Iyi gahunda, yatangiye muri Nyakanga 2023 kugeza muri Mata 2026, igamije kugeza amashanyarazi ku Banyafurika miliyoni 300 bitarenze umwaka wa 2030, hifashishijwe kwagura imiyoboro y'amashanyarazi, kubaka mini grid ndetse no gukoresha ingufu z'izuba n'izindi ngufu zisubira.
Nubwo iyi ntambwe ishimishije, raporo ya Mission 300 Progress Report igaragaza ko Afurika igifite urugendo rurerure, kuko abantu hafi miliyoni 600 bakomeje kubaho badafite amashanyarazi, ibintu bikomeje kudindiza iterambere ry'inganda, ubucuruzi, ubuvuzi, uburezi n'ikoranabuhanga.
Perezida wa Banki y'Isi, Ajay Banga, yavuze ko kuba abantu miliyoni 50 bamaze guhabwa amashanyarazi ari intambwe ikomeye, ariko ashimangira ko icy'ingenzi ari ugukomeza kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'iyi gahunda no kubaka ubufatanye burambye.
Yagize ati: "Mission 300 iri gufasha ibihugu kwihutisha ibikorwa, guha amashanyarazi abaturage benshi no gushyiraho urufatiro ruzakomeza gutanga umusaruro no mu myaka iri imbere. Amashanyarazi si urumuri gusa, ahubwo ni urufunguzo rw'akazi, ubucuruzi, ubuvuzi, uburezi n'amahirwe y'iterambere."
nk'uko Business Insider Africa, raporo igaragaza ko Tanzania ari cyo gihugu cyagejeje amashanyarazi ku baturage benshi kurusha ibindi, aho abaturage miliyoni 7.5 bahawe amashanyarazi binyuze muri gahunda zo kugeza amashanyarazi mu cyaro no guteza imbere ingufu zisukuye.
Iki gihugu cyongereye umuvuduko wo kugeza amashanyarazi ku baturage inshuro zigera kuri eshanu ugereranyije n'ibihe byabanjirije gahunda ya Mission 300, bitewe n'ishoramari ryiyongereye ndetse n'impinduka muri politiki y'ingufu.
Ku mwanya wa kabiri haza Ethiopia, yahaye amashanyarazi abaturage bagera kuri miliyoni 4.67 binyuze mu mishinga ine minini y'amashanyarazi.
Mu mishinga yatanze umusaruro munini harimo gahunda ya Ethiopia Electrification Programme, yahaye amashanyarazi abaturage miliyoni 3.4, mu gihe umushinga wo kwagura no kuvugurura imiyoboro y'amashanyarazi wongereyeho abarenga miliyoni 1.1.
Nigeria iza ku mwanya wa gatatu, aho abaturage bagera kuri miliyoni 4.51 babonye amashanyarazi, nubwo iki gihugu gikomeje guhura n'ibibazo bikomeye mu rwego rw'ingufu.
Ingufu zisubira zafashije iki Nigeria?
Raporo igaragaza ko umushinga Distributed Access through Renewable Energy Scale-up (DARES) wagize uruhare runini mu iterambere rya Nigeria, aho wahaye amashanyarazi abaturage bagera kuri miliyoni 3.6, bingana na hafi 80% by'abose bahawe amashanyarazi muri iki gihugu muri icyo gihe.
Hari kandi Nigeria Electrification Project, yahaye amashanyarazi abaturage ibihumbi 619, ndetse na Distribution Sector Recovery Programme yongeyeho abarenga ibihumbi 292.
Ibi byatumye Nigeria iba igihugu cyatanze hafi umuntu umwe muri buri bantu 11 bahawe amashanyarazi binyuze muri Mission 300 ku mugabane wa Afurika.
Raporo igaragaza kandi ko gukoresha mini-grid n'ingufu z'izuba bikomeje kuba igisubizo cyihuse cyo kugeza amashanyarazi mu bice by'icyaro no mu turere kugera ku muyoboro mugari w'amashanyarazi bihenze cyangwa bigoye.
U Rwanda na rwo rwagaragaje umusaruro
Raporo igaragaza ko u Rwanda rwahaye amashanyarazi abaturage bagera kuri miliyoni 2.38 hagati ya Nyakanga 2023 na Mata 2026 binyuze mu mishinga ishyigikiwe na Banki y'Isi muri gahunda ya Mission 300.
Nyuma y'ibi bihugu bitatu, Côte d'Ivoire yahaye amashanyarazi abaturage miliyoni 2.9, ikurikirwa na Mozambique (miliyoni 2.67), Madagascar (miliyoni 2.65), Uganda (miliyoni 2.5), u Rwanda (miliyoni 2.38), Kenya (miliyoni 2), Malawi (miliyoni 1.9) na Chad, yarengeje abaturage miliyoni imwe bahawe amashanyarazi.
Bimwe mu bihugu bya Afurika bitaraha muturage n'umwe amashanyarazi
Nubwo ibihugu byinshi byateye intambwe, raporo igaragaza ko Angola, Cabo Verde, Repubulika ya Congo, Guinea-Bissau, Mauritania, Senegal, Sudani y'Epfo na Sudani bitaragaragaza umuturage n'umwe wagejejweho amashanyarazi muri gahunda zikurikiranwa na Mission 300.
Banki y'Isi ivuga ko imishinga iri muri ibyo bihugu ikiri mu myiteguro, itaratangira gushyirwa mu bikorwa cyangwa itaragera ku rwego rutanga ibisubizo bifatika. Raporo igaragaza ko imishinga ihuza ibihugu na yo yagize uruhare rukomeye mu kongera amashanyarazi ku mugabane.
Muri Afurika y'Uburengerazuba n'iyo Hagati, imishinga ishyigikiwe na IFC na MIGA yahaye amashanyarazi abaturage bagera kuri miliyoni 6.4, mu gihe indi mishinga y'akarere yongeyeho abarenga miliyoni 1.4.
Mu Burasirazuba no mu Majyepfo ya Afurika, gahunda z'akarere zafashije kugeza amashanyarazi ku bantu basaga miliyoni 3.6.
Nubwo Afurika imaze kugeza amashanyarazi ku bantu barenga miliyoni 50 mu gihe cy'imyaka itatu gusa, ikibazo cy'ibura ry'ingufu kiracyari kinini kuko hafi miliyoni 600 z'abaturage zigikoresha ubuzima butagira amashanyarazi.
Gukomeza gushora imari, kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga no kongera gukoresha ingufu zisubira bizaba ingenzi kugira ngo umugabane ugere ku ntego yo kugeza amashanyarazi kuri bose no kwihutisha iterambere ry'ubukungu.
