U Burusiya bwagerageje gufunga burundu WhatsApp

Ikoranabuhanga - 12/02/2026 7:20 AM
Share:

Umwanditsi:

U Burusiya bwagerageje gufunga burundu WhatsApp

Leta y’u Burusiya yagerageje gufunga burundu urubuga rwa WhatsApp, rumwe mu mbuga z’itumanaho zikoreshwa cyane muri iki gihugu, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’isosiyete Meta ifite uru rubuga.

Ibi byaje mu gihe u Burusiya bukomeje gahunda yabwo yo kubaka internet yigenga (sovereign internet), igamije kugenzura no kugabanya ikoranabuhanga rituruka mu bihugu by’iburengerazuba, no kongera ubushobozi bwa Leta mu kugenzura itumanaho rikorerwa ku mbuga nkoranyambaga.

Meta: “Ni ugushyira abaturage mu kaga”

Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru The Guardian, umuvugizi wa WhatsApp yavuze ko kugerageza gufunga uru rubuga, rufite abarukoresha barenga miliyoni 100 mu Burusiya, ari “intambwe isubiza inyuma” kandi ishobora gushyira abaturage mu kaga.

Yagize ati “Gushyira kure abarenga miliyoni 100 ku itumanaho ryihariye kandi riteganye ni intambwe isubiza inyuma, kandi bishobora gutuma umutekano w’abaturage urushaho guhungabana. Dukomeje gukora ibishoboka byose ngo abakoresha uru rubuga bakomeze guhuza.”

Meta ntiyatangaje mu buryo burambuye uko u Burusiya bwagerageje gufunga WhatsApp cyangwa niba byagezweho ku rugero rungana iki.

Gahunda yo gushyigikira Max

Iki cyemezo kivugwa mu gihe Leta y’u Burusiya ishaka guteza imbere urubuga rwayo rw’itumanaho rwitwa Max, rushyigikiwe na Leta.

Max rufite abarukoresha bagera kuri miliyoni 55, kandi rwigana cyane uburyo bw’urubuga rwo mu Bushinwa rwa WeChat, ruzwi nka “super app” kuko ruhuza serivisi nyinshi muri rumwe.

Mu mwaka ushize wa 2025, u Burusiya bwategetse ko Max igomba gushyirwa kuri telefoni nshya zigurishwa muri icyo gihugu. Hari abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko uru rubuga rushobora gukoreshwa mu kugenzura no kuneka abaturage, gusa itangazamakuru rya Leta ryabihakanye.

Telegram na zo zashyizweho igitutu

Igerageza ryo gufunga WhatsApp rije rikurikira ibindi bikorwa byo gukaza umurego ku mbuga nkoranyambaga. Vuba aha, Telegram, urundi rubuga rukoreshwa n’abarenga miliyoni 60 mu Burusiya buri munsi na rwo rwagaragaje ibibazo birimo kugenda gahoro no gutinda kohereza amashusho na video.

Umushoramari w’umurusiya washinze Telegram, Pavel Durov, wanze kuvuga rumwe n’ubutegetsi akimukira i Dubai, yanenze icyo cyemezo, avuga ko “kugabanya ubwisanzure bw’abaturage atari igisubizo cyiza,” anashimangira ko Telegram iharanira ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo n’uburenganzira ku buzima bwite.

Facebook, Instagram na Snapchat byakuweho

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Financial Times, ubuyobozi bw’u Burusiya bwakuye WhatsApp ku rutonde rw’imbuga zemerewe gukorera muri iki gihugu, urwo rutonde rukorwa n’urwego rushinzwe kugenzura itangazamakuru n’ikoranabuhanga rwitwa Roskomnadzor.

Ni nako byagendekeye Facebook na Instagram, nazo zifitwe na Meta. Mu mpera za 2025 kandi, Snapchat yarafunzwe, mu gihe FaceTime ya Apple yashyiriweho imbogamizi.

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yavuze ko niba Meta yubahirije amategeko y’u Burusiya kandi ikaganira na Leta, hashobora kubaho ubwumvikane.

Yagize ati “Niba Meta yemeye kubahiriza amategeko yacu no kugirana ibiganiro n’inzego zibishinzwe, bishobora gutuma habaho amasezerano. Ariko nibigumya ku mwanzuro udahinduka wo kutubahiriza, nta mahirwe ahari.”

Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba WhatsApp izongera gukora neza mu Burusiya cyangwa niba iki gihugu kizakomeza gushyira igitutu ku mbuga zifitwe n’ibigo byo mu Burengerazuba.

U Burusiya bwagerageje gufunga burundu WhatsApp ikoreshwa n’abarenga miliyoni 100, mu gihe bukomeje gushyigikira urubuga rwa Leta rwitwa Max no gukaza umurego ku mbuga nkoranyambaga zituruka mu Burengerazuba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...