Ibi
birori byabereye mu muryango w’abakunzi be n’inshuti za hafi, aho B Face na
Inabeza Ada Nevine bagaragaye bishimye cyane, bahamya urukundo rwabo mu buryo
bugaragara, banasangira ibihe by’ingenzi biganisha ku kubaka urugo.
Amakuru
yizewe avuga ko mbere y’ibi birori byo gusaba no gukwa, ku wa 4 Kamena 2026, B
Face yari yamaze no kwambika impeta Nevine, amwereka ko yamaze gufata icyemezo
cyo kumugira umugore we, nyuma y’urukundo rwabo rwamaze igihe kinini rukomeje
gukura.
Mu
magambo y’abari aho, ngo urwo rugendo rwabo rwagaragaraga nk’urw’abantu babiri
bumvikana neza kandi basobanukiwe aho bashaka kugana, aho byari byuzuyemo
ibyishimo, imbyino n’amarangamutima y’urukundo.
Ubu
bakaba binjiye ku mugaragaro mu rugendo rwo kwitegura ubukwe, aho abakunzi babo
bakomeje kubifuriza ishya n’ihirwe mu muryango mushya bagiye kubaka.
Mu
butumwa bwuje amarangamutima, B-Face aherutse kuvuga ko ibyo yari yarahoze
arota ubu byahindutse amasezerano y’urukundo agiye kubaho ubuziraherezo.
Yagize
ati: “Byari indoto none bibaye amasezerano. Byavuye mu kwibaza bihinduka
ubuziraherezo. Uyu munsi dutangiye urugendo rw’ibyiza turi kumwe. Inseko yawe
nziza, umutima wawe mwiza n’ibihe byiza twasangiye byose byarangiriye ku ijambo
rimwe wavuze: ‘Ego’. Reka dutangire urugendo rwacu uyu munsi. Ubukwe ni vuba.”
Nubwo ataratangaza itariki nyir’izina y’ubukwe, B-Face yahamije ko iminsi isigaye ari mike kugira ngo asezerane imbere y’amategeko n’imbere y’Imana n’umukunzi we Ada Nevine, bityo bagatangira ubuzima bushya bw’urugo.

Umuraperi B-Face yasohoye amafoto agaragaza ko yasabye anakwa umukunzi we

B-Face yakunze kuvuga ko yanyuranye muri byinshi n’umugore we, ibyatumye yiyemeza kubana nawe

B-Face n’umugore we bari kwitegura gukora ubukwe mu minsi iri imbere






