Twiyemeje kuba ubuhamya bw'urukundo rufite intego – Chryso Ndasingwa ku mubano we na Sharon bitegura kurushinga

Iyobokamana - 28/07/2025 12:35 PM
Share:

Umwanditsi:

Twiyemeje kuba ubuhamya bw'urukundo rufite intego – Chryso Ndasingwa ku mubano we na Sharon bitegura kurushinga

Kuva aho umuramyi Chryso Ndasingwa atangarije ko agiye kurushinga na Sharon Gatete, ntibahwema kubwirana amagambo meza aryoheye amatwi, bifashishije imbuga nkoranyamabaga, aho bakomeje kwereka ababakurikira ko badahujwe n’amarangamutima gusa ahubwo bahujwe n’umuhamagaro kuko basangiye inzozi n’icyerekezo.

Abinyujije kuri paji ye ya Instagram, Chryso Ndasingwa yongeye gutaka umukunzi we, agaragaza ko anyuzwe n'urwo bakundana ndetse yongera gushimangira ko Imana ijya kubahuza yari ibafiteho umugambi uhambaye.

Mu butumwa burebure bwuje urukundo, uyu muramyi yagize ati: "Buri munsi tumarana uba wuzuyemo imigisha, akanyamuneza, n’icyizere cy’ejo hazaza. Buri munsi njyenda mbona ko kuba hamwe na Sharon atari ibintu bisanzwe ni nk’impano y’agaciro ntasiba gushimira Imana. Umunsi twahuriyeho ni nk’inkomoko y’ibintu byinshi byiza biri kubera mu buzima bwacu."

Ati: "Iyo turi kumwe, tuganira, dusenga, dusetsa, rimwe na rimwe tugatuza, ariko umutima wacu ukavugana mu buryo bwihariye. Sharon ahora afite amagambo ahumuriza, akantera imbaraga, akanyibutsa uwo ndi we muri Christo no mu nzozi z’ubuzima."

Yakomeje avuga ko iminsi yose bamarana baba bari gutegura ibiri imbere, bubaka, bategura ubukwe bwabo, bategura indirimbo, ndetse bandika inkuru y’urukundo rwabo izaba umugisha ku bandi. Ati: "Ntituri kumwe gusa kubera amarangamutima, ahubwo turi kumwe ku bw’umuhamagaro, ku bw’icyerekezo, no ku bw’urukundo rudashingiye ku by’isi ahubwo rushingiye kuri Kristo."

Chryso yashimangiye ko Sharon ari inshuti ye, uwo baterana inkunga, uwo basangira inzozi no gusenga ku manywa na nijoro, avuga ko ari umuntu utuma yumva ko atagomba kwitinya, ahubwo agomba gukomeza gutera intambwe. Ati: "Niwe twiyemeje kuba hamwe, gushima Imana, gukorera abandi, no kuba ubuhamya bw’urukundo rufite intego."

Yavuze ko iteka iyo ari kumwe na Sharon, aribwo yumva ari ahantu heza, aho Kristo yashyize umutima we kugira ngo ube mu mahoro. Mu gusoza ubu butumwa, yashimiye abantu bose bakomeje kubasengera, babatera inkunga mu buryo butandukanye. Ati: "Urukundo rwacu si inkuru gusa, ni igitambo gihoraho cyo kubaha Christo, gukundana, no gufasha abandi."

Chryso Ndasingwa aherutse kubwira InyaRwanda ko hari icyerekezo gishya bafite nk’umugabo n’umugore bagiye kubana, aho bakomeje kubisengera, kandi bizeza abantu ko hari umurongo mushya w’indirimbo zuzuye ububyutse n’urukundo rw’Imana bazagarukaho.

Yavuze ko bazashingira ku cyo Imana izababwira, kandi ko nibahitamo gukora umuziki nk’itsinda, bazatangaza izina bazajya bakoresha. Ati: “Turimo kubisengera, izina n’ibindi bizatangazwa mu gihe gikwiye. Gusa icyo twizeza abantu ni umurongo mushya w’indirimbo zuzuye ububyutse n’urukundo rw’Imana.”

Aba bombi baritegura gukora ubukwe ku wa 22 Ugushyingo 2025, nyuma yo kwerekanwa ku mugaragaro nk’abategura kurushinga, ku wa 29 Kamena 2025, mu rusengero rwa New Life Bible Church ku Kicukiro. Ni umwanya w’ingenzi wabaye nk’ugira bimwe usobanura ku mushinga mushya bashobora gutangira nk’umuryango usangiye umurimo.

Urukundo rwabo rwatangiye kurushaho kugarukwaho cyane ubwo Chryso yiteguraga igitaramo cye cya Easter Experience cyabereye muri Intare Conference Arena i Rusororo muri Mata 2025, aho benshi batangiye kubabonana cyane no gusangiza ubutumwa bujyanye n’ukwemera n’urukundo.

Ubukwe bwabo buteganyijwe mu mpera z’umwaka buzaba umwe mu myiteguro ikomeye cyane mu ruganda rwa Gospel nyarwanda, aho benshi biteze ko buzaba ari igikorwa kigaragaza urukundo rurambye rwaranzwe n’ukwizera n’icyerekezo.

Chryso Ndasingwa yongeye guhamiriza abantu urwo akunda Sharon Gatete

Yavuze ko urukundo rwabo rurenze amarangamutima gusa ahubwo bahuje umuhamagaro n'icyerekezo

Chryso na Sharon baritegura kurushinga mu mpera z'umwaka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...