U Rwanda mu bihugu byahawe kwakira imikino ya FIFA Serie 2026

Imikino - 21/11/2025 4:00 PM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda mu bihugu byahawe kwakira imikino ya FIFA Serie 2026

U Rwanda ruri mu bihugu bizakira imikino ya ya FIFA Series 2026 izahuza amakipe y’ibihugu aturutse ku migabane itandukanye mu rwego rwo kongerera imbaraga imikino mpuzamahanga no guteza imbere umupira w’amaguru ku isi.

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo FIFA yatangaje ko iri rushanwa rizaba muri Werurwe mu mwaka utaha. Yanavuze ibihugu bizaryakira aho mu bagabo rizabera muri Australia, Azerbaijan, Indonesia, Kazakhstan, Mauritius, Puerto Rico, u Rwanda, Uzbekistan, icyakora anavuga ko hari ibindi bihugu bikiri mu biganiro byo kwiyongeraho.

Mu bagore ho irushanwa rizabera muri Brazil, Côte d’Ivoire, na Thailand. Amakipe azatabira FIFA Series 2026azatangazwa mu ntangiriro zo mu mwaka utaha. FIFA Series igamije guhuza ibihugu bidakunze guhura mu mikino mpuzamahanga, gutanga uburyo bwo kwitegura amarushanwa akomeye, guteza imbere imiyoborere n’imitegurire y’umupira w’amaguru n’ibindi.

Iri rushanwa rizaba nyuma y’uko muri Werurwe 2024 ari bwo hakozwe igerageza ryaryo. Kuri iyi nshuro ho hazaba harimo amakipe menshi n’abaterankunga benshi ndetse ni n’ubwa mbere hazaba hagiyemo igice cy’abagore.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yavuze ko FIFA Series ari uburyo bwo gufungura amahirwe mashya. Ati: “Ni uguteza imbere abakinnyi, abatoza n’abafana, tukongera ubumenyi mu mupira w’amaguru. Iyi nshuro ya 2026 izarushaho guteza imbere umupira w’abagabo n’abagore ku rwego mpuzamahanga.”

Ubwo Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice aheruka guhura na Perezida wa FIFA bari baganiriye ku byo kwakira iyi mikino.

U Rwanda mu bihugu byahawe kwakira imikino ya FIFA Serie 2026



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...