Trevor Noah yasezeye muri Grammy Awards, asiga akozanyijeho na Donald Trump

Imyidagaduro - 02/02/2026 7:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Trevor Noah yasezeye muri Grammy Awards, asiga akozanyijeho na Donald Trump

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yibasiye bikomeye ibirori bya Grammy Awards 2026, abyita “ibirori bidakurura abantu na gato”, anagaya umunyamakuru n’umunyarwenya Trevor Noah wari wabiyoboye ku nshuro ya nyuma, amwita “umunyamujinya watsinzwe burundu.

Ibi Trump yabivuze abinyujije ku rubuga rwe Truth Social mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 1 Gashyantare 2026, nyuma gato y’uko ibirori bya Grammy bisozwa, bikurikiye urwenya Trevor Noah yakoresheje amusebya ku mugaragaro, amuhuza n’uwitwa Jeffrey Epstein wapfuye ashinjwa ibyaha bikomeye by’ihohoterwa.

Trump yagize ati: “Grammy Awards ni bibi cyane, ntibirebwa! CBS yagize neza kuba ibi bintu bitazongera kugaragara ku muyoboro wayo [Byatambukaga kuri Televiziyo ya CBS]. Trevor Noah, uwo ari we wese, ni mubi nk’uko Jimmy Kimmel ayoboye (ibihembo) bya Oscars zidafite ababireba.”

Yakomeje ahakana amagambo Noah yavuze avuga ko yaba yaragiye ku kirwa cya Epstein, agira ati: “Noah yavuze, mu binyoma, ko njye na Bill Clinton twigeze kujya ku kirwa cya Epstein. Ibyo ni Ikinyoma! Sinigeze ngera kuri icyo kirwa, kandi sinigeze nshinjwa kuhagera, n’itangazamakuru ribogamye ntiryigeze ribimbaza.”

Trump yakomeje avuga ko ashobora no kurega Trevor Noah mu nkiko, agira ati: “Ni umunyamujinya, utagira impano, ugomba gutunganya neza amakuru ye vuba na bwangu. Bisa n’aho ngiye kohereza abanyamategeko banjye kumurega.”

Urwenya rwatumye Trump arakara

Muri ibi birori, Trevor Noah yagarutse kuri Trump nyuma y’uko Billie Eilish atsindiye igihembo cya Song of the Year abikesha indirimbo Wildflower.

Mu rwenya rwe, Noah yagize ati “Icyo ni igihembo buri muhanzi yifuza, hafi nk’uko Trump yifuza Greenland [Muri 2019, nibwo Trump yatangaje ko yifuza kugura Greenland kugira ngo ibe imwe muri Leta zigize Amerika cyangwa ibe mu bugenzuzi bwa Amerika]. Kandi birumvikana kuko, kuva Epstein byaranze, akeneye ikirwa gishya cyo kugiramo ibihe byiza na Bill Clinton.”

Aya magambo ni yo yatumye Trump arakara cyane, ahita ayatangaho ubutumwa bukakaye.

Trump yacecetse ku ntsinzi ya Bad Bunny

Nubwo Trump yibasiye Trevor Noah na Grammy Awards muri rusange, ntiyigeze atunga agatoki Bad Bunny, wakoze amateka atsindira Album of the Year abikesha album ye “Debí Tirar Más Fotos”, ibaye album ya mbere y’Ikesipanyoli itsindiye iki gihembo gikomeye.

Bad Bunny yegukanye Grammy imwe rukumbi mbere y’icyumweru kimwe ngo ataramire muri Super Bowl Halftime Show, igitaramo Trump yari yarigeze kunenga, avuga ko atazi uwo muhanzi.

Mu kiganiro yagiranye na NewsMax mu kwezi k’Ukwakira gushize, Trump yari yagize ati “Sinigeze mwumva. Sinzi uwo ari we… sinzi impamvu bamuhisemo.”

Trevor Noah yashoje urugendo rwe muri Grammy Awards

Uyu munyarwenya wo muri Afurika y’Epfo, wari umaze imyaka ayobora Grammy Awards, yatangaje ko atazongera kubiyobora, avuga ko yemera ihame ryo kudahoraho ku mwanya umwe. Mu ijambo yatangije ibirori, Noah yavuze ko Grammy ari “igitaramo cyiza amafaranga adashobora kugura.”

Yanakomeje urwenya rwe, avuga ko Nicki Minaj, uherutse kugaragara ashyigikiye Trump, atari ahari, agira ati: “Aracyari muri White House ari kumwe na Donald Trump baganira ku bibazo bikomeye cyane.” Ibi byakurikiwe n’amashyi menshi.

Trevor Noah asoje urugendo rwe muri Grammy asize ashimishijwe na benshi, ariko anateje impaka zikomeye, cyane cyane ku ruhande rwa Donald Trump.

Dosiye ya Jeffrey Epstein n’uko ihuzwa na Donald Trump: Ibyemejwe, ibyavuzwe n’ibyahakanywe

Dosiye ya Jeffrey Epstein, umunyemari w’Umunyamerika wapfuye mu 2019 yari akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abana bato, yakomeje guteza impaka ku isi yose, cyane cyane ku bantu bakomeye bagiye bagaragara mu buzima bwe.

Mu mazina akunze kuvugwa muri iyi dosiye, harimo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, nubwo we yakomeje guhakana ko yaba yaragiranye umubano uwo ari wo wose ufitanye isano n’ibyaha bya Epstein.

Amakuru atandukanye yagiye agaragaza ko Donald Trump na Jeffrey Epstein bari baziranye mu myaka ya za 1990, aho bombi bagaragaraga mu birori n’inama z’abantu bakomeye cyane cyane muri New York na Florida. Hari amafoto n’amagambo Trump ubwe yigeze kuvuga mu 2002 agaragaza ko bari baziranye.

Icyakora, Trump yakomeje gushimangira ko uwo mubano utari uwa hafi, kandi ko waje guhagarara kera cyane, mbere y’uko Epstein atangira gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

Mu nyandiko n’amadosiye ajyanye n’iperereza kuri Epstein yagiye ashyirwa ahagaragara mu bihe bitandukanye, izina rya Donald Trump ryigeze kugaragara, ariko inzego z’ubutabera n’abacamanza bagaragaje ko kugaragara kw’izina mu nyandiko bidahita bisobanura ko uwavuzwe yakoze icyaha.

Kugeza ubu, nta rukiko na rumwe rwigeze ruhamya Donald Trump icyaha na kimwe gifitanye isano na Jeffrey Epstein, kandi nta bimenyetso bifatika byigeze bigaragazwa bigaragaza ko Trump yaba yaragiye ku kirwa cya Epstein cyangwa akagira uruhare mu bikorwa bye by’ubugizi bwa nabi.

Donald Trump yakomeje kuvuga ku mugaragaro ko atazigera ajya ku kirwa cya Epstein, anavuga ko nta mubano yagiranye na we waba ujyanye n’ibyaha yaregwaga. Mu bihe bitandukanye, yagiye asaba ko amadosiye yose yashyirwa ahagaragara, avuga ko nta kintu afite cyo guhisha. 

Trevor Noah yasezeye kuyobora Grammy Awards asiga ateje impaka, nyuma y’urwenya rwe kuri Donald Trump rwatumye Perezida Trump amwibasira bikomeye

Ubutumwa Donald Trump yanditse asubiza Trevoh Noah wayoboye ibirori byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards ku nshuro ya 68


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...