U Rwanda rwabaye urutare rw’ubumwe! Humble Jizzo yaburiye abagihembera ingengabitekerezo ya Jenoside

Imyidagaduro - 13/04/2026 12:23 PM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda rwabaye urutare rw’ubumwe! Humble Jizzo yaburiye abagihembera ingengabitekerezo ya Jenoside

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzi Manzi James wamamaye nka Humble Jizzo, usanzwe ukorera ibikorwa bye bya muzika mu gihugu cya Kenya, yatanze ubutumwa bukomeye bwo kwibuka, guharanira ubumwe no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yagaragaje ko iki gihe cyo Kwibuka atari umwanya wo gusubiza amaso inyuma gusa, ahubwo ari n’umwanya wo kongera kwiyemeza kubaka igihugu kirangwa n’ubumwe, amahoro n’iterambere.

Humble Jizzo yibanze cyane ku gucyebura abagishaka gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, abibutsa ko nta mwanya bafite mu Rwanda rw’uyu munsi rwiyubatse ku mahame y’ubumwe n’ubwiyunge.

Yagize ati: “Banyarwanda mukunda u Rwanda, nimwanjye umwanda w’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Twese duharanire ubumwe n’iterambere by’u Rwanda rwatubyaye.”

Yakomeje ashimangira ko abagerageza kongera gucamo ibice Abanyarwanda bakoresheje amagambo cyangwa ibikorwa bibi, bakwiye kubwirwa ko ibyo bakora bidafite agaciro, kuko u Rwanda rwahindutse rukaba igihango cy’ubumwe.

Ati :“Mu ijwi ryuje ubumwe bw’Abanyarwanda, nimubwire abagityaza inkota yo gucamo ibice Abanyarwanda hirya no hino ko bataye agaciro mu Rwanda, kandi ko u Rwanda rwabaye urutare rw’ubumwe, ko kuruvusha amaraso bitazongera ukundi.”

Uyu muhanzi yanagarutse cyane ku ruhare rw’urubyiruko, arusaba kutirengagiza amateka yaranze igihugu, ahubwo rukayasoma rukayigiraho amasomo arufasha kubaka ejo hazaza heza.

Mu butumwa bwe, yagaragaje ko hari bamwe bashaka gusimbuka amateka akomeye igihugu cyanyuzemo, nyamara ari ho hakubiyemo amasomo akomeye atuma Abanyarwanda bakomeza kwiyubaka.

Ati: “Ndibutsa urubyiruko ko nibajya basoma igitabo cy’amateka yaranze igihugu cyacu, batagomba gusimbuka amapaji atukura ariho amaraso. Ni ho hari amasomo abibutsa ko igihugu cyapfuye kikazuka, kandi ko hari abakitangiye. Bityo nabo bakwiye gukomeza kugera ikirenge mu cyabo.”

Yakomeje asobanura ubusobanuro bwimbitse bwo Kwibuka, agaragaza ko atari agahinda gusa, ahubwo ari uguha agaciro ubuzima bw’abambuwe ubuzima bazira uko baremwe.

Ati: “Kwibuka si inzika, ahubwo ni uguha agaciro Abanyarwanda bacu bambuwe ubuzima n’abafite ubuzima nk’ubwabo, babaziza uko baremwe batahisemo.”

Humble Jizzo asoza ubutumwa bwe asaba Abanyarwanda gukomeza kwibuka no guhumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, anaboneraho kwibutsa buri wese kwirinda amagambo n’ibikorwa bishobora kongera gukomeretsa imitima y’abarokotse.

Ubutumwa bwe buje bwiyongera ku bw’abandi banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje kwifatanya n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo Kwibuka, bashimangira ko kubungabunga amateka no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ari inshingano ya buri wese.

Nk’uko Humble Jizzo abigaragaza, Kwibuka si umuhango gusa, ahubwo ni urugendo rwo guharanira ko amateka mabi atazongera kubaho ukundi, hubakwa u Rwanda rufite ubumwe, rukomeye kandi rutajegajega.

Humble Jizzo yaburiye abashaka kongera guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside, abibutsa ko bataye agaciro mu Rwanda; ni mu butumwa yatanze muri iki gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...