Twabonye impano zidasanzwe! Minisitiri Sandrine Umutoni yahamagariye abashoramari gushora imari mu buhanzi

Imyidagaduro - 30/03/2026 7:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Twabonye impano zidasanzwe! Minisitiri Sandrine Umutoni yahamagariye abashoramari gushora imari mu buhanzi

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yavuze ko amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi ku rwego rw’Igihugu yagaragaje ko mu rubyiruko rw’u Rwanda harimo impano zidasanzwe, ahamagarira abashoramari kureba uru rwego nk’amahirwe.

Ibi yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026, ubwo hasozwaga aya marushanwa yabereye muri Camp Kigali, aho yagaragaje ko yari agamije gushishikariza urubyiruko kugaragaza impano zabo no kuzibyaza umusaruro.

Ni amarushanwa yarangiye Itorero Indangamuco rya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, ryegukanye intsinzi n’amanota 85.8%, ishimangira ko ubuhanzi gakondo bukomeje kuba igicumbi cy’impano zikomeye mu rubyiruko rwo mu mashuri makuru.

Itorero Impuruza rya EAUR Kigali ryabaye irya kabiri rihembwa Miliyoni 5 Frw, mu gihe Inyamibwa rya UR Nyarugenge ryabaye irya gatatu rihembwa Miliyoni 3 Frw.

Mu cyiciro cy’ubusizi, Iradukunda Oscar wa UR Huye ni we wegukanye umwanya wa mbere ku rwego rw’Igihugu n’amanota 84.2%, ahembwa Miliyoni 2 Frw, hiyongeraho indi Miliyoni 1 Frw yatsindiye ku rwego rw’Intara ndetse n’inkunga azahabwa na Ishobe Rwanda.

Manishimwe Triphonie wa UR Nyagatare yegukanye umwanya wa kabiri n’amanota 84%, ahembwa Miliyoni 1 Frw, mu gihe Nshimiyimana Bernard wa Muhabura Polytechnic yabaye uwa gatatu n’amanota 83.8%, ahembwa 700,000 Frw.

Mu ijambo rye, Sandrine Umutoni yavuze ko mu rugendo rw’aya marushanwa babonye urwego rwo hejuru rw’impano, anashima intambwe iri guterwa n’abakiri bato mu guhindura ubuhanzi umwuga ubateza imbere.

Ati: “Mu rugendo rw’aya marushanwa, twabonye impano zidasanzwe. Twishimiye cyane kubona ko hari amatorero n’abasizi batangiye kubyaza umusaruro ibyo bakora batagikora ubuhanzi nk’igikorwa cyo kwidagadura gusa, ahubwo nk’umwuga ubafasha kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu.”

Yakomeje ashimangira ko ubuhanzi bukwiye kurebwa nk’inkingi ikomeye y’ubukungu burambye, aho bwafasha urubyiruko guhanga udushya no kwihangira imirimo.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Ubuhanzi, inkingi y’ubukungu burambye”, aho yavuze ko isaba kureba kure ubuhanzi butari imyidagaduro gusa, ahubwo nk’imbarutso y’iterambere n’umusingi w’ejo hazaza.

Yagize ati: “Iyi nsanganyamatsiko idusaba kureba kure: kubona ubuhanzi atari imyidagaduro gusa, ahubwo nk’imbarutso y’iterambere, nk’umuyoboro w’udushya, ndetse nk’umusingi w’ubukungu bw’ejo hazaza. Mu rugendo rw’aya marushanwa, twabonye impano zidasanzwe.”

Minisitiri Umutoni yavuze ko bishimishije kubona urubyiruko rwo mu mashuri makuru na za Kaminuza rufite ishema ry’umuco warwo, rukawusigasira ndetse rukawongerera agaciro binyuze mu buhanzi.

Yashimiye ubuyobozi bw’amashuri makuru na Kaminuza, haba aya Leta n’ayigenga, ku ruhare bagize mu gushyigikira abitabiriye aya marushanwa, babafasha mu ngendo no kubabonera ibikoresho byabafashije kwitwara neza.

Yanahamagariye abayobozi n’abatoza b’amatorero ndangamuco asanzwe akora kinyamwuga kwegera uru rubyiruko, bakarufasha kurushaho gukura no kugera kure.

Ati: “Turasaba abayobozi n’abatoza b’amatorero ndangamuco asanzwe akora kinyamwuga, kwegera uru rubyiruko, kubutoza no kurushoramo imbaraga, kugira ngo impano zagaragaye zikomeze gukura, no kugera kure.”

Ku rundi ruhande, yahamagariye abashoramari kureba urwego rw’ubuhanzi nk’amahirwe y’ishoramari, ashimangira ko gushora imari mu buhanzi ari ugushora mu hazaza h’Igihugu.

Ati: “Turahamagarira abashoramari kureba uru rwego nk’amahirwe. Gushora imari mu buhanzi ni ugushora mu mpano, mu bushobozi no mu hazaza h’Igihugu cyacu.”

Yasoje ashimira inzego zitandukanye zagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa aya marushanwa, zirimo Minisiteri y’Uburezi, ubuyobozi bw’amashuri makuru na Kaminuza, Intara, Umujyi wa Kigali n’uturere twakiriye iri rushanwa.

Yashimye kandi amatorero 25 n’abasizi bose bitabiriye, by’umwihariko abahize abandi n’abagaragaje ubuhanga budasanzwe, ndetse n’akanama nkemurampaka ku bunyangamugayo n’ubunyamwuga bagaragaje.

Mu gusoza, yasabye urubyiruko gukomeza gusigasira umuco nyarwanda no kuwubyaza umusaruro, agaragaza ko ari wo shingiro ry’iterambere rirambye.

Ati: “Umuco wacu ni ishingiro ryo kubaho kwacu; kandi urubyiruko ni imbaraga z’igihugu. Rubyiruko rero, nimuwukomeze, muwurinde kandi muwubyaze umusaruro.”

Minisitiri Sandrine Umutoni yavuze ko mu marushanwa yasorejwe muri Camp Kigali hagaragaye impano zidasanzwe z’urubyiruko zifite icyizere cyo guteza imbere ubukungu bw’Igihugu


Mu gusoza amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi, Sandrine Umutoni yashimye urwego rw’ubuhanzi rw’urubyiruko, avuga ko rutagikora ubuhanzi nk’imyidagaduro gusa ahubwo nk’umwuga ubateza imbere


Minisitiri Sandrine Umutoni yahamagariye abashoramari gushora imari mu buhanzi, ashimangira ko ari inzira ifasha guteza imbere impano no kubaka ubukungu burambye bw’u Rwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...