Twizeye ko kizasiga impinduka mu mitima y’abantu - Alexis Dusabe ku gitaramo agiye gukorera mu Bubiligi

Iyobokamana - 27/03/2026 10:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Twizeye ko kizasiga impinduka mu mitima y’abantu - Alexis Dusabe ku gitaramo agiye gukorera mu Bubiligi

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Alex Dusabe, yatangaje ko yiteze umusaruro ukomeye mu gitaramo cye cya mbere agiye gukorera ku mugabane w’u Burayi, aho yizeye ko kizagira uruhare rukomeye mu guhindura ubuzima bw’abazacyitabira.

Iki gitaramo giteganyijwe ku wa 4 Mata 2026 i Bruxelles mu Bubiligi, kiri mu ruhererekane rw’ibitaramo yise “Umuyoboro 25 Europe Concert”, bigamije kwegera abakunzi b’umuziki we batuye i Burayi no kubasangiza ubutumwa bwo kuramya Imana mu buryo bwihariye.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Alexis Dusabe yavuze ko iki gitaramo atari igitaramo gisanzwe cyo kuririmba gusa, ahubwo ari urugendo rw’umwuka rugamije gusubiza abantu ku Mana.

Yagize ati: “Iki si igitaramo gisanzwe. Ni urugendo rw’umwuka rugamije gusubiza abantu ku ‘akatanga ka mbere’. Turifuza ko umuntu wese uzaza azahura n’Imana mu buryo bwimbitse.”

Yongeyeho ko intego nyamukuru ari uko abazitabira bazava aho bari bafite amahoro n’umunezero mu mutima, ndetse bakiyumva begereye Imana kurushaho.

Dusabe yasobanuye ko bahisemo gukorera iki gitaramo i Bruxelles bitewe n’umubare munini w’Abanyarwanda n’Abarundi baba i Burayi, bafite inyota y’ibikorwa by’umwuka nk’ibi.

Ati: “Hari Abanyarwanda n’inshuti zabo bafite inyota y’umwuka, ariko amahirwe yo kubona ibitaramo nk’ibi ntaba menshi. Twabonye ari byiza kubegera.”

Abazitabira iki gitaramo bazahabwa umwanya uhagije wo kuramya no guhimbaza Imana mu buryo buhoraho, aho indirimbo zizajya zikurikirana zituma abantu binjira mu mwuka wo kwihana, kwakira ubuntu bw’Imana no kubona ihumure.

Ni igitaramo kandi kizaba kirimo amarangamutima menshi, kigamije gufasha abantu kongera kwiyumva mu rukundo rw’Imana.

Mu rwego rwo kurushaho kongera uburemere bw’iki gitaramo, Alexis Dusabe azahurira ku rubyiniro n’abandi bahanzi barimo René Patrick, Tracy ndetse n’abandi bakorera i Burayi.

Ibi biteganyijwe gutuma igitaramo kiba kinini kurushaho, kikagira n’icyanga cyihariye gihuza abahanzi batandukanye mu murimo umwe wo kuramya Imana.

Amatike y’iki gitaramo yamaze kugera hanze, aho abifuza kuyagura basabwa kureba amakuru ari ku byapa byamamaza (affiche) byashyizwe ahagaragara.

Alexis Dusabe yashishikarije abazitabira kuza biteguye kwakira impinduka mu buzima bwabo, ati “Muze mwiteguye guhura n’Imana. Ntibizaba igitaramo gusa, bizaba igihe cyo kwakira ubugingo bushya.”

Uyu muhanzi asoza agaragaza icyizere gikomeye ku musaruro w’iki gitaramo, aho yemeza ko kizagira ingaruka nziza ku mitima y’abazacyitabira.

Ati: “Twizeye ko kizasiga impinduka mu mitima y’abantu. Hari abazongera kwizera, abandi bagasubira ku rukundo rwa mbere, bose bagasubira mu buzima bwuzuye ibyishimo n’ihumure.”

Iki gitaramo kizabera i Bruxelles ku Rue Birmingham 54, 1080 Bruxelles, ku wa 4 Mata 2026 guhera saa kumi n’igice z’umugoroba (16h30), kikaba gitegerejwe n’abatari bake mu batuye i Burayi bakunda umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana. 

Alexis Dusabe yatangaje ko igitaramo cye cya mbere i Burayi giteganyijwe ku wa 4 Mata 2026 i Bruxelles, yizeye ko kizahindura imitima y’abazacyitabira


Mu gitaramo cye “Umuyoboro 25 Europe Concert”, Alexis Dusabe yavuze ko atari ukwishimisha gusa, ahubwo ari urugendo rw’umwuka rugamije gusubiza abantu ku Mana

Alexis Dusabe agiye guhurira ku rubyiniro n’abandi bahanzi barimo René Patrick na Tracy mu gitaramo kizabera i Bruxelles, cyitezweho gusiga impinduka mu mitima y’abantu

Alexis Dusabe yavuze ko abazitabira “Umuyoboro 25 Europe Concert” bazahabwa umwanya wo kuramya, ugamije kubinjiza mu mwuka wo kuramya no kwakira ubuntu bw’Imana 

Alex Dusabe arateganya kwagura ibikorwa bye i Burayi, aho yatangiriye i Bruxelles mu gitaramo cyitezweho guhuza Abanyarwanda n’inshuti zabo mu bihe by’umwuka

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ZINYURANYE ZA ALEXIS DUSABE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...