U Burundi: Minisitiri yasanzwe mu modoka ye yapfuye

Inkuru zishyushye - 16/04/2026 9:14 AM
Share:

Umwanditsi:

U Burundi: Minisitiri yasanzwe mu modoka ye yapfuye

Minisitiri ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, Gabby Bugaga, yasanzwe yapfuye ari mu modoka ye mu gitondo cyo kuri wa Kane tariki ya 16 Mata 2026, mu gace ka Kivoga gaherereye mu nkengero z’umujyi wa Bujumbura.

Amakuru y’ibanze avuga ko yari ari wenyine muri iyo modoka, nta barinzi bari kumwe na we. Iyo modoka kandi igaragaraho ibimenyetso by’uko yagize impanuka. Gusa kugeza ubu, impamvu nyayo y’urupfu rwe ntiramenyekana.

Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma y’u Burundi, Jérôme Niyonzima, yemeje aya makuru, ariko abwira Iris News yo mu Burundi, ko hakwiye gutegerezwa itangazo rya Leta risobanura neza ibyabaye.

Nanone, amakuru yemejwe n’abashinzwe umutekano ndetse n’ab’iperereza bavuganye n’ibitangazamakuru mpuzamahanga, bavuga ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rwe.

Kugeza ubu, nta gisubizo kiraboneka ku cyaba cyamwishe. Nubwo hari amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko bishobora kuba byatewe n’impanuka yo mu muhanda, hari n’abandi bavuga ko hari ibindi bikiri mu iperereza.

Gabby Bugaga yari azwi cyane mu rwego rw’itangazamakuru n’itumanaho mu Burundi. Yakoze imirimo itandukanye irimo no kuba mu Nteko Ishinga Amategeko, no mu nzego zishinzwe gutegura amatora mu gihugu. Yanabaye umunyamakuru kuri Radio na Televiziyo y’igihugu ‘RTNB’.

Yari azwi kandi mu bikorwa byo gutunganya no gukwirakwiza amakuru ya Leta, ndetse no guteza imbere imikoranire hagati y’inzego za Leta n’itangazamakuru ryo mu gihugu no hanze yacyo.

Gabby Bugaga wari Minisitiri Ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi yitabye Imana

Gabby yasanzwe mu modoka ye yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2026



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...