U Rwanda rwaje ku isonga mu bihugu biyobowe neza muri Afurika

Amakuru ku Rwanda - 01/09/2025 10:02 AM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda rwaje ku isonga mu bihugu biyobowe neza muri Afurika

Ubwiza bw’imiyoborere bukomeje kuba ishingiro ikomeye igena icyerekezo cy’iterambere ry’ibihugu bya Afurika, ubukungu bishingiye ku mutekano ndetse no kubaka ubumwe bw’imibereho y’abaturage. Ibi bigaragazwa n’urutonde ngarukamwaka rwa Chandler Good Government Index (CGGI), rusesengura imiyoborere y’ibihugu 120 ku isi hifashishijwe ibipimo 35 birimo imikorere y’inzego, ishyirwa mu bikorwa rya politiki, n’uburyo abaturage bagira ijambo mu miyoborere.

Raporo ya CGGI y'umwaka wa 2025 igaragaza ko kuva mu 2021 kugeza ubu, ibihugu birenga kimwe cya kabiri byagaragaje gusubira inyuma mu miyoborere. By’umwihariko, Afurika ndetse na Amerika y’Amajyepfo n’akarere ka Karayibe biri mu byugarijwe n’uku gusubira inyuma, mu gihe u Burayi, Amerika ya Ruguru n’akarere ka Aziya y’Amajyepfo byo bigaragaza intambwe nziza. Ibi bigaragaza ko icyuho mu miyoborere ku isi gikomeje kwiyongera, aho abari basanzwe imbere barushaho gutera imbere, mu gihe ibihugu bifite intege nke bigenda bisigara inyuma.

N’ubwo bimeze bityo, hari ibihugu bya Afurika byagaragaje imbaraga mu nzego z’imiyoborere, byihesha ishema kubera uburyo bwiza bwo gufata ibyemezo, kubaka inzego zikomeye no kugirira abaturage icyizere mu buyobozi bwabo. Muri byo, Ibirwa bya Mauritius byongeye kuza ku isonga nk’igihugu kiyobowe neza kurusha ibindi muri Afurika, bikaba byafashe umwanya wa 51 ku rwego rw’isi, n’amanota 0.553, ibi bikaba bibaye ku nshuro ya gatanu bikomeza kwiharira uyu mwanya.

U Rwanda rwaje ku mwanya wa kabiri muri Afurika, rukaba urwa 59 ku rwego rw’isi, aho rufite amanota 0.507. By’umwihariko, raporo yarugaragaje nk’igihugu cyitwaye neza kurusha ibindi ku isi, aho rwerekanye ko kuba igihugu kikiri mu nzira y'amajyambere atari imbogamizi ku miyoborere inoze. Botswana yazamutse ku mwanya wa gatatu muri Afurika (61 ku isi), yashimiwe cyane ku mpinduka yakoze mu ikoranabuhanga rishingiye ku bucamanza.

Maroc yaje ku mwanya wa kane, yashimiwe intambwe yateye mu kugaragaza ubushobozi mu gucunga amakuru no guteza imbere ikoranabuhanga, mu gihe Afurika y’Epfo yaje ku mwanya wa gatanu muri Afurika (77 ku isi), ikaba igikomeje gufatwa nk’icyitegererezo mu budahangarwa bw’inzego n’ubwo ihanganye n’ibibazo by’ubukungu. Mu bindi bihugu byitwaye neza muri Afurika harimo Tanzania, Misiri, Senegal, Ghana na Namibiya byaje mu myanya icumi ya mbere.

Nk’uko byagarutsweho na Dinesh Naidu, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubumenyi muri Chandler Institute of Governance, Afurika iracyafite akazi kenshi mu kunoza imiyoborere, ariko hari ibyiringiro kuko mu myaka ibiri ishize hari intambwe yatewe.

Yagize ati: “Nubwo Afurika igifite urugendo rurerure rwo kuzamura urwego rw’imiyoborere, hari ibihugu bikomeje kwerekana ubushobozi bwo guhanga udushya no gutera imbere. Ibi bishobora kuba isoko y’icyizere no gutera imbaraga ibindi bihugu byo ku mugabane.”

Iyi raporo igaragaza neza ko imiyoborere myiza ari yo shingiro ry’iterambere rirambye, politiki idahungabana, n’ubuzima bwiza bw’abaturage. Afurika ifite amahirwe yo kwigira ku bihugu biyoboye, kugira ngo urwego rw’imiyoborere rurusheho gutera imbere, rukomeze kuba isoko y’iterambere no kubaka icyizere mu baturage.

Dore ibihugu 10 by’Afurika biyoboye ibindi mu miyoborere myiza mu mwaka wa 2025:

Rank

Country

Global Position

CGGI Index Score

1

Mauritius

51

0.553

2

Rwanda

59

0.507

3

Botswana

61

0.501

4

Morocco

75

0.466

5

South Africa

77

0.461

6

Tanzania

78

0.457

7

Egypt

81

0.44

8

Senegal

83

0.43

9

Ghana

86

0.43

10

Namibia

90

0.415


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...