutse bavuye muri Congo 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...