Kuva ku wa Gatandatu ni bwo Amerika na Israel batangiye kugaba ibitero kuri Iran ngo bayiziza gukora ibisasu kirimbuzi byazateza ibibazo kuri bo mu gihe ntagikozwe.
Nyuma y’ibyo Iran nayo yatangiye kwirwanaho nayo ikaba irimo irarasa misile muri Israel ndetse ikanarasa ku nyungu za Amerika ziri mu bihugu byegeranye nayo nka Qatar, Arabia Saudite no muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Dorone ya Iran ifite agaciro k'ibihumbi 20 000 by'Amadorali y'Amerika, yatwitse ububiko bw'Intwaro z'Amerika bufite agaciro ka Miliyari 20 z'amadorali y'Amerika. Usibye ibi kandi Iran yarashe missile enye ku bwato bw’intambara bwa Amerika.
Kuri ubu Donald Trumpl yavuze ko ibitero kuri Iran bizakomeza kugeza igihe intego zabo zose zizaba zagezweho. Yavuze ko hari abandi banyamerika bashobora gupfa cyangwa bakomereka nyuma y'uko ubutegetsi bukuru bwa Amerika bwemeye ko abasirikare batatu ba Amerika bishwe n'abandi batanu bakomeretse bikomeye mu bitero kuri Iran.
Trump yavuze ko ibi bitero bishobora kumara ibyumweru. Kuri uyu wa Mbere Israel yatangiye kugaba ibitero mu murwa mukuru Beirut wa Liban ku byo yise gusubiza ku bitero bya Hezbollah, nyuma y'uko uyu mutwe w'inyeshyamba urashe ibisasu bya roketi muri Israel.

Trump yavuze ko ibitero kuri Iran bigomba gukomeza ndetse ko n’Abandi Banyamerika bashobora gupfa
