Tuyishime Keita yanditse amateka nyuma yo guserukira u Rwanda muri Miss Universe

Imyidagaduro - 07/11/2025 8:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Tuyishime Keita yanditse amateka nyuma yo guserukira u Rwanda muri Miss Universe

Solange Tuyishime Keita yabaye umugore wa mbere ufite inkomoko mu Rwanda uhatanye mu irushanwa rikomeye ku isi rya Miss Universe. Afite imyaka 44 – imyaka iri hejuru y’iyo benshi batamenyereye mu marushanwa nk’aya ari muri ane akomeye ku Isi.

Mu Mujyi wa Bangkok muri Thailand, aho iri rushanwa rya 74 rya Miss Universe ribera hagati ya tariki 1 kugeza ku ya 21 Ugushyingo 2025, Keita ahagarariye amajwi y’abagore b’afite uburambe mu buzima, ubuhanga n’intego yo kwerekana ko ubwiza n’ubushobozi atari iby’imyaka, ahubwo ari indangagaciro n’ubwitange umuntu yubatse mu rugendo rwe.

Tuyishime Keita yavukiye mu Rwanda, ariko ubuzima bwe bwahinduwe n’ibihe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Afite imyaka 13 gusa, yavuye mu Rwanda, anyura mu nkambi z’impunzi muri Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Kenya, mbere yo kwerekeza muri Canada, igihugu cyamubereye aho yatangiriye ubuzima bushya.

Muri Canada yahize itangazamakuru n’imiyoborere. Ubu Tuyishime ni Umuyobozi Mukuru akaba ari na we washinze Elevate International, umuryango wagenewe gufasha abagore n’urubyiruko kwitinyuka no kugira uruhare mu iterambere ry’imibereho n’ubuyobozi.

Ntibyarangiriye aho, kuko ni Ambasaderi wa UNICEF muri Canada, aharanira uburenganzira bw’abana n’abagore ku rwego mpuzamahanga.

Mu mujyi wa Ottawa, ni umwe mu bashimwa cyane kubera ibikorwa bye byo guharanira uburinganire n’ubwigenge mu bukungu ku bagore.

Mu nkuru yashyize kuri ‘website’ ye, Solange Tuyishime Keita hari aho agira ati “ Mu 2004, nkiri umukobwa muto wabayeho mu buzima buringaniye cyane, nabaye umugore w’umwirabura wa mbere watsindiye ikamba rya Miss New Brunswick. Nyuma yaho, nabaye n’umugore wa mbere ukomoka muri New Brunswick watsindiye Miss Canada International.

Akomeza ati “Iryo rushanwa ryabaye amahirwe y’iterambere mu buyobozi, aho nize gushyigikira ibikorwa bitandukanye by’ubumwe n’iterambere mu gihugu hose, kandi bituma mba uvuga rikijyana ku mbuga mpuzamahanga. Ubu buryo bwo kuyobora no kuvugira abandi ni bwo bwangejeje ku kuba Ambasaderi wa UNICEF, nshinzwe kurengera abana mu bihugu birenga 190 ku isi.”

Yavuze ko yahisemo gukoresha buruse ya mbere yari yatsindiye muri ayo marushanwa, kugira ngo asoze impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya kaminuza (Master’s) mu miyoborere rusange (Public Administration).

Akomeza ati “Guhera mu 2005, maze imyaka irenga 15 nihaye inshingano zo kurengera no kuvugira abana. Nkoresha buri kamba natsindaga nk’urubuga rwo gukangurira abantu gufasha no guteza imbere ibikorwa by’ubutabazi bigamije gufasha abagore no kurokora abana b’abakene ku isi.”

Yungamo ati “Kubera ibyo bikorwa byanjye by’ubugiraneza, twashoboye gukusanya amafaranga arenga $3.4 miliyoni, bigafasha abana n’abagore miliyoni 2.3 ku isi hose, ndetse bikageza amazi meza, isuku n’isukura ku miryango irenga miliyoni 4.3."

Solange akomeza agira ati “Tugaragaze imbaraga z’abagore bayobora! Tureme impinduka nziza ku isi, kandi duhe amarushanwa y’ubwiza isura nshya igaragaza ubuyobozi, ubugiraneza n’ubufatanye.”

Yongeraho ko ubunararibonye bwe mu marushanwa atandukanye yatsinze mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga mu myaka 15 ishize bwamugize umuyobozi n’umugiraneza ukomeye uwo ari we uyu munsi.

Ati “Dukomeze dusenye inzitizi! Tureme ahantu henshi ho kwishimira ibyo abagore bagezeho! Dusobanure bundi bushya icyo ubwiza, ubuyobozi n’ubugiraneza. Tugire neza ko ubwiza, ubwenge, ubuyobozi n’ubugiraneza bigendera hamwe mu rugendo rumwe.”

Mu marushanwa ya Miss Universe 2025, Tuyishime Keita si umunyamideli gusa. Ni intumwa y’icyizere, yifashisha urubuga rwe mu kwamamaza ubutumwa bw’uburinganire n’ubushobozi bw’abagore. Ndetse abigaragaza ku rubuga rwe rwa Instagram.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 6 Ugushyingo 2025, amashusho ye atambuka imbere y’Akanama Nkemurampaka yashyizwe ku rubuga rwa Tik Tok rwa Miss Universe.

Uyu mugore yigeze no kwitabira Miss Universe Canada 2025, akoresha ayo mahirwe nk’umuyoboro wo kuvuga ku kuzamura abagore no gukomeza kwihangana mu gihe ubuzima bubabaje. Ariko ntiyabashije gutsinda.

