Trump ari gusuzuma niba yaha imbabazi Sean "Diddy" Combs

Imyidagaduro - 06/07/2026 8:40 AM
Share:
Trump ari gusuzuma niba yaha  imbabazi Sean "Diddy" Combs

Perezida Donald Trump ari gusuzuma ubusabe bwo guha imbabazi abantu batandukanye, barimo umuraperi Sean "Diddy" Combs, nubwo kugeza ubu nta cyemezo kirafatwa, nk'uko amakuru aturuka muri CBS News abivuga.

Amakuru atangazwa na CBS News avuga ko Trump azagirana inama n'abajyanama be kugira ngo basuzume dosiye z'abasaba imbabazi mbere yo gufata umwanzuro wa nyuma. 

Nubwo izina rya Diddy riri mu bari kuganirwaho, amakuru ava mu Biro bya Perezidansi ya Amerika (White House) avuga ko dosiye ye itari iri ku rutonde rw'ibanze rwateguwe n'itsinda rishinzwe ibirebana n'imbabazi za Perezida. 

Sean "Diddy" Combs ari muri gereza ya Fort Dix, muri Leta ya New Jersey, aho arimo kurangiza igihano cy'imyaka irenga ine yakatiwe nyuma yo guhamwa n'ibyaha bibiri byo gutwara abantu hagamijwe uburaya.

Gusa yagizwe umwere ku byaha bikomeye birimo icuruzwa ry'abantu hagamijwe kubashora mu busambanyi no kuyobora umutwe w'ibyaha byateguwe. Amakuru avuga kandi ko mu mezi ashize ubusabe bwo guhabwa imbabazi bwakomeje kwiyongera ku Biro bya Perezida.

Uretse Diddy, hari n'abandi bantu bazwi barimo umuraperi Prakazrel "Pras" Michel wo mu itsinda Fugees ndetse n'umunyemari Jho Low na bo basabye guhabwa imbabazi, ariko na bo nta cyemezo kirafatwa. 

Umwe mu bayobozi ba White House yabwiye CBS News ko Perezida Trump ari we wenyine ufite ijambo rya nyuma ku byemezo byose birebana no gutanga imbabazi, bityo hakaba hagitegerejwe umwanzuro we. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...