Gasogi United yabaye ikipe ya mbere igeze muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro cya 2026 nyuma yo gusezerera Musanze FC ku giteranyo k'ibitego 3-2 nyuma yaho umukino wo kwishyura urangiye Gasogi United itsinze ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Kigalie Pele Stadium kuri uyu wa Kabiri.
Umukinnyi ukina mu kibuga ahagati, Ngono Guy Herve yatsindiye Gasogi United ibitego bibiri, mu gihe rutahizamu ukiri muto Hakizimana Tity yatsindiye Musanze FC igitego cy'impozamarira. Umukino ubanza wabereye kuri Stade Ubworoherane wari warangiye amakipe anganya igitego 1-1.
Nyuma y'umukino, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles [KNC] yatangaje ko ari umukino wabagoye ariko biteguye guhangana n'ikipe bazahura muri 1/4 mu Gikombe cy'Amahoro.
Yagize ati: "Ni umukino wari mwiza ariko ugoye, twinjiye neza mu mukino tubasha gutsinda Musanze ibitego bibiri mu gice cya mbere. APR FC ni yo kipe ifite amahirwe menshi yo gusezerera Kiyovu, bisobanuye ko tuzahura muri 1/4, ni ku nshuro ya gatatu tuzaba tugiye guhurira muri iki cyiciro, twayikuyemo rimwe nayo idukuramo rimwe. Bazaze babizi ko tuzahangana kandi biteguye ko bazasezererwa."
KNC yongeye kwibutsa abantu ko Gasogi United ifite intego zo gutwara igikombe cy'Amahoro ndetse ko mu maso ye abona bishoboka ashingiye ku ikipe ye ndetse n'imiterere y'irushanwa."
Ati: "Abantu benshi babyumva nk'inzozi, ariko intego yacu ni ugutwara igikombe cy'Amahoro. Urebye imiterere y'irushanwa, buri mukino uba ari ugukuranwamo, rero iyo ufite ikipe nziza n'abakinnyi bakabikwemerera buri kipe yose wayikuramo kandi birashoboka kuri twe."
Muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro, Gasogi United izahura n'ikpe izatsinda hagati ya APR FC na Kiyovu SC, umukino ubanza APR FC yatsinze Kiyovu SC ibitego 2-0.

Ngono Guy Herve yatsinze ibitego bibiri mu mukino basezereyemo Musanze FC ku bitego 2-1