Kwinjira kwe muri Miss Universe ku myaka 44, byagaragaye nk’ikimenyetso gikomeye cy’uko isi iri gutera imbere mu gutambutsa ubutumwa bwo guha amahirwe angana buri wese. Ubu irushanwa ryakira abashatse, abafite abana n’abarengeje imyaka 28, nyuma yo gukuraho inzitizi zari zaranze imyaka myinshi.

Tuyishime akunze kuvuga ko ubwiza ari uburyo umuntu abaho, atari uko asa. Aho aba muri Canada, azwi nk’ukunda guteka cyane, by’umwihariko gukora amandazi n’imigati, ibintu asobanura nk’uburyo bwo gutuma yongera guhura n’imizi ye y’u Rwanda.

Kuba Solange Tuyishime Keita yitabiriye Miss Universe 2025 byanditse amateka mashya ku Banyarwanda.  Ni ubwa mbere umuntu ufite inkomoko mu Rwanda yitabiriye iri rushanwa, kandi abikora nk’umugore mukuru, w’umuyobozi, ufite ubunararibonye n’ijwi rifite icyo risobanuye.

Bamwe mu basesenguzi bavuga ko uko kwitabira bishobora kuba byakozwe ku giti cye, aho yiyishyuriye amafaranga asabwa kugira ngo igihugu akomokamo cyemererwe kugira uhagarariye Miss Universe.

Abavuga kuri ibi basobanura ko ibyo bihugu bito nk’u Rwanda bishobora gutanga hagati ya 10,000$ na 400,000$ bitewe n’amasezerano n’ubunini bw’isoko ry’igihugu.

Miss Universe; irushanwa ry’ubwiza ryahindutse urubuga rw’impinduka ku bagore

Irushanwa rya Miss Universe ryatangiye mu 1952 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’uburyo bwo kwamamaza imyenda yo koga ya Catalina Swimwear, ariko nyuma rihinduka rumwe mu marushanwa akomeye ku isi agaragaza ubwiza, ubwenge n’ubushobozi bw’abagore.

Rikorwa n’isosiyete yitwa Miss Universe Organization ifite icyicaro i New York, rikaba rigamije guha abagore amahirwe yo kwigaragaza nk’abayobozi n’intumwa z’impinduka.

Abitabira baba baturutse mu bihugu birenga 130, bahatana mu byiciro birimo imyambaro y’umuhango, imyambaro yo koga n’ibibazo bisaba ubuhanga mu gusubiza.

Uwegukanye ikamba aba intumwa y’amahoro n’uburinganire ku isi, akorerana n’imiryango nka UNICEF, akanahabwa amahirwe yo gukorana n’ibigo mpuzamahanga bitandukanye.

Guhera mu 2023, Miss Universe yemereye kwitabira abashatse, abafite abana n’abafite imyaka irenze 28, bigaragaza ko irushanwa riri kurushaho guhagararira isi nyayo y’abagore b’iki gihe.

Mu myaka irenga 70 rimaze, Miss Universe yakomeje kuba urubuga rutuma abagore bahindura imyumvire y’isi ku bwiza, ubwenge n’ubushobozi, rihinduka ikimenyetso cy’uko ubwiza nyakuri ari ubuzima bwuzuye indangagaciro n’intego.

Abubatse amateka muri iri rushanwa barimo: Sushmita Sen (India) wabaye Umunya-Asia wa mbere wegukanye Miss Universe (1994); Lupita Jones (Mexico) wabaye umukobwa wa mbere w’icyo gihugu utsinze (1991), Pia Wurtzbach (Philippines) wamenyekanye cyane mu 2015 ubwo habaga ikosa mu gutangaza utsinze, ndetse na Zozibini Tunzi (South Africa, 2019) wabaye umwe mu Banyafurika bubashywe cyane kubera ubutumwa bwe ku bwiza bw’umwirabura n’uburinganire.


Solange Tuyishime Keita, yabaye umunyarwandakazi wa mbere uhataniye ikamba rya Miss Universe 

Yavukiye mu Rwanda, arakura aba intumwa y’impinduka ku isi yose binyuze mu miryango inyuranye yashinze 

Kuva mu nkambi z’impunzi kugeza ku mbuga mpuzamahanga z’ubwiza, urugendo rw’icyizere n’inzozi 

Umugore w’imyaka 44 uhamya ko imyaka atari inzitizi ku nzozi 

Solange Tuyishime Keita ahagarariye u Rwanda mu Miss Universe 2025 i Bangkok muri Thailand

Umuyobozi n’Umugiraneza — Solange Tuyishime Keita asanzwe ayobora Elevate International 

Ambasaderi wa UNICEF Canada, aharanira uburenganzira bw’abana n’abagore ku isi

 Yabaye umunyabigwi mu ruhando rw’ubuyobozi n’uburinganire, none yanditse amateka mu marushanwa y’ubwiza

“Ubwiza bwanjye ni uburyo bwo kuvuga ubutumwa bw’impinduka” -Solange Tuyishime Keita

Mu myaka 44, yahindutse ishusho y’uko ubwiza nyabwo burenze isura

Solange Tuyishime Keita yahinduye ububabare bwiwe kuba isoko y’imbaraga

 Yahindutse ijwi ry’abagore bifuza kwiyubaka no kugira uruhare mu iterambere

Ubutwari bw’umugore umwe bwanditse amateka mashya y’u Rwanda muri Miss Universe

“Nifashishije ubuyobozi n’ubwiza nk’intwaro zo guteza imbere impinduka.”


Solange Tuyishime Keita, umugore wigaragaje nk’intumwa y’icyizere, uhuza ubuyobozi, ubwiza n’ubuntu



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...