Trump yihamagariye Perezida wa FiFA! Ikurwaho ry’ikarita y’umutuku ku mukinnyi wa Amerika ryateje impaka

Imikino - 06/07/2026 8:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Trump yihamagariye Perezida wa FiFA! Ikurwaho ry’ikarita y’umutuku ku mukinnyi wa Amerika ryateje impaka

Impaka zikomeje kuba impaka nyuma y’uko rutahizamu w'Ikipe y'Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun, yemerewe gukina umukino wa 1/8 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026 uzahuza Amerika n'u Bubiligi aho FIFA isubitse ibihano yari yafatiwe kubera ikarita itukura.

Ku Cyumweru tariki ya 05 Nyakanga 2026 ni bwo byatangajwe ko ikarita y'umutuku y’uyu mukinnyi yakuweho. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yahise ashimira Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, kuba batanze ubutabera kuri rutahizamu wabo, Folarin Balogun.

Balogun yari yahawe ikarita itukura mu mukino Amerika yatsinzemo Bosnia na Herzegovina ibitego 2-0 muri 1/16, nyuma yo gukandagira myugariro Tarik Muharemovic. Umusifuzi Raphael Claus yabanje kumuha ikarita y'umuhondo, ariko nyuma yo gusubiramo amashusho ya (VAR), ayihindura umutuku amushinja gukinira nabi uwo bahanganye.

‎Amategeko ya FIFA ateganya ko umukinnyi uhawe ikarita itukura ahita ahagarikwa umukino umwe, kandi ubusanzwe icyo gihano ntikijuririrwa. ‎Kuri ubu FIFA yatangaje ko yashingiye ku ngingo ya 27 y'Amategeko Ngengamyitwarire yayo, ifata umwanzuro wo gusubika ishyirwa mu bikorwa ry'icyo gihano mu gihe cy'umwaka umwe w'igeragezwa.

Nk'uko byatangajwe na The Athletic, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuganye na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino kuri telefone, amusaba kongera gusuzuma icyemezo cyari cyafatiwe Balogun.

Icyemezo cya FIFA cyakuruye impaka zikomeye, cyane cyane mu Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Bubiligi ago ryatangaje ko ritunguwe n'uyu mwanzuro, rivuga ko unyuranyije n'amategeko asanzwe agenga amarushanwa. Umutoza w'u Bubiligi, Rudi Garcia, na we yanenze icyo cyemezo, akigereranya n'urwenya.

Ku ruhande rwa Amerika, umutoza Mauricio Pochettino yakiriye neza uyu mwanzuro, avuga ko kuba Balogun agarutse mu kibuga ari inkuru nziza ku ikipe ye, ariko anashimangira ko adashobora kugira icyo avuga ku birebana n'uruhare rwa politiki muri iki kibazo. 

Amerika izacakirana n’u Bubiligi ejo ku wa Kabiri saa Munani muri 1/8 cy’igikombe cy’Isi cya 2026.

Trump gahamagaye Infatino amusaba ko bakongera gusuzuma ikarita y'umutuku yeretswe Folarin Balogun

Ikosa Folarin Balogun yari yakoze rigatuma yerekwa ikarita y'umutuku 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...