Tuzahora tugukunda-Zari Hassan yazirikanye umugabo we umaze imyaka 7 atabarutse

Imyidagaduro - 27/05/2024 3:46 PM
Share:
Tuzahora tugukunda-Zari Hassan yazirikanye umugabo we umaze imyaka 7 atabarutse

Zarinah Hassan [Zari The Boss Lady] yafashe umwanya asangiza abamukurikira ubutumwa buha icyubahiro Ivan Semwanga babyaranye abana 3 umaze imyaka 7 yitabye Imana.

Tariki ya 25 Gicurasi 2017 ni bwo Ivan Semwanga hatangajwe urupfu rwe ko yaguye mu bitaro bya Steve Biko biherereye muri Pretoria ho muri Afurika y'Epfo aho yazize uburwayi bw’umutima.

Icyo gihe Ivan Semwanga yari afite imyaka 39 amaze gushinga imizi mu myidagaduro y’Akarere cyane muri Uganda kubera ukuntu yabagaho ubuzima buhenze.

Yari azwi kandi cyane kuko yari mu rukundo na Zari Hassan rwiyemezamirimo n’umunyamideli wabigize umwuga bari bafitanye abana.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo inshuti n’abavandimwe bazirikanye imyaka ishize atabarutse bamwe bamusabira abandi bashyira hanze ubutumwa bwo gukomeza kumwifuriza iruhuko ridashira no gukomeza abo yasize.

Zari Hassan na we yifashishije urubuga rwa Snapchat, atangaza ko adashobora na rimwe kuzigera yibagirwa uyu mugabo ati "Imyaka irindwi isa nkaho ari ejo hashize, Allah akomeze aguhe kuruhukira mu mahoro tuzahora tugukunda."

Kugeza ubu Zari afite abana batanu barimo 2 yabyaranye na Diamond Platnumz n’abandi batatu yasigiwe na Ivan Semwanga babanye imyaka itari mike bakaza gutandukana mu 2013 akitaba Imana muri 2017.Zari Hassan ari kumwe n'abahungu be batatu yabyaranye na nyakwigendera Ivan Semwanga Zari yavuze ko yumva ibyabaye byabaye ejo, avuga ko bazahora bakunda uyu nyakwigenderaZari Hassan na Ivan Semwanga bakanyujijeho mu bihe byabo ndetse urukundo rwabo rwavuyemo kubana baranabyarana mbere y'uko batandukana

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...