U Bwongereza n’u Bufaransa bwakomanyirije Kanye West

Imyidagaduro - 17/04/2026 8:50 AM
Share:

Umwanditsi:

U Bwongereza n’u Bufaransa bwakomanyirije Kanye West

Ibitaramo by’umuraperi w’Umunyamerika Kanye West, uzwi cyane nka ‘Ye’, bikomeje guhura n’imbogamizi zikomeye ku mugabane w’u Burayi, aho ibyo yari ateganyije mu Bwongereza no mu Bufaransa byombi byahagaritswe bitewe n’amagambo amaze iminsi atangaje yamaganwe n’abatari bake.

Mu Bwongereza, igitaramo cya Wireless Festival, cyari gitegerejwe cyane aho Kanye West yari kuzaba ari we mucuranzi mukuru, cyahagaritswe burundu nyuma y’uko Leta yangiye uyu muhanzi kwinjira muri iki gihugu.

Minisitiri w’Intebe Keir Starmer yavuze ko gutumira Kanye West muri icyo gitaramo ari “ikintu giteye impungenge cyane”, ashingiye ku magambo yagiye atangaza arimo ayibasira Abayahudi ndetse n’andi agaragaza ivangura.

Abateguye iki gitaramo batangaje ko baganiriye n’inzego zitandukanye mbere yo kumutumira, ariko nyuma bikaza kugaragara ko ibitekerezo bye byateje impaka zikomeye, bituma hafatwa icyemezo cyo kugihagarika, hanemezwa ko abari baguze amatike bazayasubizwa.

Si mu Bwongereza gusa byabereye, kuko no mu Bufaransa ho ibintu byafashe indi ntera. Igitaramo Kanye West yari kuzakorera mu Mujyi wa Marseille ku wa 11 Kamena 2026, cyasubitswe nyuma y’uko Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Laurent Nunez atangiye gushaka uburyo cyahagarikwa.

Ni icyemezo cyari cyanatangiye gushyigikirwa n’Umuyobozi w’Umujyi wa Marseille, Benoit Payan, wavuze ko atifuza ko umujyi ayoboye wakwifashishwa nk’ahantu ho kwamamariza ibitekerezo by’urwango.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Kanye West yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gusubika icyo gitaramo, avuga ko adashaka gushyira abafana be mu bibazo bikomeje guterwa n’amagambo ye.

Uyu muhanzi w’imyaka 48 amaze igihe anengwa cyane kubera amagambo arimo ayibasira Abayahudi ndetse n’andi agaragaza ko ashyigikiye Adolf Hitler. Ibi byakurikiwe n’ibikorwa byamaganwe cyane, birimo gusohora indirimbo yise “Heil Hitler”.

Nubwo yagiye agaragaza ko yicuza, ndetse akavuga ko bimwe mu byo yavuze byatewe n’uburwayi bwa “bipolar”, ibikorwa bye bikomeje kugira ingaruka zikomeye ku rugendo rwe rwa muzika, aho ibitaramo bye bikomeje gukumirwa mu bihugu bitandukanye.

Kanye West yavuze ko yemera amakosa yakoze, ariko ashimangira ko amagambo gusa adahagije, agaragaza ko yifuza guhabwa amahirwe yo kuganira n’imiryango y’Abayahudi, cyane cyane abo mu Bwongereza.

 

Kanye West (Ye) yakomanyirijwe mu Bwongereza no mu Bufaransa, ibitaramo bye birahagarikwa kubera amagambo ye akomeje guteza impaka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...