Trump yakumiriye ibitangazamakuru birimo CNN muri White House

Imyidagaduro - 19/09/2026 8:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Trump yakumiriye ibitangazamakuru birimo CNN muri White House

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yahagaritse uburenganzira bw’ibitangazamakuru CNN, MS NOW na Politico bwo gukorera no gukorera amakuru muri White House, abishinja gutangaza amakuru avuga ko ari ibinyoma.


Trump yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 18 Nzeri 2026, avuga ko icyo cyemezo cyahise gitangira gukurikizwa. Icyakora, nyuma y’itangazo rye, nta bikorwa bifatika byahise bigaragaza uburyo ibyo binyamakuru byari guhagarikwa byatangajwe, ndetse abanyamakuru ba CNN bakomeje kuba muri White House kuri uwo munsi.

Trump yabitangaje mbere abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, avuga ko ibyo binyamakuru bikwiye kubuzwa gukorera muri White House kubera ibyo yise gutangaza amakuru y’ibinyoma ku butegetsi bwe.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yaho ari muri White House, Trump yabajijwe impamvu yafashe icyo cyemezo, asubiza ko ibyo binyamakuru bitangaza amakuru y’ibinyoma kandi ko adashaka ko bikorera mu biro bye cyangwa muri White House.

Yagize ati: “Ntabwo nshaka ko baba mu biro byanjye. Ntabwo nshaka ko baba hano.”

Trump kandi yavuze ko icyo cyemezo gishobora kugera ku rwego rwo kubabuza ibikorwa byose by’itangazamakuru muri White House. Yongeyeho ko hari n’ibindi bitangazamakuru bishobora kwiyongeraho, anavuga The New York Times na The Washington Post nk’ibindi atishimiye uburyo bitangaza amakuru ku butegetsi bwe.

Mu gihe Trump yavuze ko CNN, MS NOW na Politico byakunze gutangaza amakuru atari meza ku butegetsi bwe, ntiyagaragaje inkuru runaka cyangwa inyandiko yihariye yavuze ko ari yo yatumye afata icyemezo cyo kubabuza gukorera muri White House.

CNN na Politico bavuze ko bazarengera uburenganzira bwabo

CNN yamaganye ibyo Trump yatangaje, ivuga ko abanyamakuru bayo bafite uburenganzira bwo gutara amakuru muri White House kandi ko Leta itagomba kubabuza gukora akazi kabo kubera uburyo inkuru zabo zikorwa.

Politico na yo yavuze ko izakomeza gutangaza amakuru kuri ubu butegetsi ndetse n’ubuzaza, inavuga ko izarengera uburenganzira bwayo mu gihe haba hari igikorwa cyo kuyibuza gukora.

Ihuriro ry’abanyamakuru bakorera muri White House na ryo ryagaragaje ko rishyigikiye ibyo binyamakuru byibasiwe n’itangazo rya Trump.

Iki cyemezo cya Trump cyahise gitera impaka ku bijyanye n’ubwisanzure bw’itangazamakuru muri Amerika.

Amashyirahamwe arengera ubwisanzure bw’itangazamakuru yavuze ko Leta itagomba guhitamo ibitangazamakuru yemera gukorera muri White House ishingiye ku kuba ibitangazwa na byo bishimisha cyangwa bidashimisha ubutegetsi.

Bruce D. Brown, uyobora ikigo cy’Abanyamerika giharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru, yavuze ko kubuza ibitangazamakuru gukorera muri White House kubera uburyo bitangaza amakuru bishobora kuvuguruzanya n’itegeko rirengera ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo n’itangazamakuru muri Amerika.

Na Aaron Terr wo mu kigo giharanira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, yavuze ko impushya abanyamakuru bahabwa zo gukorera muri White House zitagomba gufatwa nk’igihembo gihabwa abashyigikira Leta.

Iki si cyo gihe cya mbere Trump agerageje kugabanya cyangwa guhagarika uburyo ikinyamakuru runaka kibona uburenganzira bwo gukorera muri White House.

Mu gihe cye cya mbere ku butegetsi, White House yigeze kwambura Jim Acosta, wari umunyamakuru wa CNN ukurikirana Perezida, uruhushya rwo gukorera muri White House nyuma y’impaka yagiranye na Trump mu kiganiro n’abanyamakuru mu 2018.

CNN yaje kujyana Leta mu nkiko, maze umucamanza ategeka ko Acosta asubizwa uburenganzira bwo gukorera muri White House mu gihe urubanza rukomeje. Nyuma yaho, White House yamusubije burundu ubwo burenganzira, CNN na yo ihagarika urwo rubanza.

Mu 2025, ubutegetsi bwa Trump nabwo bwari bwarabujije ibinyamakuru by’Ihuriro ry’Amakuru rya Amerika, Associated Press, kwinjira muri gahunda y’abanyamakuru basimburana mu gukurikirana ibikorwa bya Perezida. Icyo cyemezo na cyo cyakurikiwe n’urubanza, aho abanyamakuru n’abafotora ba Associated Press bongeye kubona uburenganzira bwo gukorera muri White House.

Ku ikubitiro, Trump yavuze ko kubuza ibyo binyamakuru gukorera muri White House bihita bitangira gukurikizwa


Trump yavuze ko nubwo ibyo binyamakuru ashaka kubibuza gukorera muri White House, icyo cyemezo gishobora guhinduka mu gihe byahindura uburyo bikoramo inkuru kandi bigatangaza amakuru we abona ko ari meza cyangwa ukuri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...