Mu
itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 18 Gicurasi 2026, INGO S.A yavuze ko
Mugisha Monica yakoze ingendo zitandukanye hanze y’igihugu atabanje
kubimenyesha cyangwa gusaba uburenganzira nk’uko amategeko agenga abitabiriye
irushanwa abiteganya.
Ubuyobozi
buvuga ko bwagerageje inshuro nyinshi kumusaba ibisobanuro n’inyandiko
zigaragaza impamvu z’izo ngendo, ariko ntibabona ibisubizo. Ibi ngo byafashwe
nko kurenga ku nshingano n’imyitwarire idahwitse ku muntu wahawe ikamba mu
irushanwa rikomeye.
Nyuma
y’icyo cyemezo, Mugisha Monica Celeste yambuwe burundu ikamba rya Miss
Popularity 2025 ndetse anabuzwa gukoresha iryo zina, ibirango by’irushanwa
cyangwa ibindi byose bifitanye isano na Miss Burundi, haba ku mbuga
nkoranyambaga, mu itangazamakuru cyangwa ahandi hose.
INGO
S.A yanatangaje ko umuntu wese uzakomeza gukoresha iryo kamba cyangwa ibiranga
irushanwa mu buryo bunyuranyije n’icyemezo cyafashwe ashobora gukurikiranwa
n’amategeko.
Ubuyobozi
bw’iri rushanwa bwavuze ko iki cyemezo kigamije kurinda isura n’icyubahiro cya
Miss Burundi, gushingira ku ndangagaciro zirimo kubahiriza amategeko,
inshingano n’ubunyamwuga bw’abahatana.
Iki
cyemezo cyakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko uwatsindiye
ikamba agomba kubahiriza amasezerano yose arigenga, mu gihe abandi basanga hakwiye
gusobanurwa neza impamvu z’izo ngendo zatumye afatirwa iki cyemezo gikomeye.
Kugeza
ubu, Mugisha Monica Celeste nta tangazo rirajya ahagaragara ku ruhande rwe
risubiza iki cyemezo.


Umurundikazi Mugisha Monica yambuwe ikamba, ashinjwa imyitwarire mibi
