Aba
basore bavuga ko nubwo The Governors yashinzwe mu 2021, batangiye gukora
umuziki mu buryo bwa kinyamwuga mu 2023, nyuma yo kongera guhura no gufata
umwanzuro wo gukomeza urugendo rw’umuziki bari baratangiye bakiri bato.
Amateka
ya The Governors ashingiye ku bucuti n’urukundo aba basore bafitiye umuziki
kuva bakiri abanyeshuri.
Bba
na Mr Ouwowo bahuriye mu mashuri yisumbuye, aho bombi bakundaga umuziki ndetse
bakanabyina. Icyo gihe bari mu itsinda ry’abanyeshuri bane ryitwaga The Young
Guns, bakoreraga umuziki n’imyidagaduro ku ishuri bigagaho.
Nyuma
yo kurangiza amashuri, abanyamuryango b’itsinda batandukanye kubera gahunda
zitandukanye z’ubuzima n’amasomo. Babiri muri bo bahisemo kureka umuziki
bakurikira ibindi bikorwa, ariko Bba na Mr Ouwowo bo bahisemo gukomeza inzozi
bari baratangiye bafite.
Ni
bwo bicaye batekereza ku izina rishya ry’itsinda, maze bahitamo kwitwa The
Governors.
Iri
zina ntiryatoranyijwe ku bw’impamvu isanzwe, kuko aba basore bavuga ko rifite
aho rihuriye n’intego bafite mu muziki.
Bifuza
kuba mu bahanzi bazagira uruhare mu kuyobora no guhindura isura y’umuziki, ari
na byo byatumye bahisemo izina risobanuye abantu bafite ubushake bwo kuyobora.
Kuva
icyo gihe, batangiye gukora badacika intege, bafite icyerekezo cyo kuzamura
izina ryabo mu Rwanda no hanze yarwo.
Afrobeat,
Afro-fusion na Lumba mu muziki wabo
The
Governors bakora cyane cyane umuziki usanzwe, uzwi nka Secular Music,
bakawukoramo injyana zitandukanye zirimo Afrobeat, Afro-fusion na Lumba, ndetse
rimwe na rimwe bakifashisha Hip Hop.
Aba
basore bavuga ko badashaka kwishyira mu njyana imwe gusa, ahubwo ko bifuza
gukora umuziki ushobora kugera ku bantu bafite uburyo butandukanye bwo kuwumva
no kuwishimira.
Kugeza
ubu, The Governors bafite indirimbo 11 n’indirimbo imwe basubiyemo, muri zo
zimwe zamaze kumenyekana harimo Andi Mahirwe bakoranye na Juuru, Dopamine
bakoranye na Walicy Jayna, ndetse n’indirimbo yabo nshya Tonight.
‘Tonight’ ni
indirimbo y’urukundo
Mu
minsi ishize, The Governors bashyize hanze indirimbo nshya bise ‘Tonight’.
Iyi
ndirimbo yubakiye ku rukundo, aho igenewe umuntu ushaka kuririmbira uwo akunda
cyangwa kumutera akanyamuneza binyuze mu muziki n’imbyino.
The
Governors bavuga ko Tonight atari indirimbo yo kumva gusa, ahubwo ko ifite
injyana ibereye no kubyinwa, ku buryo bayihaye abakunzi babo nk’umwe mu
mishinga mishya bagiye gukoresha mu kwagura izina ry’itsinda.
Mu
rugendo rwabo kugeza ubu, The Governors bamaze gukorana n’aba Producer
batandukanye, barimo Jimmy Pro, Lil Touch, Santana Sauce, Mok Vybes na Bob Pro,
mu gihe bavuga ko bateganya gukomeza gukorana n’abandi bakora umuziki bo mu
Rwanda ndetse no hanze yarwo.
Aba
basore bavuga ko gukorana n’abantu batandukanye mu muziki ari kimwe mu
bibafasha gukura no kubona uburyo bushya bwo gukora indirimbo.
Inzozi zabo ni
ukugera kure
Intego
nyamukuru ya The Governors ni ukuzamura izina ryabo mu ruhando rwa muzika,
bahereye mu Rwanda bakagera ku rwego mpuzamahanga.
Bavuga
ko bifuza gukora cyane, bagatanga ibihangano byiza kandi bikagira uruhare mu
kongera imbaraga mu muziki nyarwanda.
Ni
urugendo bavuga ko ruzasaba kwihangana, guhanga udushya no gukomeza kuba hafi
y’abakunzi babo.
Kugeza
ubu, aba basore baracyikorera ibikorwa byabo ubwabo, kuko nta muyobozi wihariye
bafite ubahagarariye.
Ni
yo mpamvu banifuza ko umuntu ufite ubushake n’ubushobozi bwo kubafasha mu
bijyanye n’imicungire y’umuziki yazegera bakaganira ku buryo yakorana na bo.
Basabye abakunzi
babo kubaba hafi
The
Governors basaba abakunzi babo gukomeza kubaba hafi, atari mu kumva no gusakaza
indirimbo zabo gusa, ahubwo no kubaha ibitekerezo n’inama byabafasha gukomeza
gutera imbere.
Bavuga
ko inkunga y’abakunzi ari ingenzi cyane ku bahanzi bakiri kubaka izina, kuko
ibihangano bigera kure iyo abafana babigize ibyabo bakabifasha kubisangiza
abandi.
Kuri
Bba na Mr Ouwowo, urugendo rwa The Governors ni urw’inzozi batangiye bafite
bakiri bato, ariko ubu bakaba barufata nk’umushinga w’igihe kirekire.
Bashaka
ko izina The Governors ritaba iry’itsinda ry’abahanzi babiri gusa, ahubwo
rikaba izina rizwi mu muziki nyarwanda no ku rwego mpuzamahanga.
Ni
yo mpamvu ubutumwa bwabo bw’ingenzi ari bumwe: gukora cyane, gukora ibidasanzwe
no guharanira ko umuziki wabo ugira aho ugera.

The Governors ni itsinda rigizwe na Bba na Mr Ouwowo, ryatangiye mu 2021 ariko ritangira gukora umuziki kinyamwuga mu 2023, rifite intego yo kubaka izina rikomeye mu Rwanda no hanze yarwo

Kuva bakiri abanyeshuri bari basangiye inzozi z’umuziki, Bba na Mr Ouwowo ubu barayoboye mu izina rya The Governors, aho biyemeje gukora ibidasanzwe no kuzamura urwego rw’umuziki nyarwanda

The Governors bamaze kugira indirimbo 11 na cover song imwe, bakorana n’abaproducer batandukanye, mu gihe indirimbo zabo nka Andi Mahirwe, Dopamine na Tonight zikomeje kubafasha kumenyekanisha izina ryabo

Bba
na Mr Ouwowo bafite icyerekezo cyo kuva ku rwego rwo gutangira bakagera ku
ruhando mpuzamahanga, basaba abakunzi gukomeza kubaba hafi no gushyigikira
umuziki wabo.
