U Buhinde: Leta ihanganye n'imyigaragambyo y'abakobwa banze kwiga batambaye Hijab

Hanze - 15/02/2022 10:40 AM
Share:

Umwanditsi:

U Buhinde: Leta ihanganye n'imyigaragambyo y'abakobwa banze kwiga batambaye Hijab

Mu bice bitandukanye bigize igihugu cy'u Buhinde, abakobwa n'abagore bakomeje imyigaragambyo babwira inzego z'ubuyobozi ko batazemera kubaho batambara umwambaro ukingiriza bimwe mu bice by'umubiri uzwi nka 'Hijab'.

Uyu mwambaro wambarwa akenshi n'abasengera mu idini ya Islam, wabujijwe na Leta zitandukanye mu bikorwa bihuza abantu benshi by'umwihariko mu gihe abanyeshuri bari kwigira hamwe. Abakobwa n'abagore banze icyemezo cya Leta, basakara mu mihanda bigaragambya.

Nyuma y’itegeko rya minisitiri w’intebe wa Karnataka, Basavaraj Bommai, amashuri makuru na Kaminuza zo muri iyo leta byafunzwe iminsi itatu mu rwego rwo gukumira imyigaragambyo ya Hijab yari yakajije umurego ku bigo by'amashuri.


Kuwa kane w'icyumweru gishize, urukiko rwisumbuye rwa leta ya Karnataka rwabujije abanyeshuri kwambara Hijab cyangwa indi myambaro iyo ari yo yose ifite aho ihuriye n'amadini ku mashuri makuru na za kaminuza.

Imbere y’urukiko rukuru, abunganira bakuru Sanjay Hegde na Devadatt Kamat bahagarariye abanyeshuri bo muri za kaminuza, barwanyije icyemezo cy’agateganyo  cyari cyafashwe n'urukiko cyemeza ko abanyeshuri baba bahagaritse kwambara Hijab mu gihe hatarafatwa indi myanzuro.

Kuri ubu, abakobwa n'abagore bari kwitabira amashuri bakaguma hanze y'ibigo kugeza amasaha yo gutaha ageze bagasubira mu rugo, mu rwego rwo kwereka leta ko bashaka kwiga ariko badafite gahunda yo gushyira hasi Hijab. 

Uyu mwambaro ukingiriza bimwe mu bice byo mu maso, ufatwa nk'uwicyubahiro kuri benshi bafite imyemerere ya Islam na Hindu. Abigaragambya bafite ibyapa byinshi byiganjemo ibyanditseho ngo 'Hijab ni uburenganzira bwacu'.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...