Trump yavuze ko Tiger Woods ari “umuntu udasanzwe” nyuma yo kumenya ko yakoze impanuka

Imyidagaduro - 28/03/2026 9:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Trump yavuze ko Tiger Woods ari “umuntu udasanzwe” nyuma yo kumenya ko yakoze impanuka

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimiye cyane umukinnyi w’icyamamare muri golf, Tiger Woods, amwita “umuntu udasanzwe” nyuma yo kumenya amakuru y’impanuka yakoze.

Ibi Trump yabitangaje ku wa Gatanu ari ku kibuga cy’indege, aho yari ari kumwe n’itangazamakuru, umunsi umwe gusa nyuma yo kubwira abasesenguzi ba Fox News ko Woods atazitabira irushanwa rikomeye rya Masters ryo muri uyu mwaka.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Polisi byo muri Martin County muri Leta ya Florida, agaragaza ko Woods yakoze impanuka ikomeye y’imodoka yagonze ikinyabiziga cye kikagwa ku ruhande, ibera muri Jupiter Island.

Umuvugizi we, Mark Steinberg, ntiyahise atangaza uko ubuzima bwe buhagaze nyuma y’iyi mpanuka. Iyi mpanuka ije nyuma y’indi Woods yakoze mu myaka itanu ishize muri California, na yo yamusigiye ibikomere bikomeye.

Abashinzwe umutekano batangaje ko Woods atari yanyoye inzoga, kuko isuzuma rya “breathalyzer” (ryo guhuha mu gipimo) ryagaragaje 0.0.

Gusa, bavuga ko yari afite ubundi burwayi cyangwa ikibazo cyatumye agaragara nk’utameze neza, bityo akaba akurikiranyweho ibyaha birimo gutwara imodoka atameze neza (DUI), kwangiza umutungo, no kwanga gukora ikizamini cy’inyongera cyo gusuzuma niba hari ibindi bintu yafashe.

Trump yavuze ko afitanye ubucuti bukomeye na Woods, anamusabira gukira vuba. Yagize ati: “Afite ikibazo runaka. Habaye impanuka, ni byo nzi gusa. Ni inshuti yanjye ya hafi. Ni umuntu udasanzwe, umugabo w’igitangaza. Ariko hari ibyo ari guhangana na byo, sinifuza kubivugaho cyane.”

Woods w’imyaka 50 y’amavuko, kuri ubu ari mu rukundo na Vanessa Trump, wahoze ari umugore wa Donald Trump Jr.

Mu minsi ishize, Woods yari yagaragaye mu mukino wa TGL aho yakinnye iminota mike mu ikipe ya Jupiter Links GC, bikaba byari ubwa mbere agarutse mu marushanwa nyuma yo kugira ikibazo gikomeye cy’imitsi muri Werurwe 2025.

Mu Ukwakira 2025, Woods yanabazwe umugongo mu bitaro bya Hospital for Special Surgery i New York, mu rwego rwo gukemura uburibwe bwo mu mugongo yari amaranye igihe.

 

Tiger Woods yakoze impanuka ikomeye y’imodoka muri Florida, Donald Trump amwifuriza gukira vuba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...