Trump ashobora guhagarika ifungurwa ry’ikiraro gihuza Amerika na Canada

Ubukungu - 10/02/2026 10:51 AM
Share:
Trump ashobora guhagarika ifungurwa ry’ikiraro gihuza Amerika na Canada

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora guhagarika ifungurwa ry’ikiraro gishya kiri kubakwa gihuza Amerika na Canada, avuga ko Amerika ikwiye kuba nyir’icyo gikorwa nibura kuri 50%.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa Mbere, Trump yavuze ko atazemera ko icyo kiraro gifungurwa mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika itarabona indishyi ku byo avuga ko yahaye Canada mu myaka myinshi ishize, anashimangira ko Canada igomba gufata Amerika mu buryo buboneye kandi bungana n’uko ibikwiriye.

Ati: “Sinzemera ko iki kiraro gifungurwa igihe cyose Amerika itarishyurwa ku byo yatanze, kandi igihe cyose Canada itaratangira gufata Amerika mu buryo bungana kandi buboneye uko tubikwiriye.”

Yongeyeho ko ibiganiro bigomba guhita bitangira ako kanya, anavuga ko kubera inkunga nyinshi Amerika yahaye Canada, ikwiye kuba nyir’igice kinini cy’uyu mushinga, nibura kimwe cya kabiri.

Iki kiraro kiri kubakwa hejuru y’umugezi wa Detroit, kizahuza umujyi wa Detroit muri Leta ya Michigan n’uwa Windsor muri Ontario (Canada). Imirimo yo kucyubaka yatangiye mu 2018, ikaba iteganyijwe gutwara amafaranga angana na miliyari 6.4 z’amadolari ya Canada, ni ukuvuga hafi miliyari 4 z’amayero, kikazafungurwa mu 2026.

Nk’uko bigaragazwa n’inyandiko y’Ikigo gishinzwe uwo mushinga (Windsor-Detroit Bridge Authority), Canada ni yo yatanze amafaranga yose yo kubaka icyo kiraro, ariko kizaba ari umutungo uhuriweho na Canada na Leta ya Michigan yo muri Amerika. Icyo kiraro kizitirirwa Gordie Howe, icyamamare mu mukino wa Hockey muri Canada.

Mu butumwa bwe, Trump yanenze bikomeye Canada ayishinja kwiyegereza cyane u Bushinwa, avuga ko Beijing “izarya Canada yose”. Yanavuze ko Canada imaze imyaka myinshi ifata Amerika nabi mu bucuruzi, cyane cyane ku bijyanye n’imisoro ku bicuruzwa by’ubuhinzi nko ku mata, bikaba byarashyize abahinzi b’Abanyamerika mu kaga k’amikoro.

Trump yanenze kandi kuba intara ya Ontario itemera ko inzoga n’ibindi binyobwa biva muri Amerika bigurishwa ku masoko yayo, anavuga ko Canada yubakiye iki kiraro idakoresheje ibikoresho byinshi biva muri Amerika, harimo n’ibyuma.

Yashimangiye ko atazemera ko iki kiraro gifungurwa kugeza igihe Amerika izaba yarishyuwe neza kandi Canada ikaba itangiye gufata Amerika mu cyubahiro n’ubutabera. Ati: “Ibikorwa bizakomoka ku isoko rya Amerika bizabyara inyungu zidasanzwe. Ni yo mpamvu dukwiye kuba ba nyir’igice kinini cy’uyu mutungo.”

Inkuru ya 7 Sur 7 ivuga ko kuva Trump yasubira ku butegetsi, yakunze gutangaza amagambo akarishye kuri Canada, anavuga kenshi ko Canada yakabaye yegera Amerika ikaba Leta ya 51, amagambo yakomeje guteza impaka zikomeye mu mubano w’ibihugu byombi.

Amerika na Canada biri kurebana ay'ingwe muri iyi minsi 

Perezida Trump yitambitse mu ifungurwa ry’ikiraro gihuza Amerika na Canada


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...