U Bwongereza bwakemuye ibibazo mbere yo guhura na Argentine

Imikino - 15/07/2026 7:49 AM
Share:

Umwanditsi:

U Bwongereza bwakemuye ibibazo mbere yo guhura na Argentine

Umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Bwongereza, Thomas Tuchel, yatangaje ko yagiranye inama n'abakinnyi be ku Cyumweru nimugoroba agamije gukemura ibibazo byari byavutse nyuma y'umukino batsinzemo Norway ibitego 2-1 muri 1/4 cy'irangiza.

Nyuma y'uwo mukino wabereye i Miami, amagambo Tuchel yavuze anenga uko ikipe ye yakinnye yateje impaka, cyane cyane nyuma y'uko Jude Bellingham agaragaje ko umutoza atari gusobanukirwa uko gukina iminota myinshi mu bushyuhe bukabije byari bimeze.

Mu gihe u Bwongereza bwitegura guhura na Argentina muri 1/2 cy'irangiza cy’igikombe cy’Isi cya 2026 kuri uyu wa Gatatu saa Tatu z’ijoro, Tuchel yavuze ko yaganiriye n’abakinnyi  kugira ngo bareke gutinda ku byarangiye ubundi bajye ku mukino wa Argentine.

Yagize ati: "Naganiriye n'abakinnyi bose, dusesengura umukino. Ubutumwa nabahaye bwari bumwe: twimuke ku byabaye, dutekereze kuri Argentina."

Uyu mutoza yashimangiye ko nta kibazo afitanye na Bellingham, avuga ko bombi bahuje intego yo gutsinda no guharanira intsinzi. 

Ati: "Njye na Jude dutekereza kimwe. Ibyo twavuze byaturukaga ku cyifuzo cyo gutsinda no guhora turi ku rwego rwo hejuru."

Tuchel yavuze kandi ko nyuma y'ibiganiro bagiranye, umubano we na Bellingham warushijeho kuba mwiza.

Mu kiganiro yahaye talkSPORT, yagize ati: "Ubu twe na Bellingham turikumwe kurusha mbere hose."

Uyu mutoza yanavuze ko abantu bamwe bagerageje kubyaza umusaruro ayo magambo kugira ngo berekane ko harimo amakimbirane mu ikipe, nyamara ngo atari ko bimeze.

Yagize ati: "Abantu bashaka kuzana  amakimbirane aho atari. Bellingham yari amaze gukina iminota 120, yatanze imbaraga ze zose. Birumvikana ko ashobora gusubiza atyo iyo abajijwe ibijyanye n'ibimunenga."

Tuchel yavuze ko mu byo yavuze nyuma y'umukino harimo no gushima Bellingham, amwita umukinnyi wo ku rwego rw'isi ndetse anashimira uburyo ikipe ye yagaragaje umutima wo kurwana.

Ku mukino wa 1/2 cy'irangiza barahuramo na Argentina, Tuchel yavuze ko ari ikipe ikomeye kandi ifite amateka ayitera imbaraga.

Yagize ati: "Argentina ni ikipe igira ishyaka ridasanzwe kandi ifite ubumwe bukomeye. Ntibacika intege n'iyo batsinzwe igitego. Ariko natwe dufite umutima, ubushake n'imbaraga zo guhangana na bo, kandi twiteguye uwo mukino."

Thomas Tuchel yavuze ko umubano we na Jude Bellingham umeze neza kurusha na mbere



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...