Twamburiwe nzira nyuma yo kuririmba - Senderi asubiza ku byo Bruce Melodie yatangarije muri Gen-Z Comedy

Imyidagaduro - 15/09/2026 8:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Twamburiwe nzira nyuma yo kuririmba - Senderi asubiza ku byo Bruce Melodie yatangarije muri Gen-Z Comedy

Umuhanzi Senderi Hit uzwiho gukora indirimbo ziganisha ku burere mboneragihugu, yasobanuye iby’amafaranga Bruce Melodie yavuze ko amufitiye, avuga ko nta mwenda w’amafaranga afitiye uyu muhanzi kuko ikiraka bahuriyeho bombi cyarangiye batishyuwe.


Ibi bije nyuma y’uko Bruce Melodie agarutse ku mubano we na Senderi Hit ubwo yari mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye i Kigali ku wa 10 Nzeri 2026.

Muri icyo gitaramo, Bruce Melodie yumvikanishije ko Senderi ari inshuti ye, ariko avuga ko hari amafaranga uyu muhanzi amufitiye, ashingiye ku kazi bahuriyemo mu gihe cyashize.

Bruce Melodie kandi yavuze ku ndirimbo ‘Convention Center’ yahuriyemo na Senderi Hit, agaragaza ko iyi ndirimbo yari iye ariko ko yaje kurangira Senderi ayegukanye mu buryo atumva neza.

Aya magambo ni yo Senderi Hit yahisemo gusubiza, asobanura uko we abona ibintu byagenze ndetse n’ukuri ku bijyanye n’indirimbo n’amafaranga yavuzwe.

Senderi avuga ko yubaha Bruce Melodie ariko ibyo yavuze ku mwenda atari byo

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Senderi Hit yabanje gushimangira ko Bruce Melodie ari umuhanzi yubaha cyane, avuga ko ari umwe mu bahanzi bamaze igihe baziranye kandi baruhanye mu rugendo rw’umuziki.

Yavuze ati: “Bruce Melodie nzi neza ko ari imfura 100%. Ni imfura, mwagenda nkagusiga ni imfura, mwasangira no mu byabonetse ntagucure. Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi twaruhanye muri uyu mujyi, tunamba ku bupfura n’ubunyangamugayo by’ubuhanzi. Ndamwemera, ndamwubaha no hirya y’umuziki mu buzima busanzwe n’ishumi.”

Senderi ariko yahise atandukanya uwo mubano n’ibyo Bruce Melodie yatangaje kuri Gen-z Comedy, avuga ko hari ibyo yumva bidahura n’ukuri ku byabaye.

Ku bijyanye n’indirimbo ‘Convention Center’, Senderi Hit yavuze ko uburyo Bruce Melodie yayivuzeho muri Gen-z Comedy butandukanye n’uko ibintu byagenze.

Yasobanuye ko iyi ndirimbo yakozwe na nyakwigendera Junior Multisystem, ndetse ko ari we wayishyuye, nyuma akayohereza Bruce Melodie kugira ngo bayikorere hamwe.

Ati: “Naho ku byo Bruce Melodie yavuze muri Gen-z Comedy si byo. Fata umwanya wumve iyo ndirimbo twakoranye, uyisoze uburyo twemeranyije bwo kuyiririmbamo n’ubwo twayishojemo uyihe n’abakunzi bacu.”

Akomeza ati “Yakozwe na nyakwigendera Junior Multisystem, kandi ni njye wayishyuye. Nyuma nyoherereza Bruce Melodie nk’indirimbo yanjye ariko twafatanyije kwandika. Namushimiye uburyo twafatanyije.”

Senderi yashimangiye uruhare rwa Bruce Melodie muri iyi ndirimbo rwabayeho, cyane cyane mu kuyandikamo, ariko ko we yari afite uruhare mu gutangiza no gutegura umushinga w’indirimbo ndetse akaba ari na we wishyuye uwakoze indirimbo.

‘Baratwambuye nyuma yo kuririmba’ - Senderi ahakana ko afitiye Bruce Melodie amafaranga

Ku ngingo y’amafaranga Bruce Melodie yavuze ko Senderi Hit amufitiye, Senderi yavuze ko ibyo atari ukuri.

Yasobanuye ko amafaranga yavugwaga ataturutse ku mwenda bwite hagati yabo, ahubwo ko bombi bari bafitanye ikiraka cy’igitaramo cyaje kurangira nta n’umwe uhawe amafaranga.

Ati: “Naho ku bijyanye n’amafaranga yavuze ko mufitiye si byo. N’uko yazimije, ni ahantu twatse akazi njye nawe ariko ari njye wagiye gusaba ikiraka, barangije baratwambura.”

Senderi avuga ko kuba icyo kiraka cyararangiye batishyuwe ari byo bituma atumva impamvu amafaranga y’icyo gikorwa yashyirwa ku mwenda bwite we afitiye Bruce Melodie.

Bruce Melodie ahora abyibutsa mu buryo bwo gutebya

Nubwo Senderi ahakana ko afitiye Bruce Melodie amafaranga, yavuze ko uyu muhanzi akunze kumwibutsa ayo mafaranga mu buryo bwo gutebya igihe bahuye. Ati: “Kenshi iyo duhuye aratebya akambwira ati ‘umfitiye amafaranga’.”

Ibi Senderi abifata nk’uburyo bwo gutebya hagati y’abahanzi baziranye, ariko akomeza gushimangira ko ku by’ukuri kw’amafaranga, nta mwenda bwite avuga ko afitiye Bruce Melodie.

Ku ruhande rwa Senderi, ikibazo cy’ayo mafaranga gishingiye ku kiraka bombi bakoze ariko amafaranga ntahabwe uwari we wese wagikoze, mu gihe Bruce Melodie we yari yagaragaje ko Senderi amufitiye amafaranga.

Ibi kandi byongeye gutuma Senderi asobanura uruhare rwa buri umwe mu ndirimbo ‘Convention Center’, avuga ko nubwo Bruce Melodie yayigiramo uruhare mu kwandika, ari we watanze amafaranga yo gukorwa kwayo ndetse akayimwoherereza kugira ngo bakorane.


Senderi Hit yavuze ko nta mafaranga afitiye Bruce Melodie, asobanura ko ikiraka bahuriyeho bombi cyarangiye batishyuwe, bityo ko ibyo uyu muhanzi yatangaje muri Gen-Z Comedy bidahuye n’ibyabaye

Senderi Hit yavuze ko yubaha cyane Bruce Melodie, amushimira ubupfura n’ubunyangamugayo yamubonanye mu rugendo rwabo rw’umuziki


Bruce Melodie yavuze ko Senderi Hit ari inshuti ye, ariko ko ahora azirikana amafaranga uyu muhanzi amufitiye nyuma y’ikiraka bahuriyemo, anavuga ko indirimbo ‘Convention Center’ yari iye ariko Senderi akaza kuyegukana

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘CONVENTION CENTER’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...