Amakuru
yamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Kamena 2026, avuga ko uyu muhanzi
yafatiwe n’ikibazo cy’uburwayi mu Mujyi wa Lille mu Bufaransa, aho yari amaze
iminsi ari mu rugendo rw’ibitaramo.
Bivugwa
ko nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by’uburwayi bukomeye, hahise hiyambazwa
imbangukiragutabara yamujyanye kwa muganga kugira ngo yitabweho byihuse.
Yajyanywe mu bitaro bya Hopital Saint Philibert, aho abaganga bahise batangira
kumwitaho.
Amashusho
yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Kirikou Akili ari kwinjizwa mu
modoka y’abatabazi mbere yo kujyanwa kwa muganga, ibintu byateye impungenge
abakunzi be n’abakurikiranira hafi ibikorwa bye.
Uyu
muhanzi yari aherutse gutaramira mu Bufaransa ku wa 6 Kamena 2026 mu gitaramo
cyitabiriwe n’abafana benshi, ndetse amakuru yakomeje gukwirakwira nyuma
y’umunsi umwe gusa avugaga ko ubuzima bwe bwahindutse mu buryo butunguranye.
Mu
gihe amakuru nyayo ku cyateye ubu burwayi ataratangazwa n’abaganga cyangwa abo
mu muryango we, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gucicikana amakuru avuga ko
yaba yarozwe. Icyakora, nta makuru yemejwe n’inzego zibifitiye ububasha
arashyigikira ibyo bivugwa.
Amakuru
ava hafi y’uyu muhanzi agaragaza ko nyuma yo guhabwa ubuvuzi bw’ibanze,
yatangiye kugarura agatege ku mugoroba w’uwo munsi nubwo yakomeje kuguma mu
bitaro kugira ngo abaganga bakomeze gukurikirana ubuzima bwe.
Inkuru
y’uburwayi bwa Kirikou Akili yakanguye imitima ya benshi mu bakunzi b’umuziki
w’i Burundi no hanze yabwo, aho benshi bakomeje kumwifuriza gukira vuba no
kongera gusubira mu bikorwa bye bya muzika.
Kugeza
ubu, ubuyobozi bwe cyangwa abo mu muryango we ntibaragira icyo batangaza ku
buryo burambuye ku kibazo cy’ubuzima bwe, mu gihe abakunzi be bakomeje
gutegereza amakuru mashya amwerekeyeho.

Kirikou Akili yafashwe n’uburwayi butunguranye bwatumye yihutanwa kwa muganga, ni mu gihe hari abavuga ko yahawe uburozi

Kirikou Akili yafashwe n'uburwayi nyuma yo gutamira mu gihugu cy'u Bufaransa, ku wa 6 Kamena 2026 mu gitaramo gikomeye
