Mu
kiganiro na InyaRwanda, Rumaga yatangaje ko iki gisigo cyaturutse ku bushuti
bwabo bw’imyaka myinshi, mbere y’uko bombi batangira inzira y’ubuhanzi.
Yavuze
ko gukorana na Kivumbi King atari ibintu bishya cyangwa impamvu z’ubucuruzi
gusa, ahubwo ari icyemezo gishingiye ku guhuza ubushobozi n’umubano.
Avuga
ati "Nahisemo gukorana na Kivumbi King kubera ko ari inshuti kuva cyera.
Kivumbi buriya tuziranyi twese tutaratangira bino bintu (ubuhanzi). Icya
kabiri, kuko ari umuhanga nzi neza ko rimwe uteranyije rimwe bibyara Kabiri.
Ikindi icya gatatu n'uko igitekerezo nari naremye, numvaga umuntu ushobora
kugikora neza ni Kivumbi King."
Rumaga
yanavuze ko n’ubwo igisigo “Inzira y’Umusaraba” ari cyo kibanza guherekezwa mu
ruhando rwabo, hari n’ibindi bikorwa byabo byagiye bikoranwa ariko bitigeze
bisohoka. Yagize ati "Twatinze kubigaragaza ariko twagiye dukorana byinshi
bitasohotse."
Ibi
bigaragaza uburyo aba bahanzi bombi bafite umubano wihariye, wubakiye ku
kwizerana no gusangira ibitekerezo kuva kera.
Rumaga
avuga ko yasanze gukorana na Kivumbi King byari uburyo bwiza bwo guhuza impano
zabo, aho igitekerezo n’umuziki bihurira ku rwego rwo hejuru.
“Inzira
y’Umusaraba” ntabwo ari igikorwa cy’ubuhanzi gusa; ni urugendo rw’abahanzi
babiri basangiye amateka, ubushuti, n’inzozi.
Rumaga
yizeye ko abafana bazakunda ubufatanye bwe na Kivumbi King, kuko binyuze mu
gisigo bagaragaje uburyo impano, ubuhanga, n’ubushuti bishobora kubyara
umusaruro udasanzwe.


KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA RUMAGA
KANDAHANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’IGISIGO ‘INZIRA Y’UMUSARABA’
