Turi abavandimwe kandi turashyigikirana - Diamond yashimangiye ko The Ben ari inshuti y’akadasohoka (VIDEO)

Imyidagaduro - 30/08/2026 8:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Turi abavandimwe kandi turashyigikirana - Diamond yashimangiye ko The Ben ari inshuti y’akadasohoka (VIDEO)

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz, yongeye kugaragaza ubucuti bukomeye afitanye na The Ben, ubwo yaririmbaga indirimbo ‘Why’ bakoranye, avuga ko yifuzaga ko uyu muhanzi nyarwanda baba bari kumwe ku rubyiniro ariko bitakunze kuko yari afite igitaramo muri Uganda.

Diamond Platnumz yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama 2026, ubwo yataramiraga Abanyarwanda n’abakunzi b’umuziki wo muri Afurika mu gitaramo ‘Diamond Platnumz Experience’ cyabereye muri Parking ya BK Arena.

Ni igitaramo cyari gitegerejwe n’abantu benshi, cyane ko Diamond yari amaze hafi imyaka itatu atarongera gutaramira mu Rwanda. Yaherukaga kuhataramira mu Ukwakira 2023.

Muri iri joro, Diamond yabanjirijwe ku rubyiniro na Bruce Melodie, Nel Ngabo ndetse na Ish Kevin, mbere y’uko ahaguruka akajya ku rubyiniro saa sita z’ijoro n’iminota 45.

Mu ndirimbo zirenga 25 yaririmbye mu gihe cy’isaha n’iminota 17 yamaze ku rubyiniro, Diamond yagejeje ku bakunzi be zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane, zirimo n’iyo yakoranye na The Ben yise ‘Why’.

‘Why’ ni imwe mu ndirimbo zakomeje gushyira The Ben ku rwego rwo hejuru mu muziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi ndirimbo yasohotse ku wa 2 Mutarama 2022, kugeza ubu imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 22 kuri YouTube, ndetse yakomeje guhesha The Ben n’umuziki nyarwanda umwanya ukomeye ku ruhando mpuzamahanga.

Kuva bayisohora, Diamond yagiye ayiririmba kenshi mu bitaramo bitandukanye yagiye akorera hirya no hino ku Isi, ari nako igenda irushaho kumenyekanisha The Ben ku bakunzi be bo hanze y’u Rwanda.

Aba bahanzi kandi bagiye bayiririmba bari kumwe ku rubyiniro. Bahuriye muri Uganda bayiririmbana mu gitaramo cyabereye muri icyo gihugu, ndetse banongera guhura i Kigali mu 2023 ubwo bombi baririmbaga muri Trace Awards.

Kuri iyi nshuro ariko, Diamond yayiririmbye wenyine.

Nyuma yo kuyiririmba, yasobanuriye abari bitabiriye igitaramo impamvu The Ben atari kumwe na we, avuga ko uyu muhanzi nyarwanda yari afite igitaramo muri Uganda.

Diamond yavuze ko nubwo The Ben atari ahari, akomeza kumufata nk’umuvandimwe we kandi ko bombi bakomeje gushyigikirana.

Ati: “Umuvandimwe wanjye The Ben ari muri Uganda muri iri joro, niyo mpamvu atari hano. Yakagombye kuba ahari, ni umuvandimwe wanjye, ndamukunda cyane. Turakunda twembi, kandi turashyigikirana, ariko yari afite igitaramo muri Uganda [...]”

Aya magambo ya Diamond yongeye kwerekana ko umubano we na The Ben urenze kuba uwo gukorana indirimbo gusa, ahubwo ko aba bahanzi bombi bamaze kubaka ubucuti bumaze imyaka.

Indirimbo ‘Why’ yabaye ikiraro hagati yabo

Ubwo ‘Why’ yasohokaga mu 2022, yari imwe mu ndirimbo zagaragaje ubushobozi bwa The Ben bwo gukorana n’abahanzi bakomeye bo ku mugabane wa Afurika.

Kuyikorana na Diamond Platnumz, umwe mu bahanzi bakomeye kandi bafite izina rikomeye muri Afurika, byafashije The Ben kurushaho kugera ku bakunzi benshi b’umuziki hanze y’u Rwanda.

Na Diamond ubwe yakomeje kuyishyira mu ndirimbo yifashisha mu bitaramo bye, ibintu byatumye umubano wabo ukomeza kugaragara imbere y’abakunzi babo.

Ni muri uwo murongo kandi Diamond yongeye kuyiririmba i Kigali, nubwo kuri iyi nshuro atari afite The Ben iruhande rwe.

‘Diamond Platnumz Experience’ yari imwe mu bitaramo bikomeye byabereye i Kigali muri uyu mwaka, aho uyu Munya-Tanzania yongeye guhura n’abakunzi be nyuma y’imyaka hafi itatu adataramira mu Rwanda.

Yageze ku rubyiniro saa sita z’ijoro n’iminota 45, ava kuri stage saa munani n’iminota 2 z’ijoro, bivuze ko yamaze isaha imwe n’iminota 17 asusurutsa abitabiriye igitaramo.

Mu gihe cyose yamaze ku rubyiniro, yagaragaje ko indirimbo ze zikomeje kugira umwanya ukomeye mu mitima y’abakunzi b’umuziki mu Rwanda, aho yaririmbye nyinshi mu zakunzwe mu rugendo rwe rw’umuziki.

Igitaramo cyageze ku ndunduro Diamond akomeje kubyina no kuririmbana n’abakunzi be, mbere y’uko habaho ikibazo cy’umuriro ku rubyiniro.

Diamond yavuye ku rubyiniro saa munani n’iminota 2’ nyuma y’uko azimirijweho ibyuma, kuko amasaha yari yageze.

Nubwo hari icyo kibazo cyabaye mu minota ya nyuma, Diamond yari amaze gutanga ibyishimo ku bakunzi be bari bamaze igihe bategereje kongera kumubona ku rubyiniro mu Rwanda.

‘Diamond Platnumz Experience’ yasize kandi hibutswe ku mubano wihariye umaze igihe hagati ya Diamond Platnumz na The Ben, aho uyu Munya-Tanzania yongeye kubwira umuvandimwe we ko amukunda kandi ko bombi bakomeza gushyigikirana, nubwo kuri iyi nshuro batari kumwe ku rubyiniro.


Diamond yatangaje ko The Ben bari kuririmba mu gitaramo, ariko atabonetse bitewe n’uko yari afite igitaramo muri Uganda


Diamond yanditse amateka avuguruye mu rugendo rwe rw’umuziki mu gitaramo yakoreye i Kigali




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...