Tuyisennge Jacques abinyujije ku mbuga nkoranyambaga
yavuze ko yibuka uburyo muri 2019 ubwo yakiniraga Gor Mahia agiye kuyivamo
ngo yerekeze mu yindi kipe, byasabye ko Raila Odinga abyemera.
Ati: ”Muri 2019, mbere yuko mva muri Gor Mahia,
namaze icyumweru kirenga ntegereje uruhushya rwo kujya mu yindi kipe. Nyuma,
bambwiye ko impamvu habayemo gutinda ari ukubera ko bari bategereje ko wemera
ko ngenda.”
Yamwifurije iruhuko ridashira ubundi yihanganisha
ikipe ya Gor Mahia n’Abanya-Kenya muri rusange.
Ati: "Uyu munsi rero, ndavuga nti ruhukira mu mahoro Baba.
Kuri Gor Mahia Fc, ikipe yakundaga cyane, ndetse
n'Abanya-Kenya muri rusange, ndabihanganishije umubabaro mbikuye ku mutima muri
iki gihe kitoroshye. Ruhukira mu mahoro Raila Odinga”.
Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe muri Kenya
hagati ya 2008 na 2013 yakundaga umupira w’amaguru cyane akaba yafanaga ikipe
ya Gor Mahia FC ndetse yakundaga no kuyifasha mu buryo bwo kuyiha amafaranga.
Usibye iyi kipe kandi yafanaga na Arsenal yo mu Bwongereza.
Tuyisenge Jacques wamwifurije iruhuko ridashira we bahuye ubwo yakiniraga Gor Mahia FC yo muri Kenya kuva muri 2019 kugeza muri 2019 mbere y’uko yerekeza muri Petro de Luanda yo muri Angola.
