Iki gitaramo kizabera muri Kigali
Universe ku wa Gatandatu, tariki 9 Gicurasi 2026, kikaba kigamije kwibuka
ubuzima n’umurage by’uyu muhanzi wavukiye muri Jamaica, witabye Imana ku wa 11
Gicurasi 1981.
Bob Marley yasize amateka akomeye
mu muziki w’isi binyuze mu ndirimbo ze zakomeje kurenga ibisekuru.
Indirimbo nka No Woman No Cry, One
Love, Buffalo Soldier, Redemption Song, Three Little Birds na Is This Love
zatumye akundwa ku migabane yose, zikaba zifatwa nk’ubutumwa burenga umuziki
bugera ku muryango w’abantu batandukanye.
Mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda, Mighty Popo, usanzwe ari n’Umuyobozi w’Ishuri rya Muzika rya
Nyundo, yavuze ko igitekerezo cy’iki gitaramo gishingiye ku gaciro Bob Marley
yagize mu kumenyekanisha Afurika no kuyihuza n’isi binyuze mu buhanzi bwe.
Yagize ati: “Gutegura ibitaramo byo
kwibuka Bob Marley hari igihe byabaga bikorwa mu buryo butandukanye, ariko
nasanze ari byiza ko natwe twagira igitaramo gihuriweho. Bob Marley ni umuntu
w’ingenzi cyane, kuko nkatwe twakuze indirimbo ze zitwubaka kuba abagabo,
zitwigisha kumenya Afurika icyo ari cyo no gusobanukirwa umuco.”
Yakomeje agaragaza ko indirimbo za
Bob Marley zitari izo kwidagadura gusa, ahubwo zari n’uburyo bwo gutanga
ubutumwa ku bumwe, amahoro n’ikirere gishya cya Afurika n’isi muri rusange.
Bob Marley afatwa nk’umwe mu
bahanzi bagize uruhare rukomeye mu gukwirakwiza umuco wa Reggae ku isi yose. Mu
mirimo ye ya muzika, yagaragaje Afurika nk’inkomoko y’umuco, uburenganzira bwa
muntu, n’ubumwe bw’abirabura hirya no hino ku isi.
Binyuze mu ndirimbo ze, Marley
yatumye benshi batangira gusobanukirwa amateka ya Afurika, kurwanya akarengane
ndetse n’icyerekezo cy’ubumwe n’amahoro.
Ubutumwa bwe bwakomeje kuba ingenzi
no mu buzima bw’ubu, aho indirimbo ze zigifite ingufu mu bitaramo, mu bikorwa
by’imyidagaduro ndetse no mu biganiro by’imibereho y’abantu.
Iki gitaramo cyiswe igitaramo cyo
kwibuka Bob Marley kizahuza abahanzi ba Reggae bo mu Rwanda n’abakunzi b’uyu
muziki, kikaba gitegerejwe nk’umwanya wo kongera gusubiza amaso inyuma ku
murage w’uyu muhanzi wubatse amateka atazibagirana.

Yahinduye Reggae isomo ry’ubuzima: Bob Marley si umuhanzi gusa, ni ubutumwa buhoraho. ‘No Woman No Cry, One Love’… amagambo yahindutse umurage w’Isi yose

Mighty Popo ahuza ubuhanzi n’uburezi, akibutsa Isi impamvu Bob Marley agikenewe kwibukwa

“Bob Marley Tribute Show" igitaramo kigiye guhuriza
hamwe abahanzi ba Reggae mu rwego rwo kwibuka Bob Marley
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MIGHTY POPO
