Uyu mudari yawuherewe i Kinshasa nyuma y’ibitaramo
bibiri bikomeye Fally Ipupa yakoreye kuri Stade de France mu kwezi kwa Gicurasi
2026, aho yanditse amateka yo kuba umwe mu bahanzi bakomeye bo muri Afurika
bavuga Igifaransa babashije kuzuza no kuririmbira kuri iki kibuga kizwi cyane
ku rwego mpuzamahanga.
Mu ijambo rye, Tshisekedi yavuze ko iri shimwe
ritareba impano ya muzika gusa, ahubwo rishingiye no ku rugendo rw’ubuzima rwa
Fally Ipupa, imyitwarire ye, ukwihangana, ubunyamwuga n’uburyo akomeje
kugeza umuco n’amateka bya Congo ku ruhando mpuzamahanga.
Yagize ati: “Binyuze mu muziki wawe, hari igice cya
Congo kigenda ku isi yose kigakundwa, kigahuza abantu kandi kigaha igihugu
isura nziza.”
Perezida wa Congo yanaboneyeho guha icyubahiro bamwe mu bahanzi
babaye inkingi z’umuziki wa Congo, barimo Papa Wemba, Koffi Olomidé, Werrason,
JB Mpiana na Ferré Gola, bagize uruhare rukomeye mu kumenyekanisha
injyana ya Congo ku isi.
Ku wa Gatatu, televiziyo y’Igihugu ya Congo yari yasomye iteka rya Perezida ryemeza ko Fally
Ipupa azamuwe ku rwego rwa Chevalier de l’Ordre National du Léopard, bishyira
mu bikorwa isezerano Perezida Tshisekedi yari yaratanze mu kiganiro yagiranye
n’abanyamakuru mu ntangiriro za Gicurasi.
Fally Ipupa, ubu ufite imyaka 48, yatangiye umwuga
we wa muzika mu itsinda rya Quartier Latin International ryashinzwe na Koffi
Olomidé, mbere yo kwinjira mu muziki ku giti cye. Kugeza ubu amaze gusohora aluubum
nyinshi zatumye aba umwe mu bahanzi bafite abakunzi benshi muri Afurika no
hanze yayo.

