Twavuze Yesu turishima! Amarangamutima ya Rwibutso Emma wizihiye abitabiriye igitaramo cya Jesca Mucyowera

Iyobokamana - 03/11/2025 1:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Twavuze Yesu turishima! Amarangamutima ya Rwibutso Emma wizihiye abitabiriye igitaramo cya Jesca Mucyowera

Umuhanzi mushya w’impano idasanzwe, wo kwitega mu minsi iri imbere, ufite ubuhanga buhambaye mu miririmbire ye n’imyandikire ye, Rwibutso Emma, yanyuzwe no gutaramira mu gitaramo “Restoring Worship Xperience” anafata amashusho y’indirimbo eshatu zitezweho gukora umurimo uhambaye mu gihe kiri imbere.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru kigaruka ku myiteguro y’igitaramo cye “Restoring Worship Xperience”, Mucyowera Jesca yavuze ko nta bahanzi baririmba ku giti cyabo yatumiye ariko hari agaseke ahishiye abazitabira igitaramo cye kandi ko kazaba kadasanzwe.

Mbere gato y’uko igitaramo kiba, Jesca Mucyowera yahishuye ko agaseke kari ak’umusore w’impano idasanzwe mu kuririmba, Rwibutso Emma ufite umwihariko wo kwigarurira umutima wa buri wese wumvishe indirimbo ye.

Uyu musore w’impano idasanzwe yari ategerejwe na benshi muri iki gitaramo aho n’utari wamwumva yifuzaga kumva ubuhanga bw’uyu musore akaba ari n awe muhanzi rukumbi wafatanyije na Jesca Mucyowera muri iki gitaramo.

Ntabwo byatinze kugera ku rubyiniro ngo ahite yigarurira imitima y’abitabiriye iki gitaramo kuko mu ndirimbo ze eshatu yaririmbye anafatira amashusho, buri imwe yajyaga kurangira imeze nk’aho isanzwe izwi buri wese arimo aririmba ajyana nawe. Izo ndirimbo yaririmbye ndetse anafatira amashusho ni "Nyigiza imbere", "Niwe gitambo" na "Ndi Mubashima".

Rwibutso Emma ni umuramyi ukomeje gutungurana cyane, imiririmbire ye n'uburyo yitegura igitaramo bikaba bishimangira ko ari uwo guhangwa amaso mu muziki wa Gospel. Mu gitaramo cya Jesca, uyu musore yari agaragiwe n'itsinda ry'abantu barenga 10 barimo abaririmbyi b'intyoza mu muziki wa Gospel n'abacuranzi bakomeye, ibintu bigaragaza ko 'umunyamuziki byahamye'.

Nyuma yo gutaramira muri iki gitaramo “Restoring Worship Xperience”, Rwibutso Emma yabwiye InyaRwanda ko yishimiye uko byagenze ndetse ko aho yari imbere yanyuzaga amaso mu bitabiriye akabona bafashijwe. Ati “Igitaramo cyagenze neza abantu bari bishimye kandi nanjye nishimiye kongera gutaramira abantu tuvuga Yesu.”

Uyu musore wakuyeho impaka mbere y’uko ziba, akanyura imitima ya benshi, avuga ko Bosco Nshuti ari umwe mu bamufashije kubyaza umusaruro impano ye yo kuririmba dore ko ari we wamufashije kuririmbira bwa mbere imbere y'imbaga ubwo yamutumiraga mu gitaramo cye "Unconditional Love - Season 2" cyabaye ku wa 13 Nyakanga 2025.

Yagize ati: “Ni intambwe nziza kuko Bosco Nshuti ni umuhanzi mwiza ufite impano y’Imana kandi ubutumwa atanga nawe yibanda cyane ku kubwira abantu urukundo rw’Imana n’agakiza twahawe k’ubuntu.”

Kuririmba mu gitaramo cya Jesca Mucyowera, byafashije Rwibutso Emma gukomeza kwandika amateka mu muziki wa Gospel aho yabaye umuhanzi wa mbere mushya uririmbye mu bitaramo bibiri bikomeye yikurikiranya dore ko hari hashize amezi atatu amuritswe ku mugaragaro na Bosco Nshuti, akaririmba bwa mbere imbere y'imbaga.

Rwibutso Emma usengera mu Itorero rya ADEPR, akunzwe mu indirimbo zirimo "Amazi meza", "Arasa n'Imana" na "Ubwiza wihariye". Mu minsi micye ishize ni bwo yashyize hanze indirimbo nshya y'amashusho "Rukundo" yakoranye na Bosco Nshuti.

Rwibutso Emma yari agaragiwe n'abaririmbyi b'intyoza mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana

Rwibutso Emma yataramye mu gitaramo "Restoring Worship Xperience" cya Jesca Mucyowera

Rwibutso Emma yishimiye uko abantu bamwakiranye yombi mu gitaramo cya Jesca Mucyowera

Jesca Mucyower watumiye Emma Rwibutso muri "Restoring Worship Xperience" yamuritse album ebyiri muri iki gitaramo

REBA INDIRIMBO "RUKUNDO" YA RWIBUTSO EMMA FT BOSCO NSHUTI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...