Trump
yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 18 Nzeri 2026, avuga ko icyo cyemezo cyahise
gitangira gukurikizwa. Icyakora, nyuma y’itangazo rye, nta bikorwa bifatika
byahise bigaragaza uburyo ibyo binyamakuru byari guhagarikwa byatangajwe,
ndetse abanyamakuru ba CNN bakomeje kuba muri White House kuri uwo munsi.
Trump
yabitangaje mbere abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, avuga ko ibyo
binyamakuru bikwiye kubuzwa gukorera muri White House kubera ibyo yise
gutangaza amakuru y’ibinyoma ku butegetsi bwe.
Mu
kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yaho ari muri White House, Trump
yabajijwe impamvu yafashe icyo cyemezo, asubiza ko ibyo binyamakuru bitangaza
amakuru y’ibinyoma kandi ko adashaka ko bikorera mu biro bye cyangwa muri White
House.
Yagize
ati: “Ntabwo nshaka ko baba mu biro byanjye. Ntabwo nshaka ko baba hano.”
Trump
kandi yavuze ko icyo cyemezo gishobora kugera ku rwego rwo kubabuza ibikorwa
byose by’itangazamakuru muri White House. Yongeyeho ko hari n’ibindi
bitangazamakuru bishobora kwiyongeraho, anavuga The New York Times na The
Washington Post nk’ibindi atishimiye uburyo bitangaza amakuru ku butegetsi bwe.
Mu
gihe Trump yavuze ko CNN, MS NOW na Politico byakunze gutangaza amakuru atari
meza ku butegetsi bwe, ntiyagaragaje inkuru runaka cyangwa inyandiko yihariye
yavuze ko ari yo yatumye afata icyemezo cyo kubabuza gukorera muri White House.
CNN na Politico
bavuze ko bazarengera uburenganzira bwabo
CNN
yamaganye ibyo Trump yatangaje, ivuga ko abanyamakuru bayo bafite uburenganzira
bwo gutara amakuru muri White House kandi ko Leta itagomba kubabuza gukora
akazi kabo kubera uburyo inkuru zabo zikorwa.
Politico
na yo yavuze ko izakomeza gutangaza amakuru kuri ubu butegetsi ndetse
n’ubuzaza, inavuga ko izarengera uburenganzira bwayo mu gihe haba hari igikorwa
cyo kuyibuza gukora.
Ihuriro
ry’abanyamakuru bakorera muri White House na ryo ryagaragaje ko rishyigikiye
ibyo binyamakuru byibasiwe n’itangazo rya Trump.
Iki
cyemezo cya Trump cyahise gitera impaka ku bijyanye n’ubwisanzure bw’itangazamakuru
muri Amerika.
Amashyirahamwe
arengera ubwisanzure bw’itangazamakuru yavuze ko Leta itagomba guhitamo
ibitangazamakuru yemera gukorera muri White House ishingiye ku kuba ibitangazwa
na byo bishimisha cyangwa bidashimisha ubutegetsi.
Bruce
D. Brown, uyobora ikigo cy’Abanyamerika giharanira ubwisanzure
bw’itangazamakuru, yavuze ko kubuza ibitangazamakuru gukorera muri White House
kubera uburyo bitangaza amakuru bishobora kuvuguruzanya n’itegeko rirengera
ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo n’itangazamakuru muri Amerika.
Na
Aaron Terr wo mu kigo giharanira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, yavuze
ko impushya abanyamakuru bahabwa zo gukorera muri White House zitagomba gufatwa
nk’igihembo gihabwa abashyigikira Leta.
Iki
si cyo gihe cya mbere Trump agerageje kugabanya cyangwa guhagarika uburyo
ikinyamakuru runaka kibona uburenganzira bwo gukorera muri White House.
Mu
gihe cye cya mbere ku butegetsi, White House yigeze kwambura Jim Acosta, wari
umunyamakuru wa CNN ukurikirana Perezida, uruhushya rwo gukorera muri White
House nyuma y’impaka yagiranye na Trump mu kiganiro n’abanyamakuru mu 2018.
CNN
yaje kujyana Leta mu nkiko, maze umucamanza ategeka ko Acosta asubizwa
uburenganzira bwo gukorera muri White House mu gihe urubanza rukomeje. Nyuma
yaho, White House yamusubije burundu ubwo burenganzira, CNN na yo ihagarika
urwo rubanza.
Mu 2025, ubutegetsi bwa Trump nabwo bwari bwarabujije ibinyamakuru by’Ihuriro ry’Amakuru rya Amerika, Associated Press, kwinjira muri gahunda y’abanyamakuru basimburana mu gukurikirana ibikorwa bya Perezida. Icyo cyemezo na cyo cyakurikiwe n’urubanza, aho abanyamakuru n’abafotora ba Associated Press bongeye kubona uburenganzira bwo gukorera muri White House.

Ku ikubitiro, Trump yavuze ko kubuza ibyo binyamakuru gukorera muri White House bihita bitangira gukurikizwa

Trump
yavuze ko nubwo ibyo binyamakuru ashaka kubibuza gukorera muri White House,
icyo cyemezo gishobora guhinduka mu gihe byahindura uburyo bikoramo inkuru
kandi bigatangaza amakuru we abona ko ari meza cyangwa ukuri
