Ambassadors of Christ Choir ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, iri mu
myiteguro yo kwizihiza imyaka 30 imaze ishinzwe, aho izabikorera mu gitaramo
gikomeye kizabera muri BK Arena ku wa 30 Kanama 2026.
Iki
gitaramo gifite insanganyamatsiko igira iti “Imana ni yo yanditse amateka yacu”
(God Painted Our Story), kikaba ari umwanya wo gushimira Imana ku rugendo iyi
korali imazemo imyaka itatu y’icumi, ndetse no kwibuka ibihe bitandukanye
yanyuzemo.
Mbere
y’iki gitaramo, Ambassadors of Christ yagiye ikora ibikorwa bitandukanye birimo
gutera ibiti mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo, gusura urubyiruko
rugororerwa mu bigo ngororamuco bya Iwawa na Gitagata ndetse n’ibindi bikorwa
bigamije gutanga umusanzu mu muryango nyarwanda.
Urugendo
rwatangiriye ku ndirimbo zihimbaza Imana
Ambassadors
of Christ yatangiye ibikorwa byayo by'ivugabutumwa mu 1995, igamije gukoresha impano yo
kuririmba mu kwamamaza ubutumwa bwiza no gukomeza abakirisitu.
Mu
myaka yakurikiyeho, yagiye imenyekana cyane mu Rwanda no hanze yarwo
binyuze mu ndirimbo zayo zagiye zikora ku mitima ya benshi, zirimo izibanda ku
kwizera Imana, gukomera mu bihe bikomeye no gukunda igihugu.
Yagiye
kandi ikora ibitaramo bikomeye mu Rwanda ndetse no mu mahanga, ikomeza kwagura
umubare w’abakurikira ubutumwa bwayo.
Ku
bantu benshi banyuze muri iyi korali, Ambassadors of Christ ntibayibona
nk’itsinda ryo kuririmba gusa, ahubwo bayifata nk’ahantu habereye ishuri
ry’ubuzima, aho benshi bahakuye uburere, inshuti ndetse n’ubumenyi bwabafashije
mu buzima busanzwe.
Manzi
Nelson uri mu bayobozi ba Korali Ambassador of Christ, yabwiye InyaRwanda ko
imyaka 30 ishize yabaye urugendo rudasanzwe rwuzuyemo amasomo menshi, aho Imana
yababereye umusingi mu bihe byose.
Yagize
ati: “Ni imyaka yaranzwe n’ivugabutumwa. Kuva korali yatangira mu 1995, urumva
ko tugiye gukora iki gitaramo mu mwaka wa 31, ariko turizihiza imyaka 30 bitewe
n’uko twatangiye urugendo rwo kwizihiza iyi myaka kuva umwaka ushize
Yakomeje
avuga ko uru rugendo rwabayemo ibihe byiza ndetse n’ibigeragezo, ariko ko ibyo
byose byabafashije gukomera no gukomeza umurimo bari biyemeje.
Ati:
“Urwo rugendo rwabayemo ibintu byinshi byiza, habayemo ndetse n’ibibi byinshi,
ariko Imana yabanye natwe, iradukomeza, iduha imbaraga. Aho umwanzi yibwiraga
ko twacika intege, ahubwo nibwo twakomeraga kurushaho, ikikorera umurimo.”
Yongeraho
ati: “Yego ni ivugabutumwa, ariko ni n’umuryango. Twakuze mu buryo bwose,
twakuze mu buryo bwa mwuka ndetse no tunakura mu buryo bw’umuryango.
Igitaramo
cyo kwizihiza imyaka 30 ya Ambassadors of Christ gitegerejwe kuba kimwe mu
birori bikomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda muri uyu mwaka.
Amatike
yatangiye kugurishwa kuva ku wa 5 Kamena 2026, aboneka kuri Ticqet cyangwa
ukoresheje 5131*1#. Igiciro cy’itike gito ni amafaranga 5,000 Frw, mu gihe
irihenze ari 50,000 Frw.
Ku myaka 30 ishize, Ambassadors of Christ ivuga ko amateka yayo atanditswe n’umuziki gusa, ahubwo ko ari urugendo rw’abantu benshi bahuriye ku ntego imwe yo gukoresha impano zabo mu kwamamaza ubutumwa bw’Imana no gukomeza imitima ya benshi.

Korali ‘Ambassadors of Christ’ yatangaje ko imyaka 30 ishize babonye izuba bagutse mu rugendo rw’ivugabutumwa

Mu rwego rwo kwitegura igitaramo cyabo, ‘Ambassadors of Christ’ yataramiye abitabiriye igitaramo cya Gen-z Comedy

Korali ‘Ambassadors of Christ’ izataramira abakunzi bayo tariki 30 Kanama 2026 muri BK Arena



Ambassadors of Christ igiye gukora igitaramo cy'amateka muri BK Arena mu kwizihiza imyaka 30 imaze mu murimo
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KORALI ‘AMBASSADORS OF CHRIST’
