Kuwa Gatanu ni bwo urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye imyanzuro y’urubanza
nshinjabyaha ruregwamo umunyamakuru Fatakumavuta rumuhamya ibyaha bitatu muri
bitanu yari akurikiranyweho.
Ibyo
byaha yahamijwe ni ugutangaza amakuru y’ibuhuha, gukoresha ibiyobyabwenge
ndetse no gukangisha gusebanya mu gihe icyaha cy’ivangura n’icyaha cyo gutukana
mu ruhame bitamuhama.
Nyuma
yo gusomerwa imyanzuro y’uru rubanza agakatirwa imyaka ibiri n’igice n’ihazabu
ya 1,300,000Frw, Umunyamategeko wa Fatakumavuta yavuze ko atakwemeza ko bagiye
kujuririra uyu mwanzuro kuko urubanza ari urw’umukiriya we ahubwo bazabanza
kuganira nawe n’umuryango we bagafata umwanzuro.
Maitre
Fatikaramu yabwiye InyaRwanda.com ati “Ni ukubanza tukabivuganaho n'umuryango
ndetse nawe ubwe tukamenya icyemezo bafashe, naho njye sinabimenya kuko
urubanza aba ari urw'umukiliya.”
Itegeko
ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha Nº 027/2019 ryo ku wa
19/09/2019 mu ngingo yaryo ya 181, rivuga ko kujurira bikorwa mu gihe kitarenga
iminsi mirongo itatu (30) uhereye ku itariki urubanza rwaciriweho ku muburanyi
wari uhari cyangwa ahagarariwe igihe urubanza rwacibwaga. Icyo gihe gikurikizwa
kandi ku muburanyi wamenyeshejwe mu buryo bwemewe n’amategeko, umunsi urubanza
ruzacibwaho ntaze cyangwa ngo yohereze umuhagararira.
Kujurira
bikorwa mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30) uhereye ku itariki urubanza rwamenyesherejwe
umuburanyi utari uhari igihe rwasomwaga.
Fatakumavuta yakatiwe imyaka ibiri n'igice ndetse n'ihazabu ya 1,300,000Frw nyuma yo guhamwa n'ibyaha bitatu muri bitanu yacyekwagaho